Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abakunze kurira ayo kwarika ubu bari mu mu byishimo bidasanzwe

radiotv10by radiotv10
05/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abakunze kurira ayo kwarika ubu bari mu mu byishimo bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango 14 yo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu Kagari ka Cyangugu mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi yahoraga itabaza kubera inzu zishaje yabagamo, ubu iri mu byishimo nyuma y’uko yubakiwe inzu zigezweho zifite agaciro ka miliyoni 65 Frw, ikazituzwamo inazisangamo ibikoresho byose byo mu rugo.

Mu bihe bitandukanye aba baturage bakunze kubwira itangazamakuru ko babangamiwe no kuba mu nzu zishaje zatumaga bavirwa bikabije.

Nyiramiruho Thatienne ati “Imvura yaranyagiraga umubiri wose niyoroshe amashashi aho nararaga hafi y’iziko n’imbaragasa zindya.”

Byiringiro Samuel na we ati “Imvura yaragwaga nkajya gucumbika ahandi kugira ngo umwana atanyagirwa, bitagenda gutyo nkamworosa ishashi ngo ndebe ko bucya.”

Nyuma yo gutaha izi nzu, aba baturage bavuga ko basigaye biyumva nk’abantu ndetse abandi bakavuga ko kuba mu nzu batiyumvishaga ko na bo bazazibamo bibatera kwiyumva nk’abatakiri abasigaye inyuma.

Nyirangirimana Aline ati “Natwe twabaye abantu nk’abandi. Umusaza Kagame yarabikemuye batugira neza, Imana yarabihinduye idushyira imbere mu mateka.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre avuga ko kuba iibazo cyabo cyarahoraga kigaruka byatumye ubuyobozi bufata umwanzuro wo kugikemura mu buryo burambye

Ati “Uyu mwaka rero hanzuwe ko aho gutanga amabati menshi ku bantu na bo basabwa kuba hari icyo na bo bakoze ahubwo hagomba kwibandwa ku kibazo cy’aba kuko cyagumgka kugaruka cyane, ibyo bituma hafatwa umwanzuro wo kububakira inzu zigezweho mu gukemura ikibazo cyabo mu buryo burambye.”

Muri Gashyantare uyu mwaka ni bwo inzu zari zishaje ndetse zimwe zarahengamye zasenywe hatangira imirimo yo kubaka izigezweho bari mo ubu zuzuye zitwaye miliyoni 65 Frw.

Buri muryango wahawe inzu igizwe n’ibyumba bitatu na solo ndetse n’ibikoresho byo mu nzu birimo intebe, ameza na matora.

Bubakiwe inzu zigezweho
Basanzemo ibikoresho byose ubu ibyishimo ni byose

Barakaraga urugi rugafunguka

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Ibidasanzwe muri Congo: Uko byagenze ngo abarimo Abasirikare bakuru bajye gutura mu irimbi

Next Post

Mu mahirwe yashyiriweho abakora mu burezi bw’ibanze hari abavuga ko bibagiranye

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu mahirwe yashyiriweho abakora mu burezi bw’ibanze hari abavuga ko bibagiranye

Mu mahirwe yashyiriweho abakora mu burezi bw’ibanze hari abavuga ko bibagiranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.