Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Amakuru mashya ku kibazo cyatumaga hari abadatora agatotsi ijoro ryose

radiotv10by radiotv10
22/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Amakuru mashya ku kibazo cyatumaga hari abadatora agatotsi ijoro ryose
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturiye uruganda Brith General Co Ltd rutunganyiriza umuceri mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, bavuga ko ikibazo cy’urusaku rw’imashini zarwo zirara zikora ijoro ryose cyari cyahagaze, cyongeye kubaho, bagasaba ko hafatwa ingamba zirambye.

Aba baturage bo mu Kagari ka Nyange, ni abatuye hafi y’uru ruganda rutunganya umuceri, bavuga ko kubera ibikorwa byarwo byo gutonora umuceri birara bikorwa.

Nyiranturege Immacule yagize ati “Barara bakora nijoro bakageza mu gitondo saa kumi n’ebyiri, ubwo rero iyo imashini ihinze nijoro wumva igitanda kiri gutigita.”

Uwitwa Patricie na we yagize ati “Twe duturanye na rwo ruratubangamira cyane, barara batonora bakageza mu gitondo bigatuma tudasinzira.”

Aba baturage kandi bavuga ko imashini z’uru ruganda, zitumura ivumbi rikabasanga mu ngo zabo bigatuma bamwe bavuga ko bishobora kubatera indwara z’ubuhumekero.

Umucungamutungo w’uru ruganda Brith General Co Ltd, Josephine Umwangange yemera ko iki kibazo gihari, ariko ko giterwa n’isoko ryinshi bafite ribasaba gukora no mu masaha y’ijoro.

Yagize ati “Kubera ikibazo cy’isoko ry’umuceri cyabaye mu Gihugu hose uretse na hano mu Bugarama, hari ikompanyi yaje kuwugura hanyuma iduha akazi ko kuwutonora ikajya iwugemurira abanyeshuri, rero hakaba ubwo komande yabo dusanga kuyitunganya ku manywa bitashoboka tugakora na nijoro.”

Avuga kandi ko ikibazo cy’ivumbi ritumukira mu ngo z’abaturage, giterwa no kuba inyubako yagenewe kurifata yari yasakambuwe n’ibiza bigasaba ko hacamo igihe ngo haboneke abahanga bo kongera kuyisakara ariko ko ubu imirimo yo kuyisakara yarangiye.

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Dr Kibiriga Anicet avuga ko bitemewe ko inganda zirara zikora mu gihe zidafite uburyo bwo gufata urusaku ngo ntirugere mu baturage

Ati “Kurara bakora byo ntabwo byemewe, ntekereza ko ubuyobozi bw’Akarere n’ubw’Umurenge wa Bugarama tugiye kugenzura amasaha yo gukora kwa ziriya nganda. Niba badashobora gukora ku manywa gusa bashyireho uburyo bwo kugenzura urusaku.”

Si ubwa mbere mu Bugarama humvikanye abataka kubera urusaku n’ivumbi biterwa n’inganda zitonora umuceri, kuko no mu minsi yashize hari abandi bo mu Kagari ka Pera nabo bavugaga ko hari urundi rubabuza gusinzira.

Josephine Umwangange avuga impamvu y’iki kibazo
Dr Kibiriga avuga ko bagiye gukurikirana iki kibazo

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − six =

Previous Post

Amakuru agezweho: Benjamin Netanyahu yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi

Next Post

Habayeho impinduka zitunguranye mu masezerano y’umutoza w’umunyabigwi Guardiola

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habayeho impinduka zitunguranye mu masezerano y’umutoza w’umunyabigwi Guardiola

Habayeho impinduka zitunguranye mu masezerano y'umutoza w'umunyabigwi Guardiola

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.