Monday, February 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

radiotv10by radiotv10
02/02/2026
in MU RWANDA
0
Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hashize imyaka 2 hari umwana wo mu murenge wa Muganza waheze mu buriri bitewe no kugongwa n’imodoka ya world vision yari yishingiwe na Old mutual insuarence Rwanda, iki kigo cy’ubwishingizi kiravugwaho guseta ibirenge mu nzira iganisha ku kwishyura indishyi kuri iyo mpanuka mu gihe cyo kivuga ko atari uko biri nyamara hari ubuvuzi uyu mwana atarabona bitewe no kubura ubushobozi.

Muri Kanama 2025 ni bwo Radio&Tv10 yagaragaje ikibazo cya Habumugisha Frank wagonzwe n’imodoka ya world vision muri 2024 bikamusigira ubumuga bukomeye bumutera guhora aryamye ndetse n’ingingo ntizikore .

Ubuyobozi bw’umushinga world viosion bwahise bujya kureba uyu mwana ahita yishyurirwa ubwisungane mu kwivuza anajyanwa mu bitaro bya Gatagara n’iby’i Ndera ariko uyu mushinga uza guhagarika ubwo bufasha uvuga ko ibisigaye bizakorwa n’umwishingizi w’imodoka yamugonze ari we old mutual nk’uko umubyeyi we Uwimana Charlotte abivuga.

Ati “Bampaye gahunda yo gusubira indera ku ya 23 Ukuboza 2025, ariko ntsbwo nagiye yo kuko bambwiye ngo ni mbwire asiranse abe ari yo ikomeza kuvuza umwana. Hari imiti bari bamutangije ituma atagagara ngo aniture hasi none nabuze ubushobozi bwo kugura indi”.

Me Muhumba Merari uhagarariye uruhande rw’uyu mwana mu mategeko, avuga ko nyuma y’impanuka yagerageje kwegera ikigo cy’ubwishingizi cya Old mutual ngo habeho ubwumvikane ariko ngo akahasuzugurirwa ubugira kabiri banga kwakira amabaruwa ye.

Me Merari agira ati “Nafashe dosiye nyijyana ku mwishingizi witwa old mutual, umuntu nasanze yo yanga kuyakira. Nongeye kujyana ya dosiye barayisoma banga kuyisinyaho. Nabonaga bansuzugura kandi koko ni ko byagenze”.

Uruhande rw’ikigo cy’ubwishingizi cya old mutual ruhakana ibyo gusuzugura uyu munyamategeko rukavuga ko rwamusabye kwerekana umukozi warwo wamusuzuguye ntabikore, ku bijyanye no gutanga indishyi rukavuga ko batanze igitekerezo (proposal) y’uko bakwishyura ariko nticyemerwe bikaba ngombwa ko bategereza gukizwa n’urukiko.

Umwali Sonia ushinzwe imenyekanishabikorwa muri old mutual ati “Umwavoka ntabwo twigeze tumugora, yavuze ko yaje ntitumwakire ariko twamusabye kutwereka umukozi wacu wamusuzuguye yanga kumwerekana. Ni byo koko ikirego kiri mu rukiko kuko twamuhaye uburyo twumva twatanga indishyi ariko ntibabyemera batujyana mu rukiko”.

Mu gihe biteganyijwe ko inama ntegurarubanza y’urubanza old mutual yarezwemo mu rukiko rukuru rwa Nyarugenge izaba ku ya 25 Gashyantare 2026, Uruhande rw’uyu mwana ruvuga ko ruhangayikishijwe no kutabasha kumubonera ibyo akenera by’ibanze.

Raporo ya muganga wo mu bitaro by’ i Ndera yagaragaje ko ubwoko bw’uyu mwana bwangiritse ndeste uruhande rumwe rwe ntirukora bigatuma akenshi ahora aryamye byiyongera ho ko yaba kwihagarika byoroshye n’ibikomeye abikorera aho ari, Umubyeyi we akavuga ko mu gihe yahabwa ibyo amategeko amwemerera byamufasha mu mibereho kuko kugeza ubu yabaye amushyize ku muturanyi kuko we adafite ubushobozi bwo kumurera.

Umwana yaheze mu kirago
Impanuka yamusigiye ingaruka zikomeye

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 14 =

Previous Post

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

Related Posts

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

by radiotv10
02/02/2026
0

Mu kwizihiza umunzi w'Intwari z'u Rwanda ku rwego rw'Akarere ka Ruhango, abagatuye bibukijwe kugira umuco w'ubutwari, barangwa no gukunda Igihugu,...

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

by radiotv10
01/02/2026
1

Umunyarwanda aho yicaye hose uyu munsi, ntakindi kimuri mu bitekerezo uretse Intwari z'u Rwanda n'ubutwari bwaziranze, dukesha umusingi w'ibyo Abanyarwanda...

Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

by radiotv10
01/02/2026
0

Kayiranga Azalie wo mu kagari Gitwa mu murenge wa Gihombo akurikiranyweho kwica umuhungu we witwaga Habyalimana Michel wari umaze igihe...

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

by radiotv10
01/02/2026
0

Ku mugoroba ubanziriza umunsi wo kwizihiza Intwari z'u Rwanda, mu Karere ka Ruhango habereye igitaramo cyihariye cyari kigamije gusingiza no...

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

IZIHERUKA

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago
MU RWANDA

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

by radiotv10
02/02/2026
0

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

02/02/2026
Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

01/02/2026
Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

01/02/2026
Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

01/02/2026
Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

31/01/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.