Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Igikekwa ku mugabo wari umuzamu basanze yapfiriye aho yacungiraga umutekano

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Igikekwa ku mugabo wari umuzamu basanze yapfiriye aho yacungiraga umutekano

Photo/ Imvaho Nshya

Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 30 wari umuzamu w’inyubako itaruzura iri mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, basanze yapfuye bikekwa ko yahanutse aturutse mu igorofa ya kabiri yararagamo, aho binakekwa ko ashobora kuba yari yasinze kuko asanzwe akunda agasembuye ndetse ko aho yari ari banahasanze icupa ricagase inzoga.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Kamuhirwa mu Kagari ka Kamurera, mu Murenge wa Kamembe, aho uyu nyakwengera Ndayisenga Jean basanze yapfuye nyuma yo guhanuka mu igorofa yarindaga.

Amakuru y’urupfu rw’uyu mugabo witabye Imana mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ku wa Gatandatu, yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe Ingabire Joyeux, mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Cyitwa Imvaho Nshya, yavuze ko ubwo inzego zajyaga kureba iby’urupfu rw’uyu muturage, basanze aho yari ari hari n’icupa ry’inzoga ashobora kuba yari ari kunywa.

Uyu muyobozi avuga kandi ko n’amakuru yatanzwe n’abaturage, yemezaga ko nyakwigendera yagiye mu kazi yasinze, ku buryo yabuze imbaraga agahanuka akikubita hasi.

Ati “Uko bigaragara yahubutse abura gitangira agera hasi abanza agahanga karasaduka arapfa.”

Uyu muyobozi uvuga ko amakuru arambuye azatangwa nyuma y’iperereza kuko inzego zirishinzwe zahise zitangira kurikora, yasabye abantu kwirinda ubusinzi.

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ku Bitaro bya Gihundwe kugira ngo ukorerwe isuzuma, hanamenyekane icyamuhitanye.

Marc Niyonzima, nyiri iyi nyubako yarindwaga na nyakwigendera, yavuze ko uyu wamukoreraga, yari amaze ibyumweru bitatu amukorera, na we akaba yamenye urupfu rwe nyuma yo guhamagarwa n’uwamubonye mu gitondo yaguye hasi.

Ati “Yari umukozi mwiza ariko agira ingeso y’ubusinzi ku buryo no ku wa 03 Mutarama yari yiriwe anywa aza ku izamu yasinze. Bampamagara, tunajya kureba uko byagenze, ku idirishya yari yicayeho twahasanze icupa ry’inzoga yanywaga, arigejejemo hagati.”

Uyu muturage avuga ko batapfa kumenya igihe nyirizina nyakwigendera yaba yarahanukiye, ariko ko bakeka ko byatewe n’izereri yo kuba yari yasinze, yatumye abura imbaraga, agahanuka, agahita yitaba Imana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Icyo America ivuga ku bibazo uruhuri biri muri Korea y’Epfo byahagurukije imbaga

Next Post

Ibice byafashwe na M23 yaba igamije kubigumana ngo izabiyobore?-Icyo Umusesenguzi abivugaho

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibice byafashwe na M23 yaba igamije kubigumana ngo izabiyobore?-Icyo Umusesenguzi abivugaho

Ibice byafashwe na M23 yaba igamije kubigumana ngo izabiyobore?-Icyo Umusesenguzi abivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.