Friday, September 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

radiotv10by radiotv10
26/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Sindayiheba Alex warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi usanzwe ari Umuyobozi w’Umudugudu wa Kabutimbiri mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi wari umaze igihe aba mu nzu imeze nabi, yahawe iyo yubakiwe imeze neza.

Ni inzu yubatswe ku bufatanye bwa Komisiyo y’ubutabera n’amahoro ya Diyoseze Gatulika ya Cyangugu n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi.

Sindayiheba avuga ko amabati yahawe na HCR ubwo yavaga mu nkambi ya Nyarushishi jenoside ikimara guhagarikwa, ariyo yari agisakaye inzu yabagamo n’umuryango we, aho banyagirwaga bikamusaba kujya kugamisha bimwe mu bikoresho mu baturanyi.

Agira ati “Muby’ukuri nabaga mu nzu imeze nka nyakatsi. Abaturage barabizi imvura yagwaga ngashaka amashashi yo kwitwikira, udukoresho tumwe na tumwe nkatujyana mu baturanyi banyegereye”.

Uyu muyobozi avuga ko bitewe n’indangagaciro nk’umuyobozi yangaga kwishyira ku rutonde rw’abababaye ngo abe yakubakirwa ,yanga ko byagaragara nabi mu bo ayobora none kuri ubu uwo bashakanye utarabirebaga neza akaba yishimiye ko inkono ihiriye igihe

Sindayiheba ati “Batwigishako kwishyira imbere y’abo uyobora atari byiza. Nashobora gutanga urutonde n’ishyize ku mwanya wa mbere bikagaragara ko ari ukudakunda kuruta abo nyobora. Nangaga ko hazagira umuturage uvuga ko amabati yari guhabwa ari mudugudu wayitwariye.”

Uzayisenga Jeannette bafitanye abana 7 nawe ati “Najyaga mubaza ngo aba yiruka kuki mubwira ko abo yirukankaho babona inzu zo kubamo we agasigarira aho,, imvura yagwaga tugatega amazi mu nzu, amabati yari yarashize nawe urabyumva ariko ubu twishimiye ko duhawe inzu natwe, ubu bigiye gutuma dutekereza ku iterambere tudahangayikishijwe n’ikibazo cy’aho kuba.”

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Francine Mukakalisa ashimira Diyoseze gatolika ya Cyangugu ku ruhare rwayo mu gukemura ibibazo bibangamiye abaturage ndeste n’ubunyangamugayo bwa mudugudu wanze kwirutisha abaturage ayobora ntanyure iz’ubusamo nk’abandi bayobozi bamwe na bamwe.

Ati “Ni igikorwa twishimira nk’akarere kuko ukorora acira aba agabanya. Nabyita ubunyangamugayo kuko urumva ababyise batyo baba bafite andi makuru ko hari nk’abagitifu bagiye banyura iz’ubusamo bakiyubakira. Ba mudugudu ntibahembwa ngo tuvuge ko yahembwe ntiyiyubakire. we yakoze ibyo yagombaga gukora , ntiyaca iz’ubusamo abandi bakunze kunyuramo.”

Umuyobozi ucyuye igihe wa Cartas na komisiyo y’ubutabera n’amahoro bya Diyoseze gatolika ya Cyangugu padiri Irakoze Hyacinthe avuga ko kujyanamo n’akarere mu bikorwa nk’ibi kuri kiriziya ari ugusohoza ubutumwa bwayo.

Padiri ati “Twasabye umurenge kuduha umuntu twafasha muri komisiyo y’ubutabera n’amahoro tukamubonera icumbi hanyuma baramudushyikiriza kuri paruwasi tumwubakira iyi nzu mubona. Tuyimuhaye irimo ibikoresho by’ibanze, harimo intebe,ibiryamirwa n’ibiribwa bikeya. Ubutumwa bwa kiriziya ni ukwigisha abantu n’ubundi bigaherekezwa n’ibikorwa bifatika byinjira mu mibereho y’abantu. Roho nziza igatura mu mubiri mwiza, umubiri mwiza nawo ugatura ahantu heza.”

Inzu yahawe umuryango wa Sindayiheba Alex n’ibikoresho yayihanywe ubariyemo n’ibiribwa byose hamwe bifite agaciro ka miriyoni 8 n’igice, ni mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buvuga ko muri rusange  bugifite abaturage 140 batagira aho kuba n’abandi 1239 bafite aho kuba hatameze neza.

Komisiyo y’ubutabera n’amahoro ya Diyoseze gatolika ya Cyangugu ivuga ko mu mwaka w’ubutumwa watangiranye na Nzeri 2025 iteganya kubakira abandi baturage batishoboye 2 mu karere ka Rusizi n’abandi  2 muri Nyamasheke.

Aho yabaga mbere ntihari hanejeje
Ubu yubakiwe inzu nziza
Yayishyikirijwe
Ni ibyishimo kuri we n’umuryango we
Yanahawe ibikoresho byose byo mu nzu

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − four =

Previous Post

Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

Related Posts

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

by radiotv10
26/09/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho yerekana abantu bakubitira umuturage mu Biro by’Akagari ka Munanira I mu Murenge wa Nyakabanda, hatawe muri...

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

by radiotv10
26/09/2025
0

Umuryango Mpuzamahanga w’Ubutabazi (Croix Rouge/Red Cross) ishami ryawo mu Rwanda, ryatanze umucyo ku ifoto igaragaza umukorerabushake wawo ari kuganira n’umwe...

In 9 months Rwanda received 4,000 returnees from DRC

In 9 months Rwanda received 4,000 returnees from DRC

by radiotv10
26/09/2025
0

From January to September 2025, more than 4,000 Rwandans have returned from the forests of the Democratic Republic of Congo...

Is Kigali becoming too expensive for its youth?

Is Kigali becoming too expensive for its youth?

by radiotv10
26/09/2025
0

Kigali, the capital city of Rwanda, is known for its beauty, safety, and cleanliness. It is one of the fastest-growing...

Kayonza: Bahawe ubutaka bwo guhingaho ariko bafite ikindi basaba

Kayonza: Bahawe ubutaka bwo guhingaho ariko bafite ikindi basaba

by radiotv10
26/09/2025
0

Abahinzi b’ibigori bo mu Murenge wa Ruramira mu Karere ka Kayonza, bahawe ubutaka bwo guhingaho, barasaba n’ubwanikiro kuko ubwo bakoresha...

IZIHERUKA

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa
IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

by radiotv10
26/09/2025
0

Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

26/09/2025
Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

26/09/2025
Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu Ngimbi noneho Umunyarwanda abasha gusoza

Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu Ngimbi noneho Umunyarwanda abasha gusoza

26/09/2025
Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

26/09/2025
Ubutumwa Kamerhe yahaye uwamusimbuye ku Buyobozi bw’Inteko ya Congo bwagarutse kuri Tshisekedi

Ubutumwa Kamerhe yahaye uwamusimbuye ku Buyobozi bw’Inteko ya Congo bwagarutse kuri Tshisekedi

26/09/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.