Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

radiotv10by radiotv10
20/10/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe hari abaturage bavuga ko batarya cyangwa ngo bagaburire abana babo inyama z’imbeba za kizungu zizwi nka sumbirigi, ihindiya n’ipanya ngo kubera ko ari imbeba, mu murenge wa Rwimbogo hari umuturage wahisemo kuzorora ku buryo bwagutse agamije kujya aziha abana bari mu mirire mibi ku buntu ndetse ubuyobozi bw’uyu murenge bukavuga ko byafashije mu kugabanya ho kimwe cya kabiri cy’abana bari mu mirire mibi.

Izi mbeba mwalimu Neretse Jean yororera mu cyanya cy’uborozi bwe yageneye parike azashyiramo buri nyamansa yose ibana n’abantu mu buryo bwo kuzisigasira ngo hatagira izizacika, Neretse avuga ko umwihariko wazo ari uko yazigennye kuzifashisha nk’umusanzu we mu kurwanya imibirire mibi mu murenge avukamo aho bana bagaragarwaho imirire mibi muri uyu murenge abagenera ifunguro rya buri munsi ririmo inyama z’izi mbeba kandi ku buntu kugeza igihe baviriye muri icyo kibazo.

Mwalimu Neretse agira ati “Nyuma yo kumenya neza ko izi sumbiligi zikungahaye ku ntungamubiri zikura abana mu mirire mibi, nafashe icyemezo cyo kubikora. Ntago nazororeye kuzigurisha gusa, ahubwo harimo na gahunda yo kujya ndeba urutonde rw’abana bari mu muhondo cyangwa mu mutuku kugira ngo tubahe inyama. Twarabitangiye ndetse n’ubu hari umwana twatangiye kwitaho muri ubwo buryo mu minsi micye ishize”

Radio&tv10 yageze mu kagari ka Rubugu ahari umwana wari warazahajwe n’imirire mibi kugeza aho atari akibasha guhagarara ariko nyuma y’icyumweru kimwe atangiye kwitabwaho na Neretse wohereza ifunguro ririho n’izo nyama, abamurwaje baravuga ko hari ikiri guhinduka.

Mukamunana Everine ati “Ubu atangiye kongera kubasha kuvuga, no kwicara baramwicaza ukabona ko byemera. Mbese aho ubu butabazi bubonekeye dufite n’icyizere cy’uko azakira”.

Icyakora n’ubwo abaturage bamwe bamaze gusobanukirwa ibyiza by’inyama z’imbeba ku buzima, hari abandi bo bavuga ko kuva ari imbeba badashobora kuzikoza mu kanwa cyangwa ngo babe bazitegurira abana.

Mukaniyitegeka Jeanne ati “Ntabwo njya nzirya, Ntacyo wakora ngo nzirye. si ukuvuga ko zibiha ariko sinshobora kuzirya”

Rugemintwaza Cyrile nawe ati “Sumbiligi ntago bazirya kubera isesemi,ariko njyewe kubera kujijuka nzi ko zivura indwara nyinshi kandi zifite akamaro”.

Umusanzu wa Mwalimu Neretse wo kurwanya imirire mibi akoresheje izi  imbeba, ubuyobozi bw’umurenge wa Rwimbogo buvuga ko watanze  umusaruro kuko wagabanyije ho ½ kirenga ku bana bari bafite imirire mibi mu mezi make ashize nk’uko Nzayishima Joas uyobora uyu murenge abivuga abivuga.

Agira ati “Adufasha cyane mu kurwanya imirire mibi biturutse kuri izo nyama z’ayo matungo yorora. Mu minsi ishize twari dufite abana 80 bari mu mirire mibi, ariko ubu dusigaranyemo 32. Ni byo koko hari abaturage bavuga ko batarya sumbiligi bitwe n’uko baba bazibona, icyo dukora ni ubukangurambaga bwo kubasobanurira kugira ngo bahindure imyumvire kandi hari abagenda babyumva ahanini bashingiye ku bana babona bazigaburirwa zikabavura”

N’ubwo inzobere mu mirire zemeza ko inyama z’izi mbeba zifitemo intungamubiri zirinda kandi zikanavura imirire mibi , kutabimenya kw’abaturage bamwe bituma na bake bazorora mu ngo zabo bazigurisha zikagurwa n’abanyekongo bamaze kumenya ibanga ryazo.

Imbe za kizungu ziri mu byafashije kurwanya imirire mibi
Zirororwa zigatanga umusanzu mu kurwanya imirire mibi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 5 =

Previous Post

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

Next Post

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.