Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kubogamira ku ruganda ruvugwaho kurenganya umuturage

radiotv10by radiotv10
09/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kubogamira ku ruganda ruvugwaho kurenganya umuturage
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Murya mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, basanga mugenzi wabo yaratereranywe n’ubuyobozi nyuma yo kumara imyaka itanu asiragira ku kibazo afitanye n’uruganda rwa GASMETH.

Uyu muturage ashinja uru ruganda rutunga nyiramugengeri kumena imyanda y’ibisigazwa bivanze n’ivumbi mu isambu ye, nyamara rwaraguze ubutaka bwo kurimenamo.

Karemera Trojan avuga ko ubwo uruganda rwateguraga guha ingurane abaturage ngo barubise, we yaje kuvanwamo ariko agatungurwa no kuba nyuma rwaratangiye kumena imyanda mu kwe, yakwitabaza ubuyobozi bugaterera agati mu ryinyo.

Ati “Abandi twari duturanye bose barabishyuye, njye bamvanamo, baranzenguruka bansiga hagati, njya ku muyobozi w’Umurenge ambwira ko bimurenze njya ku Karere, nandikiye Akarere inshuro eshatu nta gisubizo.”

Yakomeje agira ati “ariko urebe ukuntu bikunda, bareka aho baguze imyanda bakayizana mu kwanjye akaba ari ho bamena. Ahabo bakahahinga bagasarura ariko imyanda bakajya kuyegeka mu kwanjye”.

Abaturage bavuga ko bibabaje kubona uruganda ruhinga isambu yarwo rwaguriye kumenwamo imyanda yarwo ahubwo rukarenga rukamena iyo myanda mu isambu y’umuturage, kandi ngo iyo myanda yangiza ubutaka kuko aho imenwe hatongera kugira ikihamera.

Bakinamurwango Jean Marie Vianney ati “Bafite hegitari zishobora kuba zigera muri eshatu, ni ho bakabaye bashyira imyanda aho kuyishyira aho bayimena mu isambu y’umuturage.”

Yaba ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi ndetse n’ubw’uruganda rwa Gazmet (Gishoma peat to power plant) nta n’umwe wabonetse ubwo iyi nkuru yatunganywaga ko asubize kuri iki kibazo, mu gihe umunyamakuru yabagerageje kubavugisha.

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + thirteen =

Previous Post

Danny Nanone wagarukanye umwihariko muri muzika ahishuye icyo benshi batari bamuziho

Next Post

Shaddyboo yongeye kuzamura impaka kubera inama yagishije abantu

Related Posts

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we
MU RWANDA

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

24/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Shaddyboo yongeye kuzamura impaka kubera inama yagishije abantu

Shaddyboo yongeye kuzamura impaka kubera inama yagishije abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.