Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

radiotv10by radiotv10
20/11/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga yakirangarira bagafata terefone bakiruka, nyuma yo kurara asaba imana kumugarurira terefone ye yahuye n’abasore babiri yemeza ko ari bo bamwibye ndeste bafatanwa ikindi kizingo gisa n’icyo bamwibishije.

Byabaye kuri uyu wa 19 Ugushyingo 2025 saa tanu z’amanywa, ubwo Hagenimana Jean wari mu gahinda ko kwibwa terefone yahawe na reta nk’umujyanama w’ubuhinzi yahuraga n’abo basore babiri akabamenya ndeste agafata umwe abaturage bagahita babamufasha.

Hagenima avuga ko ku ya 18 Ugushyingo yahuriye n’aba basore ahitwa ku Cyapa ho mu mujyi wa Rusizi bakamutega agapfunyika karimo amakoma hejuru barengejeho inote imwe ku buryo umuntu yagira ngo ni amafaranga, mu gihe ari kuyatora bagaruka bavuga ko bataye ibihumbi 900 bafata terefone ye basa n’abadashaka ko agenda batabanje kuyabarana ngo barebe ko yuzuye bagahita biruka.

Ati “ Ndebye nsanga atari amafaranga ni amakoma, sinabijugunye ahubwo ni byo natahanye mu kimbo cya terefone yanjye,, naraye mbipfumbase mvuga ngo mana terefone yanjye ndayifashe sinshaka ko igenda”.

Umugore we Mukahirwa Anne Marie avuga ko yabonye umugabo atahanye amakoma ayita terefone ye akabanza kugira ngo yafashwe n’indwara yo mu mutwe ndeste ko yaraye asenga ngo imana igarure terefone ye none ikaba yumvise amasengesho .

Ati “Ikintu yazanye ni igipfunyika cy’makoma mabisi, araza arampereza ngo dore terefone ye ni iyo nyobera ukuntu asaze, Yaraye apfumbase icyo gipfunyika cy’amakoma akabyuka agasenga ati terefone yanjye mana, none dore aramufashe”.

Umwe muri aba basore wanje kwitakana Hagenimana avuga ko taho amuzi ariko nyuma akaza kumvikana asaba ubwumvikane ngo amuhe ibihumbi 50 birangire, yabwiye Radio&Tv10 ko yemeraga gutanga ayo mafaranga mu buryo bwo kwanga ko abaturage bamugirira nabi n’igipfunyika cy’andi makoma bafatanwe avuga ko ari undi musore ukibahaye.

Ati “Ni ukumbeshyera ntaho nahuriye nawe. ariko kubera ko anshinja ko namutwaye terefone ye, aho kugira ngo mfire mu maso y’abantu njyewe nayimwishyura nkabona amahoro. Ibi badufatanye ni umusore wari ubuduhaye hari hepfo witwa Olivier”.

Haje kugera abandi baturage batatu bemeza ko nabo batekewe umutwe n’aba basore mu buryo butandukanye, umwe muri bo avuga ko bibye umugore we ibihumbi 50 bakoresheje umukino w’ikarita bita Soniya.

Baguma Jean agira ati “ Bakinaga ibintu by’impapuro bakavuga ngo utora akariho ifoto ya Soniya niwe uraba uriye, we ngo akabona bari gukina ari ko barya amafaranga, nawe ajyamo baramurya , hari n’undi mugore bariye ibihumbi 100 ndeste n’umwajenti nawe bamurya ibihumbi 50 kandi uyu narahamubonye”.

Umunyamabanga nshingwa bikorwa w’umurenge wa Kamembe Ingabire Joyeux agira inama urubyiruko kudashaka gukira runyuze mu nzira zitari zo ndeste agashimira abaturage bagize uruhare mu itabwa muri yombi ry’aba.

Agira ati “Turakangurira abantu kudashaka gukira vuba banyuze iy’ubusamo. Abenshi usanga ari urubyiruko nyamara bakabaye bakoresha amaboko bakiteza imbere, turashimira abaturage bagize uruhare mu gufatwa kwabo.”

Nyuma y’uko inzego z’umutekano zihageze, aba basore uko ari babiri bahise bafatwa bajyanwa kuri RIB sitasiyo ya Kamembe kugira ngo urwego rw’ubugenzacyaha bukore iperereza ku byaha by’ubujura bushingiye ku butekamutwe bakekwaho.

Bafatanywe ibyo bakoreshaga

Bagerageje kwisobanura

Abaturage babafashe abura ayo bacira n’ayo bamira

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + thirteen =

Previous Post

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Next Post

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.