Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Amakuru mashya ku kibazo cyatumaga hari abadatora agatotsi ijoro ryose

radiotv10by radiotv10
22/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Amakuru mashya ku kibazo cyatumaga hari abadatora agatotsi ijoro ryose
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturiye uruganda Brith General Co Ltd rutunganyiriza umuceri mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, bavuga ko ikibazo cy’urusaku rw’imashini zarwo zirara zikora ijoro ryose cyari cyahagaze, cyongeye kubaho, bagasaba ko hafatwa ingamba zirambye.

Aba baturage bo mu Kagari ka Nyange, ni abatuye hafi y’uru ruganda rutunganya umuceri, bavuga ko kubera ibikorwa byarwo byo gutonora umuceri birara bikorwa.

Nyiranturege Immacule yagize ati “Barara bakora nijoro bakageza mu gitondo saa kumi n’ebyiri, ubwo rero iyo imashini ihinze nijoro wumva igitanda kiri gutigita.”

Uwitwa Patricie na we yagize ati “Twe duturanye na rwo ruratubangamira cyane, barara batonora bakageza mu gitondo bigatuma tudasinzira.”

Aba baturage kandi bavuga ko imashini z’uru ruganda, zitumura ivumbi rikabasanga mu ngo zabo bigatuma bamwe bavuga ko bishobora kubatera indwara z’ubuhumekero.

Umucungamutungo w’uru ruganda Brith General Co Ltd, Josephine Umwangange yemera ko iki kibazo gihari, ariko ko giterwa n’isoko ryinshi bafite ribasaba gukora no mu masaha y’ijoro.

Yagize ati “Kubera ikibazo cy’isoko ry’umuceri cyabaye mu Gihugu hose uretse na hano mu Bugarama, hari ikompanyi yaje kuwugura hanyuma iduha akazi ko kuwutonora ikajya iwugemurira abanyeshuri, rero hakaba ubwo komande yabo dusanga kuyitunganya ku manywa bitashoboka tugakora na nijoro.”

Avuga kandi ko ikibazo cy’ivumbi ritumukira mu ngo z’abaturage, giterwa no kuba inyubako yagenewe kurifata yari yasakambuwe n’ibiza bigasaba ko hacamo igihe ngo haboneke abahanga bo kongera kuyisakara ariko ko ubu imirimo yo kuyisakara yarangiye.

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Dr Kibiriga Anicet avuga ko bitemewe ko inganda zirara zikora mu gihe zidafite uburyo bwo gufata urusaku ngo ntirugere mu baturage

Ati “Kurara bakora byo ntabwo byemewe, ntekereza ko ubuyobozi bw’Akarere n’ubw’Umurenge wa Bugarama tugiye kugenzura amasaha yo gukora kwa ziriya nganda. Niba badashobora gukora ku manywa gusa bashyireho uburyo bwo kugenzura urusaku.”

Si ubwa mbere mu Bugarama humvikanye abataka kubera urusaku n’ivumbi biterwa n’inganda zitonora umuceri, kuko no mu minsi yashize hari abandi bo mu Kagari ka Pera nabo bavugaga ko hari urundi rubabuza gusinzira.

Josephine Umwangange avuga impamvu y’iki kibazo
Dr Kibiriga avuga ko bagiye gukurikirana iki kibazo

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Amakuru agezweho: Benjamin Netanyahu yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi

Next Post

Habayeho impinduka zitunguranye mu masezerano y’umutoza w’umunyabigwi Guardiola

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habayeho impinduka zitunguranye mu masezerano y’umutoza w’umunyabigwi Guardiola

Habayeho impinduka zitunguranye mu masezerano y'umutoza w'umunyabigwi Guardiola

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.