Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Iby’ivuriro ryatwaye Miliyoni 15Frw bikomeje kuba agatereranzamba

radiotv10by radiotv10
02/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Iby’ivuriro ryatwaye Miliyoni 15Frw bikomeje kuba agatereranzamba
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage b’i Nyabigoma mu Kagari ka Rasano mu Murenge wa Bweyeye, bavuga ko bubakiwe ivuriro ry’ibanze rya Murwa, ndetse rigatangira gukora, ubu ridaheruka gukora, bakaba bibaza icyabuze kikabayobera.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2023 nibwo ivuriro ry’ibanze rya Murwa ryatashywe ku mugaragaro, bitera akanyamuneza abarituriye bumvaga ko baruhutse ingendo ziruhije bakoraga bajya kwivuza.

Icyakora amezi atanu arihiritse iri vuriro ridakora , bikaba byarongeye gutuma abaturage barituriye bongera gutangangazwa no kubona aho kwivuriza.

Iranzi Zitah agira ati “Byari byadushimishije ariko ubu kuko nta muganga uhari tuba twumva ari ikibazo kubera ko kwivuza bidusaba kuzamuka umusozi muremure.”

Niyimpaye Prucherie na we ati “Dukora urugendo rurerure tujya kwivuza. niba baratwubakiye iyi poste de Sante mu buryo bwo kudufasha, kubera iki bataduha abaganga?”

Ubu kugira ngo umuturage wo muri Nyabigoma abone ubuvuzi, bimusaba amafaranga 8 000 y’urugendo ajya ku Kigo Nderabuzima cya Bweyeye cyangwa kuzamuka umusozi bavuga ko bagenda hafi amasaha abiri ngo bagere kuri Poste de Sante ya Rasano.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo kizwi ndetse ko ubuyobozi bwakoze ibishoboka byose ntikibonerwe umuti.

Ati “Poste de Sante ya Murwa ntikora kubera ikibazo cy’abakozi bacye bari ku Kigo Nderabuzima cya Bweyeye. Akarere kayishyize ku isoko ariko kugeza ubu inshuro eshatu zose twatanze amatangazo habuze rwiyemezamirimo wayifata. Turateganya gusaba MINISANTE abakozi.”

Iki Kigo cy’Ubuzima kitaramara igihe kinini, cyubatswe ku bufatanye bw’ikigo cy’Igihugu cy’iterambere RDB na Caritas ya Diyoseze Gatulika ya Cyangugu, gishyikirizwa Akarere ka Rusizi gitwaye 15 841 241 Frw.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Umunyarwanda wamamaye ku mbuga nkoranyambaga wirukanywe muri America bwa mbere arigaragaje

Next Post

M23 nyuma yo gufata agace gakungahaye kuri ‘Coltan’ hagaragajwe intwaro yambuye FARDC

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 nyuma yo gufata agace gakungahaye kuri ‘Coltan’ hagaragajwe intwaro yambuye FARDC

M23 nyuma yo gufata agace gakungahaye kuri ‘Coltan’ hagaragajwe intwaro yambuye FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.