Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Igikekwa ku mugabo wari umuzamu basanze yapfiriye aho yacungiraga umutekano

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Igikekwa ku mugabo wari umuzamu basanze yapfiriye aho yacungiraga umutekano

Photo/ Imvaho Nshya

Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 30 wari umuzamu w’inyubako itaruzura iri mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, basanze yapfuye bikekwa ko yahanutse aturutse mu igorofa ya kabiri yararagamo, aho binakekwa ko ashobora kuba yari yasinze kuko asanzwe akunda agasembuye ndetse ko aho yari ari banahasanze icupa ricagase inzoga.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Kamuhirwa mu Kagari ka Kamurera, mu Murenge wa Kamembe, aho uyu nyakwengera Ndayisenga Jean basanze yapfuye nyuma yo guhanuka mu igorofa yarindaga.

Amakuru y’urupfu rw’uyu mugabo witabye Imana mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ku wa Gatandatu, yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe Ingabire Joyeux, mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Cyitwa Imvaho Nshya, yavuze ko ubwo inzego zajyaga kureba iby’urupfu rw’uyu muturage, basanze aho yari ari hari n’icupa ry’inzoga ashobora kuba yari ari kunywa.

Uyu muyobozi avuga kandi ko n’amakuru yatanzwe n’abaturage, yemezaga ko nyakwigendera yagiye mu kazi yasinze, ku buryo yabuze imbaraga agahanuka akikubita hasi.

Ati “Uko bigaragara yahubutse abura gitangira agera hasi abanza agahanga karasaduka arapfa.”

Uyu muyobozi uvuga ko amakuru arambuye azatangwa nyuma y’iperereza kuko inzego zirishinzwe zahise zitangira kurikora, yasabye abantu kwirinda ubusinzi.

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ku Bitaro bya Gihundwe kugira ngo ukorerwe isuzuma, hanamenyekane icyamuhitanye.

Marc Niyonzima, nyiri iyi nyubako yarindwaga na nyakwigendera, yavuze ko uyu wamukoreraga, yari amaze ibyumweru bitatu amukorera, na we akaba yamenye urupfu rwe nyuma yo guhamagarwa n’uwamubonye mu gitondo yaguye hasi.

Ati “Yari umukozi mwiza ariko agira ingeso y’ubusinzi ku buryo no ku wa 03 Mutarama yari yiriwe anywa aza ku izamu yasinze. Bampamagara, tunajya kureba uko byagenze, ku idirishya yari yicayeho twahasanze icupa ry’inzoga yanywaga, arigejejemo hagati.”

Uyu muturage avuga ko batapfa kumenya igihe nyirizina nyakwigendera yaba yarahanukiye, ariko ko bakeka ko byatewe n’izereri yo kuba yari yasinze, yatumye abura imbaraga, agahanuka, agahita yitaba Imana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − ten =

Previous Post

Icyo America ivuga ku bibazo uruhuri biri muri Korea y’Epfo byahagurukije imbaga

Next Post

Ibice byafashwe na M23 yaba igamije kubigumana ngo izabiyobore?-Icyo Umusesenguzi abivugaho

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibice byafashwe na M23 yaba igamije kubigumana ngo izabiyobore?-Icyo Umusesenguzi abivugaho

Ibice byafashwe na M23 yaba igamije kubigumana ngo izabiyobore?-Icyo Umusesenguzi abivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.