Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Batangiye gusogongera ku byiza by’ikorwa ry’umuhanda wabarazaga nzira n’ahatinyitse

radiotv10by radiotv10
06/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rusizi: Batangiye gusogongera ku byiza by’ikorwa ry’umuhanda wabarazaga nzira n’ahatinyitse
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi, baravuga ko batangiye kubona inyungu z’ikorwa ry’umuhanda uva Pindura ugera mu isantere ya Matyazo, wamaze gushyirwamo kaburimbo, mu gihe mbere utarakorwa, hari abiganyiraga gukora ingendo kuko bashoboraga kurara mu nzira no mu ishyamba rya Nyungwe.

Umuhanda Pindura -Bweyeye waje nyuma y’uko kugera mu Bweyeye cyari ikibazo kubera umuhanda wari warangiritse cyane, bigatuma hari n’abarara mu ishyamba kubera imodoka zabaga zahezemo.

Mukashema Mariette ati “Abantu bararaga muri Nyungwe kubera ugushaya kw’imodoka, ni ibintu utari guteganya ngo ndagiye ubu nzagaruka igihe iki n’iki, kuko ndabyibuka hari igihe twamaraga nk’iminsi itatu muri Nyungwe dusunika imodoka, yakwanga kuvamo natwe tukahaguma kugeza igihe izaviramo.”

Hakizimana Jacques na we ati “Nka fuso igiye kurangura yashoboraga kumara icyumweru mu nzira, urugendo rw’ibilometero 30 ukarugenda icyumweru.”

Nyuma y’uko ukozwe, ibyishimo ni byose mu baturage batega imodoka zinyura uyu muhanda, bavuga ko basigaye bakora ingendo zabo nta nkomyi.

Nzabihimana Franois ati “Mu minota 30 urava i Pindura ukaba ugeze hano mu Bweyeye, kuva hano tujya i Pindura byabaga ari ibihumbi bitandatu none ubu turi kuhakoresha amafaranga Magana cyenda. mbere kugira ngo umuntu agere i Kigali byasabaga ko aba afite hejuru y’ibihumbi makumyabiri ariko ubu ku bihumbi icyenda ugerayo.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Alfred avuga ko ikorwa ry’uyu muhanda rigeze kuri 97% kandi ko witezweho kuvana abaturage ba Bweyeye mu bwigunge.

Ati “Bari bari mu bwigunge utabasha kumva. N’abayobozi kugira ngo bagere hano byabaga ari ikibazo kubera umuhanda wari mubi. Ubu rero urabura 3% ngo wuzure kandi kugeza ubu uragendeka ntakibazo.”

Abaturage kandi bishimira ku kuba ntawe uzongera kunyura mu Gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugira ango agere mu Bweyeye aturutse i Kamembe nkuko mbere byahoze.

Ikorwa ry’uyu muhanda ryoroheje ingendo
Imodoka iranyaruka
Bagaragarije Guverineri w’Iburengerazuba ibyishimo bafite

N’ubucuruzi ubu buragenda
Umuhanda ugera mu isantere yabo

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndayizeye cosma says:
    2 years ago

    Turabyishimiye radio tv10 muzajye mutujyerera hose kuko muvujyira rubanda rugufi.ok

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 11 =

Previous Post

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Next Post

Ibiteye amatsiko wamenya kuri Film yakozwe n’igitangazamakuru cy’Abadage ivuga ku mateka y’u Rwanda

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko wamenya kuri Film yakozwe n’igitangazamakuru cy’Abadage ivuga ku mateka y’u Rwanda

Ibiteye amatsiko wamenya kuri Film yakozwe n’igitangazamakuru cy’Abadage ivuga ku mateka y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.