Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Amakuru mashya ku kibazo cyatumaga hari abadatora agatotsi ijoro ryose

radiotv10by radiotv10
22/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Amakuru mashya ku kibazo cyatumaga hari abadatora agatotsi ijoro ryose
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturiye uruganda Brith General Co Ltd rutunganyiriza umuceri mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, bavuga ko ikibazo cy’urusaku rw’imashini zarwo zirara zikora ijoro ryose cyari cyahagaze, cyongeye kubaho, bagasaba ko hafatwa ingamba zirambye.

Aba baturage bo mu Kagari ka Nyange, ni abatuye hafi y’uru ruganda rutunganya umuceri, bavuga ko kubera ibikorwa byarwo byo gutonora umuceri birara bikorwa.

Nyiranturege Immacule yagize ati “Barara bakora nijoro bakageza mu gitondo saa kumi n’ebyiri, ubwo rero iyo imashini ihinze nijoro wumva igitanda kiri gutigita.”

Uwitwa Patricie na we yagize ati “Twe duturanye na rwo ruratubangamira cyane, barara batonora bakageza mu gitondo bigatuma tudasinzira.”

Aba baturage kandi bavuga ko imashini z’uru ruganda, zitumura ivumbi rikabasanga mu ngo zabo bigatuma bamwe bavuga ko bishobora kubatera indwara z’ubuhumekero.

Umucungamutungo w’uru ruganda Brith General Co Ltd, Josephine Umwangange yemera ko iki kibazo gihari, ariko ko giterwa n’isoko ryinshi bafite ribasaba gukora no mu masaha y’ijoro.

Yagize ati “Kubera ikibazo cy’isoko ry’umuceri cyabaye mu Gihugu hose uretse na hano mu Bugarama, hari ikompanyi yaje kuwugura hanyuma iduha akazi ko kuwutonora ikajya iwugemurira abanyeshuri, rero hakaba ubwo komande yabo dusanga kuyitunganya ku manywa bitashoboka tugakora na nijoro.”

Avuga kandi ko ikibazo cy’ivumbi ritumukira mu ngo z’abaturage, giterwa no kuba inyubako yagenewe kurifata yari yasakambuwe n’ibiza bigasaba ko hacamo igihe ngo haboneke abahanga bo kongera kuyisakara ariko ko ubu imirimo yo kuyisakara yarangiye.

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Dr Kibiriga Anicet avuga ko bitemewe ko inganda zirara zikora mu gihe zidafite uburyo bwo gufata urusaku ngo ntirugere mu baturage

Ati “Kurara bakora byo ntabwo byemewe, ntekereza ko ubuyobozi bw’Akarere n’ubw’Umurenge wa Bugarama tugiye kugenzura amasaha yo gukora kwa ziriya nganda. Niba badashobora gukora ku manywa gusa bashyireho uburyo bwo kugenzura urusaku.”

Si ubwa mbere mu Bugarama humvikanye abataka kubera urusaku n’ivumbi biterwa n’inganda zitonora umuceri, kuko no mu minsi yashize hari abandi bo mu Kagari ka Pera nabo bavugaga ko hari urundi rubabuza gusinzira.

Josephine Umwangange avuga impamvu y’iki kibazo
Dr Kibiriga avuga ko bagiye gukurikirana iki kibazo

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − thirteen =

Previous Post

Amakuru agezweho: Benjamin Netanyahu yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi

Next Post

Habayeho impinduka zitunguranye mu masezerano y’umutoza w’umunyabigwi Guardiola

Related Posts

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

by radiotv10
11/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yahaye ikiganiro urubyiruko ruri mu Itorero Indangamirwa icyiciro cya 15, arugaragariza ko...

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

by radiotv10
11/08/2025
0

The Rwanda Defence Force (RDF) CDS, General MK Mubarakh, has called on the country’s youth to take ownership of Africa’s...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

by radiotv10
11/08/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abagabo babiri bari mu bantu bakekwaho ubwicanyi n’ubujura byakorewe mu Murenge wa Muyumbu mu Karere...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
11/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

by radiotv10
11/08/2025
0

In Rwanda and across Africa, digital entertainment is undergoing a quiet revolution. At the center of this change is the...

IZIHERUKA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga
AMAHANGA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

11/08/2025
Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

11/08/2025
Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

11/08/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

11/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

11/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habayeho impinduka zitunguranye mu masezerano y’umutoza w’umunyabigwi Guardiola

Habayeho impinduka zitunguranye mu masezerano y'umutoza w'umunyabigwi Guardiola

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.