Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Umupadiri yakoze igikorwa cyashimwa na buri wese na we afite icyo asaba

radiotv10by radiotv10
13/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Umupadiri yakoze igikorwa cyashimwa na buri wese na we afite icyo asaba
Share on FacebookShare on Twitter

Padiri Uwingabire Emmanuel wo muri Paruwasi yitiriwe Mutagatifu Paul Muko yo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, amaze gusubiza mu ishuri abana 188 bari baragiye mu bikorwa by’ubujura n’ubuzererezi, gusa arasaba imiryango yita ku bana kumufasha mu rugamba rwo gukomeza kubarinda gusubira mu muhanda.

Bamwe muri aba bana babwiye RADIOTV10 ko ubuzima bushaririye babagamo mbere yo gusubizwa mu ishuri n’uyu musaseridoti bwari bwuzuyemo ibibazo uruhuri birimo ibyo gufungwa ndetse bamwe banafungiwe muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo.

Uwitwa Masengesho Edison w’imyaka 14 wajyaga muri Congo kuzana ibicuruzwa mu buryo butemewe n’amategeko ati “Twagiye muri Congo baradufata bajya kudufungira mu mwobo tumarayo amezi atanu.”

Masengesho akomeza avuga ko nyuma yo kurekurwa yasanze Padiri ari gusubiza abana mu ishuri na we ajyayo muri ubwo buryo atangirira mu mwaka wa kabiri ndetse bitewe n’uburyo we n’abandi bafashwe neza ubu ubuzima bwarahindutse

Ati “Ndaza, Padiri aratubwira ati ‘mwebwe mugiye kubaho nk’abana ba Meya’, kandi koko tubayeho neza cyane. Ntabwo nari nzi na i ariko bitangiye kuza.”

Padiri Emmanuel avuga ko kwita kuri aba bana bisaba umwihariko kuko bimusaba kubagaburira ku manywa na nijoro ndetse no mu biruhuko bakaza kurya mu kigo mu buryo bwo kubareshya ngo hato badasubira mu muhanda

Padiri agira ati “benshi muri bo ntibabona ibibatunga iwabo, dutegetswe kubashakira ibibatunga muri weekend ndetse no mu biruhuko rimwe na rimwe iyo tugize impungenge z’uko tutazongera kubabona dushaka uburyo tubatunga.”

Ibi Padiri abiheraho asaba imiryango yita ku bana kumutera ingabo mu bitugu mu gukomeza aba bana hato badasubira mu buzererezi.

Ati “Ubu butumwa turi gukora busaba ubushobozi bwo hejuru, rimwe na rimwe turashirirwa tukabaho tubabaye kubera kubura icyo duha aba bana, kandi hari imiryango irengera uburenganzira bw’abana yakadufashije.”

Kuva mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka w’amashuri Padiri Emmanuel Uwingabire amaze gusubiza mu ishuri abana bagera ku 188, muri bo abana 10 babaye aba mbere mu mashuri bigamo mu gihembwe cya mbere.

Aba bana basubiye mu ishuri ubu bariga
Banafashwa mu bindi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − five =

Previous Post

Kigali: Mu gicuku cy’ijoro inkongi iremereye yibasiye Agakiriro kudutsemo umuriro ubugiragatatu

Next Post

Uko hakozwe operasiyo yo gufata abarimo abagore 2 bakekwaho icyaha bakoranye amayeri adasanzwe

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hakozwe operasiyo yo gufata abarimo abagore 2 bakekwaho icyaha bakoranye amayeri adasanzwe

Uko hakozwe operasiyo yo gufata abarimo abagore 2 bakekwaho icyaha bakoranye amayeri adasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.