Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kuba nyirabayazana w’ibiza bibarembeje banabutakira bukabima amatwi

radiotv10by radiotv10
16/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
2
Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kuba nyirabayazana w’ibiza bibarembeje banabutakira bukabima amatwi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kamanu mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amazi yayobowe mu butaka bwabo, akomeje kubangiriza ibihingwa n’inyubako byabo, banabibwira ubuyobozi, bukakabatera umugongo nyamara ngo ari bwo nyirabayazana w’aka kaga.

Bigaragara ko mbere amazi yaturukaga mu isantere ya Nyakabuye yamanukaga muri rigore y’umuhanda uva ku isoko ugana ahitwa i Nyakabwende agakomeza ntacyo yangije.

Icyakora ubwo hubakawaga iri soko ngo ni bwo ikibazo cyatangiye kuko mu kuyobora amazi arivaho habayeho guhindura inzira yayo yoherezwa mu baturage

Nzeyimana Fabien ufite umurima wacitsemo kabiri kubera aya mazi ati “Niba ari utinya kubaka ahantu harehare, bafashe amazi bayafungira hagati bitandukanye n’uko mbere yamanukaga inzira yose, ubundi bayohereza mu kwacu.Uriya murima ni uwanjye ni isambu imwe. Ufite icyangombwa kimwe ntago ari imirima ibiri, ariko kubera ayo mazi hacitsemo ibipandi bibiri ku buryo kwambuka bisaba gusimbuka cyangwa gukoresha ikiraro.”

Aba baturage bavuga ko mu gihe ibi byakorwaga babajije umwubatsi impamvu ari kubangiriza, abasubiza ko bagomba kubibaza Akarere kuko ari ko kari kamuhaye isoko, bagize ngo bitabaje ubuyobozi inzego zo hasi zirahagera zisanga koko ari  ikibazo ndetse ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyakabuye bwandikira Akarere ariko ntibyagira icyo bitanga ku buryo umwe muri bo yagiye ku Karere inshuro nyinshi ariko ntagire igisubizo ahabwa

Nzeyimana ati “Ku karere mvuyeyo inshuro zirenga esheshatu”.

Uretse kwangiza imirima y’abaturage bigatuma ubuso bwahingwagaho bugabanuka, aya mazi yangije zimwe mu nzu z’abaturage ndeste ikaba inateje ikibazo cy’umutekano ku bahaturiye bitewe no kuba hari abituramo bakavunika.

Mukankusi Caroline ati “Iyi ruhurura iratubangamiye bikomeye, njyewe nakuyemo umwana w’umukobwa yaguyemo ari kurwana n’amazi.”

Nsengumuremyi Bonaventure nawe ati “Naraje nsanga umubyeyi wari ugiye mu isoko yaguyemo ahetse n’umwana mbavanamo ariko umwana yari yavunitse.”

Bavuga ko bisa n’aho bahanganye n’ibiza batewe n’Akarere kuko ari ko kari umukoresha w’uwabateje aya mazi bityo bagasaba ko kabumva hagashakwa igisubizo kuri iki kibazo.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Alfred yabwiye RADIOTV10 ko kuri iyi nshuro Akarere kaba karumvise ugutaka kw’aba baturage hakaba hari ikigiye gukorwa

Ati “Hari itsinda twashyizeho riri kugikurikirana no kutwigira icyakorwa kugirango mu by’ukuri abo baturage bo gukomeza kubangamirwa n’ayo mazi. Ni ikibazo rero twamenye kandi ubuyobozi bw’akarere bugiye gukemura kugira ngo abaturage batazakomeza kugira ikibazo kandi ari twe twakagombye kubarenganura”.

Ubwo aya mazi yayoborwaga mu mirima y’abaturage ngo harimo imyaka yaje gutwarwa nayo haza gukorwa ibarura ry’ibyangiritse ariko biba imfabusa kuko nta wigeze yishyurwa.

Umwe mu barebwa n’iki kibazo avuga ko yasiragiye ku karere inshuro zigera kuri esheshatu, ndeste we na bagenzibe bakandikira ubuyobozi bw’akarere mu bihe bitandukanye ariko ntihagire ibaruwa n’imwe isubizwa, ibyo basanga ari ukurenganywa n’abakabaye babarenganura.

Amazi ava ku isoko yangiza byinshi
Umwe avuga ko n’inzu ye yangiritse

Jean de Dieu NDAYISABABA
RADIOTV10

Comments 2

  1. Hesron d'Esron says:
    9 months ago

    Aba baturage bararengaye ,ahubwo ministeri yibiza ikwiriye kugira icyo ikora

    Reply
  2. Hesron d'Esron says:
    9 months ago

    Muzadufashe moduhe link za ministère y’ibiza

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 6 =

Previous Post

Umutoza wa Rayon nyuma yo guhagarikwa ashyize ukuri hanze ku byo yavuzweho byose

Next Post

Imvugo ye niyo ngiro, ubu ndi Umunyarwandakazi- Dj Ira nyuma yuko icyifuzo yagejeje kuri Perezida gisubijwe

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imvugo ye niyo ngiro, ubu ndi Umunyarwandakazi- Dj Ira nyuma yuko icyifuzo yagejeje kuri Perezida gisubijwe

Imvugo ye niyo ngiro, ubu ndi Umunyarwandakazi- Dj Ira nyuma yuko icyifuzo yagejeje kuri Perezida gisubijwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.