Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kubogamira ku ruganda ruvugwaho kurenganya umuturage

radiotv10by radiotv10
09/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kubogamira ku ruganda ruvugwaho kurenganya umuturage
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Murya mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, basanga mugenzi wabo yaratereranywe n’ubuyobozi nyuma yo kumara imyaka itanu asiragira ku kibazo afitanye n’uruganda rwa GASMETH.

Uyu muturage ashinja uru ruganda rutunga nyiramugengeri kumena imyanda y’ibisigazwa bivanze n’ivumbi mu isambu ye, nyamara rwaraguze ubutaka bwo kurimenamo.

Karemera Trojan avuga ko ubwo uruganda rwateguraga guha ingurane abaturage ngo barubise, we yaje kuvanwamo ariko agatungurwa no kuba nyuma rwaratangiye kumena imyanda mu kwe, yakwitabaza ubuyobozi bugaterera agati mu ryinyo.

Ati “Abandi twari duturanye bose barabishyuye, njye bamvanamo, baranzenguruka bansiga hagati, njya ku muyobozi w’Umurenge ambwira ko bimurenze njya ku Karere, nandikiye Akarere inshuro eshatu nta gisubizo.”

Yakomeje agira ati “ariko urebe ukuntu bikunda, bareka aho baguze imyanda bakayizana mu kwanjye akaba ari ho bamena. Ahabo bakahahinga bagasarura ariko imyanda bakajya kuyegeka mu kwanjye”.

Abaturage bavuga ko bibabaje kubona uruganda ruhinga isambu yarwo rwaguriye kumenwamo imyanda yarwo ahubwo rukarenga rukamena iyo myanda mu isambu y’umuturage, kandi ngo iyo myanda yangiza ubutaka kuko aho imenwe hatongera kugira ikihamera.

Bakinamurwango Jean Marie Vianney ati “Bafite hegitari zishobora kuba zigera muri eshatu, ni ho bakabaye bashyira imyanda aho kuyishyira aho bayimena mu isambu y’umuturage.”

Yaba ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi ndetse n’ubw’uruganda rwa Gazmet (Gishoma peat to power plant) nta n’umwe wabonetse ubwo iyi nkuru yatunganywaga ko asubize kuri iki kibazo, mu gihe umunyamakuru yabagerageje kubavugisha.

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Danny Nanone wagarukanye umwihariko muri muzika ahishuye icyo benshi batari bamuziho

Next Post

Shaddyboo yongeye kuzamura impaka kubera inama yagishije abantu

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Shaddyboo yongeye kuzamura impaka kubera inama yagishije abantu

Shaddyboo yongeye kuzamura impaka kubera inama yagishije abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.