Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Hari indobo idasanzwe, umugeni utayijyanye mu birongoranwa ntarutahamo

radiotv10by radiotv10
02/09/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Hari indobo idasanzwe, umugeni utayijyanye mu birongoranwa ntarutahamo
Share on FacebookShare on Twitter

Indobo idasanzwe ikunze kugaragara ku baturage bo mu Karere ka Rusizi bahaye izina rya ‘Bumba’ ifitwe na benshi muri aka Karere, kubera akamaro ifite byatumye itagomba kubura mu bijyanwa n’umukobwa ugiye gushyingirwa.

Izi ndobo zikunze kugaragara mu ntoki z’abaturage biganjemo ab’igitsinagore, baba bagiye mu isoko cyangwa ahandi hahurira abantu benshi, ni kimwe mu gikoresho cy’ibanze muri aka gace.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko ikigira umwihariko iyi ndobo ari uko bayifashisha mu guhaha ndetse bakaba bayifashisha nk’intebe mu gihe bageze aho bacikiye intege.

Umwe mu baturage yagize ati “Iyi uyijyana mu isoko ntihagire umenya icyo ucyuye, uyihahiramo, n’ujya gucuruza akaba yayicaraho.”

Mugenzi we ati “Icyiza cyayo ni nk’intebe, aho ugeze wumva unaniwe uhita ushyira hasi ukiyicariraho, itubikira n’ibanga.”

Iyi ndobo kandi yabaye igipimo fatizo cy’umusaruro w’ubuhinzi kuko abacuruza bayifashisha mu kugura imyaka nk’ibishyimbo na soya.

Agaciro baha iyi ndobo, katumye itagomba kubura mu birongoranwa (hari aho babyita amajyambere y’umukobwa) by’umukobwa ugiye kurushinga.

Umuturage umwe ati “Ko ari kimwe mu bitahanwa se, we se yagenda ayibagiwe gute? Ntabwo ari urwenya buri mukobwa wese ushyingiwe ajyana iriya bumba.”

Undi muturage ati “Ubwo se yayisiga! Oya da. Ntawe nkibona uyisiga da buri wese arayijyana. Ntabwo yagenda atayifite.”

Muri aka gace ko mu Burengerazuba bw’u Rwanda, hasanzwe hari umuco wihariye mu bijyanye n’imihango yo kubaka ingo aho byakunze kuvugwa ko umusore ugiye kurambagiza umukobwa, bamubagira isake akayirya wenyine.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Mu Kinigi ibirori biraryoshye: Rurangiranwa Didier Drogba, Youssou N’Dour, Souti Sol bahasesekaye

Next Post

Drogba yamwise ‘Ishami’, Souti Sol ‘Kwisanga’, Mushikiwabo ‘Turikumwe’,…Amazina yahawe Abana b’Ingagi

Related Posts

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

IZIHERUKA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Drogba yamwise ‘Ishami’, Souti Sol ‘Kwisanga’, Mushikiwabo ‘Turikumwe’,…Amazina yahawe Abana b’Ingagi

Drogba yamwise ‘Ishami’, Souti Sol ‘Kwisanga’, Mushikiwabo ‘Turikumwe’,…Amazina yahawe Abana b’Ingagi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.