Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Umukecuru warokotse Jenoside yatewe n’abataramenyekana bamukubita banamubwira amagambo akanganye

radiotv10by radiotv10
27/11/2024
in MU RWANDA
0
Rusizi: Umukecuru warokotse Jenoside yatewe n’abataramenyekana bamukubita banamubwira amagambo akanganye
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru w’imyaka 74 warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, utuye mu Kagari ka Shagasha mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, arembeye mu Bitaro nyuma yuko atewe n’abantu bataramenyeka ku manywa y’ihangu, baramukubita bamubwira ko baje kurangiza umugambi wabo, bakamusiga bazi ko yashizemo umwuka.

Mukantagara Pelagie ubu arwariye mu Bitaro bya Gihundwe nyuma yuko akubiswe n’abantu bataramenyekana bamuteye iwe saa tanu z’amanywa.

Ubwo aba bantu bamuteraga, yumvise bakomanga, akajya kubakingurira azi ko ari abamugendereye, ariko agikingura bahita bamukubitsa ikintu mu maso yikubita hasi, bagahita bamwadukira bakamukubita bakamugira intere, ndetse bakagenda bazi ko yashizemo umwuka.

Amakuru yatanzwe n’uyu mukecuru avuga ko ubwo yakubitwaga yabajije uwamuhohoteraga impamvu bari kumwica bakamusububiza ko bari kurangiza umugambi wabo nk’uko umuhungu w’uyu mukecuru witwa Niyoyita abivuga.

Agira ati “Inzego z’umutekano ziri kumubaza mu gihe yari atangiye kuba nk’utangiye kugarura ubwenge yazibwiye ko yababajije abamukubitaga ngo ko munyica? bakamusubiza ko bari kurangiza umugambi.”

Mukangango Sophie watabaye ubwo yumvaga uyu mukecuru atabaza, yabwiye RADIOTV10 ko yahageze asanga Mukantagara yakubiswe mu mutwe no mu maso ku buryo bukomeye, agahita amutabariza akajyanwa kwa muganga

Ati “Numvise atatse nzamuka nirukanka duhurira ku irembo turamwicaza atwereka uko bari bamaze kumugira tubona afite ibisebe byinshi mu maso yakobaguritse mu misaya.”

Yahise ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Shagasha ahita yoherezwa ku bitaro bya Gihundwe kubera ko yari ameze nabi akaba ari na ho ari kuvurirwa ubu.

Abaturanyi be bavuga ko nta gushidikanya ko uru rugomo rufitanye isano n’ingengabitekerezo ya Jenoside, babishingira ku kuba uwamuhohoteye ntakintu na kimwe yatwaye nyamara hari amafaranga ndetse na telefone.

Niyoyita ati “Ntabwo natinya kuvuga ko bifitanye isano na byo [Ingengabitekerezo ya Jenoside]. None se niba umuntu yaraje akavuga ko aje gusohoza umugambi urumva uwo mugambi ari uw’iki? Iyo aza kuba umujura yari gutwara telefone n’amafaranga mukecuru yari afite cyangwa akanajya mu nzu agatwara ibindi bintu.”

Umunyamakuru yageze mu Bitaro bya Gihundwe aho Mukantagara arwariye, asanga atangiye kuzanzamuka bitandukanye n’uko yari ameze akimara gukubitwa n’aba bantu bataramenyekana.

Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere Ka Rusizi, Habimana Alfred yabwiye RADIOTV10 ko kugeza ubu hataramenyekana uwakoze icyo gikorwa cy’ubugombe.

Ati “Ni ikibazo twahagurukiye nk’inzego. Ibikorwa nk’ibyo by’ihohoterwa iyo bikorewe uwarokotse Jenoside biba biganisha ku ngengabitekerezo yayo, ni cyo rero turi gukurikirana tukareba kugira ngo dushakishe ababikoze.”

Kuri uyu wa kabiri Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi n’ubw’Umurenge wa Gihundwe bufatanyije n’inzego z’umutekano bagiye i Shagasha mu nteko y’abaturage kugira ngo babahumurize nyuma y’uru rugomo ari na ko bibustwa kwirinda ibikorwa nk’ibi biganisha ku ngengabitekerezo ya Jenoside.

Iki gikorwa kibaye mu gihe hakomeje kumvikana ibikorwa byo guhohotera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bamwe bakanabiburiramo ubuzima.

Mu Karere ka Ngoma mu Murenge wa Rukumberi mu minsi ishize, umukecuru Nduwamungu Pauline wari wararokotse Jenoside, yishwe aciwe umutwe, igihimba cye gishyirwa mu kimoteri cyari iwe naho umutwe we ujugunywa mu musarani, aho kugeza ubu umwe mu bakurikiranyweho ubu bwicanyi yemeye icyaha.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

UPDATE: Uko byagenze ngo u Rwanda rumenye ko muhindi warutorokeyemo yavuye iwabo akurikiranyweho ibyaha bikomeye

Next Post

Rwanda&DRCongo: Nyuma y’ibiganiro by’imbonankubone i Luanda hahise haba ibyo ku ikoranabuhanga

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda&DRCongo: Nyuma y’ibiganiro by’imbonankubone i Luanda hahise haba ibyo ku ikoranabuhanga

Rwanda&DRCongo: Nyuma y’ibiganiro by’imbonankubone i Luanda hahise haba ibyo ku ikoranabuhanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.