Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kuba nyirabayazana w’ibiza bibarembeje banabutakira bukabima amatwi

radiotv10by radiotv10
16/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
2
Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kuba nyirabayazana w’ibiza bibarembeje banabutakira bukabima amatwi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kamanu mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amazi yayobowe mu butaka bwabo, akomeje kubangiriza ibihingwa n’inyubako byabo, banabibwira ubuyobozi, bukakabatera umugongo nyamara ngo ari bwo nyirabayazana w’aka kaga.

Bigaragara ko mbere amazi yaturukaga mu isantere ya Nyakabuye yamanukaga muri rigore y’umuhanda uva ku isoko ugana ahitwa i Nyakabwende agakomeza ntacyo yangije.

Icyakora ubwo hubakawaga iri soko ngo ni bwo ikibazo cyatangiye kuko mu kuyobora amazi arivaho habayeho guhindura inzira yayo yoherezwa mu baturage

Nzeyimana Fabien ufite umurima wacitsemo kabiri kubera aya mazi ati “Niba ari utinya kubaka ahantu harehare, bafashe amazi bayafungira hagati bitandukanye n’uko mbere yamanukaga inzira yose, ubundi bayohereza mu kwacu.Uriya murima ni uwanjye ni isambu imwe. Ufite icyangombwa kimwe ntago ari imirima ibiri, ariko kubera ayo mazi hacitsemo ibipandi bibiri ku buryo kwambuka bisaba gusimbuka cyangwa gukoresha ikiraro.”

Aba baturage bavuga ko mu gihe ibi byakorwaga babajije umwubatsi impamvu ari kubangiriza, abasubiza ko bagomba kubibaza Akarere kuko ari ko kari kamuhaye isoko, bagize ngo bitabaje ubuyobozi inzego zo hasi zirahagera zisanga koko ari  ikibazo ndetse ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyakabuye bwandikira Akarere ariko ntibyagira icyo bitanga ku buryo umwe muri bo yagiye ku Karere inshuro nyinshi ariko ntagire igisubizo ahabwa

Nzeyimana ati “Ku karere mvuyeyo inshuro zirenga esheshatu”.

Uretse kwangiza imirima y’abaturage bigatuma ubuso bwahingwagaho bugabanuka, aya mazi yangije zimwe mu nzu z’abaturage ndeste ikaba inateje ikibazo cy’umutekano ku bahaturiye bitewe no kuba hari abituramo bakavunika.

Mukankusi Caroline ati “Iyi ruhurura iratubangamiye bikomeye, njyewe nakuyemo umwana w’umukobwa yaguyemo ari kurwana n’amazi.”

Nsengumuremyi Bonaventure nawe ati “Naraje nsanga umubyeyi wari ugiye mu isoko yaguyemo ahetse n’umwana mbavanamo ariko umwana yari yavunitse.”

Bavuga ko bisa n’aho bahanganye n’ibiza batewe n’Akarere kuko ari ko kari umukoresha w’uwabateje aya mazi bityo bagasaba ko kabumva hagashakwa igisubizo kuri iki kibazo.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Alfred yabwiye RADIOTV10 ko kuri iyi nshuro Akarere kaba karumvise ugutaka kw’aba baturage hakaba hari ikigiye gukorwa

Ati “Hari itsinda twashyizeho riri kugikurikirana no kutwigira icyakorwa kugirango mu by’ukuri abo baturage bo gukomeza kubangamirwa n’ayo mazi. Ni ikibazo rero twamenye kandi ubuyobozi bw’akarere bugiye gukemura kugira ngo abaturage batazakomeza kugira ikibazo kandi ari twe twakagombye kubarenganura”.

Ubwo aya mazi yayoborwaga mu mirima y’abaturage ngo harimo imyaka yaje gutwarwa nayo haza gukorwa ibarura ry’ibyangiritse ariko biba imfabusa kuko nta wigeze yishyurwa.

Umwe mu barebwa n’iki kibazo avuga ko yasiragiye ku karere inshuro zigera kuri esheshatu, ndeste we na bagenzibe bakandikira ubuyobozi bw’akarere mu bihe bitandukanye ariko ntihagire ibaruwa n’imwe isubizwa, ibyo basanga ari ukurenganywa n’abakabaye babarenganura.

Amazi ava ku isoko yangiza byinshi
Umwe avuga ko n’inzu ye yangiritse

Jean de Dieu NDAYISABABA
RADIOTV10

Comments 2

  1. Hesron d'Esron says:
    9 months ago

    Aba baturage bararengaye ,ahubwo ministeri yibiza ikwiriye kugira icyo ikora

    Reply
  2. Hesron d'Esron says:
    9 months ago

    Muzadufashe moduhe link za ministère y’ibiza

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 5 =

Previous Post

Umutoza wa Rayon nyuma yo guhagarikwa ashyize ukuri hanze ku byo yavuzweho byose

Next Post

Imvugo ye niyo ngiro, ubu ndi Umunyarwandakazi- Dj Ira nyuma yuko icyifuzo yagejeje kuri Perezida gisubijwe

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imvugo ye niyo ngiro, ubu ndi Umunyarwandakazi- Dj Ira nyuma yuko icyifuzo yagejeje kuri Perezida gisubijwe

Imvugo ye niyo ngiro, ubu ndi Umunyarwandakazi- Dj Ira nyuma yuko icyifuzo yagejeje kuri Perezida gisubijwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.