Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Batangiye gusogongera ku byiza by’ikorwa ry’umuhanda wabarazaga nzira n’ahatinyitse

radiotv10by radiotv10
06/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rusizi: Batangiye gusogongera ku byiza by’ikorwa ry’umuhanda wabarazaga nzira n’ahatinyitse
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi, baravuga ko batangiye kubona inyungu z’ikorwa ry’umuhanda uva Pindura ugera mu isantere ya Matyazo, wamaze gushyirwamo kaburimbo, mu gihe mbere utarakorwa, hari abiganyiraga gukora ingendo kuko bashoboraga kurara mu nzira no mu ishyamba rya Nyungwe.

Umuhanda Pindura -Bweyeye waje nyuma y’uko kugera mu Bweyeye cyari ikibazo kubera umuhanda wari warangiritse cyane, bigatuma hari n’abarara mu ishyamba kubera imodoka zabaga zahezemo.

Mukashema Mariette ati “Abantu bararaga muri Nyungwe kubera ugushaya kw’imodoka, ni ibintu utari guteganya ngo ndagiye ubu nzagaruka igihe iki n’iki, kuko ndabyibuka hari igihe twamaraga nk’iminsi itatu muri Nyungwe dusunika imodoka, yakwanga kuvamo natwe tukahaguma kugeza igihe izaviramo.”

Hakizimana Jacques na we ati “Nka fuso igiye kurangura yashoboraga kumara icyumweru mu nzira, urugendo rw’ibilometero 30 ukarugenda icyumweru.”

Nyuma y’uko ukozwe, ibyishimo ni byose mu baturage batega imodoka zinyura uyu muhanda, bavuga ko basigaye bakora ingendo zabo nta nkomyi.

Nzabihimana Franois ati “Mu minota 30 urava i Pindura ukaba ugeze hano mu Bweyeye, kuva hano tujya i Pindura byabaga ari ibihumbi bitandatu none ubu turi kuhakoresha amafaranga Magana cyenda. mbere kugira ngo umuntu agere i Kigali byasabaga ko aba afite hejuru y’ibihumbi makumyabiri ariko ubu ku bihumbi icyenda ugerayo.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Alfred avuga ko ikorwa ry’uyu muhanda rigeze kuri 97% kandi ko witezweho kuvana abaturage ba Bweyeye mu bwigunge.

Ati “Bari bari mu bwigunge utabasha kumva. N’abayobozi kugira ngo bagere hano byabaga ari ikibazo kubera umuhanda wari mubi. Ubu rero urabura 3% ngo wuzure kandi kugeza ubu uragendeka ntakibazo.”

Abaturage kandi bishimira ku kuba ntawe uzongera kunyura mu Gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugira ango agere mu Bweyeye aturutse i Kamembe nkuko mbere byahoze.

Ikorwa ry’uyu muhanda ryoroheje ingendo
Imodoka iranyaruka
Bagaragarije Guverineri w’Iburengerazuba ibyishimo bafite

N’ubucuruzi ubu buragenda
Umuhanda ugera mu isantere yabo

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndayizeye cosma says:
    2 years ago

    Turabyishimiye radio tv10 muzajye mutujyerera hose kuko muvujyira rubanda rugufi.ok

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + eight =

Previous Post

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Next Post

Ibiteye amatsiko wamenya kuri Film yakozwe n’igitangazamakuru cy’Abadage ivuga ku mateka y’u Rwanda

Related Posts

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59
MU RWANDA

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

31/12/2025
Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko wamenya kuri Film yakozwe n’igitangazamakuru cy’Abadage ivuga ku mateka y’u Rwanda

Ibiteye amatsiko wamenya kuri Film yakozwe n’igitangazamakuru cy’Abadage ivuga ku mateka y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.