Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Batangiye gusogongera ku byiza by’ikorwa ry’umuhanda wabarazaga nzira n’ahatinyitse

radiotv10by radiotv10
06/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rusizi: Batangiye gusogongera ku byiza by’ikorwa ry’umuhanda wabarazaga nzira n’ahatinyitse
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi, baravuga ko batangiye kubona inyungu z’ikorwa ry’umuhanda uva Pindura ugera mu isantere ya Matyazo, wamaze gushyirwamo kaburimbo, mu gihe mbere utarakorwa, hari abiganyiraga gukora ingendo kuko bashoboraga kurara mu nzira no mu ishyamba rya Nyungwe.

Umuhanda Pindura -Bweyeye waje nyuma y’uko kugera mu Bweyeye cyari ikibazo kubera umuhanda wari warangiritse cyane, bigatuma hari n’abarara mu ishyamba kubera imodoka zabaga zahezemo.

Mukashema Mariette ati “Abantu bararaga muri Nyungwe kubera ugushaya kw’imodoka, ni ibintu utari guteganya ngo ndagiye ubu nzagaruka igihe iki n’iki, kuko ndabyibuka hari igihe twamaraga nk’iminsi itatu muri Nyungwe dusunika imodoka, yakwanga kuvamo natwe tukahaguma kugeza igihe izaviramo.”

Hakizimana Jacques na we ati “Nka fuso igiye kurangura yashoboraga kumara icyumweru mu nzira, urugendo rw’ibilometero 30 ukarugenda icyumweru.”

Nyuma y’uko ukozwe, ibyishimo ni byose mu baturage batega imodoka zinyura uyu muhanda, bavuga ko basigaye bakora ingendo zabo nta nkomyi.

Nzabihimana Franois ati “Mu minota 30 urava i Pindura ukaba ugeze hano mu Bweyeye, kuva hano tujya i Pindura byabaga ari ibihumbi bitandatu none ubu turi kuhakoresha amafaranga Magana cyenda. mbere kugira ngo umuntu agere i Kigali byasabaga ko aba afite hejuru y’ibihumbi makumyabiri ariko ubu ku bihumbi icyenda ugerayo.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Alfred avuga ko ikorwa ry’uyu muhanda rigeze kuri 97% kandi ko witezweho kuvana abaturage ba Bweyeye mu bwigunge.

Ati “Bari bari mu bwigunge utabasha kumva. N’abayobozi kugira ngo bagere hano byabaga ari ikibazo kubera umuhanda wari mubi. Ubu rero urabura 3% ngo wuzure kandi kugeza ubu uragendeka ntakibazo.”

Abaturage kandi bishimira ku kuba ntawe uzongera kunyura mu Gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugira ango agere mu Bweyeye aturutse i Kamembe nkuko mbere byahoze.

Ikorwa ry’uyu muhanda ryoroheje ingendo
Imodoka iranyaruka
Bagaragarije Guverineri w’Iburengerazuba ibyishimo bafite

N’ubucuruzi ubu buragenda
Umuhanda ugera mu isantere yabo

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndayizeye cosma says:
    2 years ago

    Turabyishimiye radio tv10 muzajye mutujyerera hose kuko muvujyira rubanda rugufi.ok

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 1 =

Previous Post

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Next Post

Ibiteye amatsiko wamenya kuri Film yakozwe n’igitangazamakuru cy’Abadage ivuga ku mateka y’u Rwanda

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika
AMAHANGA

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko wamenya kuri Film yakozwe n’igitangazamakuru cy’Abadage ivuga ku mateka y’u Rwanda

Ibiteye amatsiko wamenya kuri Film yakozwe n’igitangazamakuru cy’Abadage ivuga ku mateka y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.