Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umutoza wa Rayon nyuma yo guhagarikwa ashyize ukuri hanze ku byo yavuzweho byose

radiotv10by radiotv10
16/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye

Umutoza Robertinho

Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza Robertinho usanzwe utoza ikipe ya Rayon Sports yavuze ko nta burwayi afite nyuma y’aho ubuyobozi bw’iyi kipe butangaje ko bwamuhagaritse ku mpamvu z’uburwayi, anagira icyo avuga ku musaruro mucye avugwaho.

Ku wa mbere w’iki cyumweru, ni bwo ubuyobozi bwa Rayon Sports bwasohoye itangazo rihagarika ku kazi Roberto Gonçalves de Carmo Robertinho, bavuga ko ari ku bw’impamvu z’uburwayi.

Icyakora Umuyobozi wa Rayon Sports, Thadée TWAGIRAYEZU yabwiye RADIOTV10 ko uyu mutoza yahagaritswe kubera umusaruro muke ndetse n’izindi mpamvu, ibi bigasa no kudahuriza ku mpamvu nyakuri y’ihagarikwa ry’uyu mutoza.

Mu kiganiro cyihariye Robertinho yagiranye na RADIOTV10 aho acumbitse i Remera, yayitangarije ko we ari muzima ntakibazo cy’uburwayi afite cyamubuza gukomeza gukora akazi nk’ibisanzwe.

Ati “Ndwaye iki se? naba ndwaye nkabasha gukoresha telefone kandi namwe mwaje kundeba ari yo tuvuganiraho? nta burwayi mfite rwose.”

Bivugwa ko uburwayi ubuyobozi bwa Rayon Sports buvuga ko Robertinho yaba afite ari ubw’amaso ngo akaba atareba neza, ibyo Umutoza ahakana.

Ati “Njyewe navuganye n’Umuganga wanjye twumvikana ko azanyogereza amaso umwaka w’imikino urangiye, ubu se uyu si umutuku? uyu si umukara (Robertinho yerekana amabara yari ari kuri telefone ye).”

Usibye ubu burwayi ahakana, uyu mutoza yanavuze ko atemera iby’abamushinja umusaruro muke kuko kuba barushwa inota rimwe na APR FC atari ikibazo gikomeye ndetse bakaba bari muri 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro.

Robertinho kandi yanasabye ubuyobozi bwa Rayon Sports kumwishyura amafaranga y’ibirarane by’amezi 3 bamurimo bityo agasanga umuryango iwabo muri Brazil kuko ntacyo yaba agikora mu Rwanda mu gihe nta kazi ahafite.

Indi mpamvu yashingiweho Umutoza Robertinho ahagarikwa, ni iyo kunanirwa guturisha no kumvisha Abakinnyi ko badakwiye gusiba imyitozo nk’uko Umuyobozi wa Rayon Sports yabitangarije RADIOTV10.

Iyi mpamvu na yo Robertinho yayiteye utwatsi, avuga ko iki kibazo kitamurebaga ko ibyo ari ibibazo birebana n’ubuyobozi n’abakinnyi ubwabo.

Umutoza Robertinho yahagaritswe amezi abiri azarangirana n’amasezerano ye, mu gihe Mazimpaka André (utoza Abanyezamu) bahagarikiwe rimwe we nta gihe kizwi yahagaritswe.

Tariki 22 Nyakanga 2024, ni bwo Robertinho yari yagizwe Umutoza mukuru wa Rayon Sports, dore ko yari ayigarutsemo nyuma y’imyaka itanu, aho mu mwaka w’imimino 2018-2018 yari yayihesheje igikombe cya shampiyona.

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Next Post

Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kuba nyirabayazana w’ibiza bibarembeje banabutakira bukabima amatwi

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kuba nyirabayazana w’ibiza bibarembeje banabutakira bukabima amatwi

Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kuba nyirabayazana w’ibiza bibarembeje banabutakira bukabima amatwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.