Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Umupadiri yakoze igikorwa cyashimwa na buri wese na we afite icyo asaba

radiotv10by radiotv10
13/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Umupadiri yakoze igikorwa cyashimwa na buri wese na we afite icyo asaba
Share on FacebookShare on Twitter

Padiri Uwingabire Emmanuel wo muri Paruwasi yitiriwe Mutagatifu Paul Muko yo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, amaze gusubiza mu ishuri abana 188 bari baragiye mu bikorwa by’ubujura n’ubuzererezi, gusa arasaba imiryango yita ku bana kumufasha mu rugamba rwo gukomeza kubarinda gusubira mu muhanda.

Bamwe muri aba bana babwiye RADIOTV10 ko ubuzima bushaririye babagamo mbere yo gusubizwa mu ishuri n’uyu musaseridoti bwari bwuzuyemo ibibazo uruhuri birimo ibyo gufungwa ndetse bamwe banafungiwe muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo.

Uwitwa Masengesho Edison w’imyaka 14 wajyaga muri Congo kuzana ibicuruzwa mu buryo butemewe n’amategeko ati “Twagiye muri Congo baradufata bajya kudufungira mu mwobo tumarayo amezi atanu.”

Masengesho akomeza avuga ko nyuma yo kurekurwa yasanze Padiri ari gusubiza abana mu ishuri na we ajyayo muri ubwo buryo atangirira mu mwaka wa kabiri ndetse bitewe n’uburyo we n’abandi bafashwe neza ubu ubuzima bwarahindutse

Ati “Ndaza, Padiri aratubwira ati ‘mwebwe mugiye kubaho nk’abana ba Meya’, kandi koko tubayeho neza cyane. Ntabwo nari nzi na i ariko bitangiye kuza.”

Padiri Emmanuel avuga ko kwita kuri aba bana bisaba umwihariko kuko bimusaba kubagaburira ku manywa na nijoro ndetse no mu biruhuko bakaza kurya mu kigo mu buryo bwo kubareshya ngo hato badasubira mu muhanda

Padiri agira ati “benshi muri bo ntibabona ibibatunga iwabo, dutegetswe kubashakira ibibatunga muri weekend ndetse no mu biruhuko rimwe na rimwe iyo tugize impungenge z’uko tutazongera kubabona dushaka uburyo tubatunga.”

Ibi Padiri abiheraho asaba imiryango yita ku bana kumutera ingabo mu bitugu mu gukomeza aba bana hato badasubira mu buzererezi.

Ati “Ubu butumwa turi gukora busaba ubushobozi bwo hejuru, rimwe na rimwe turashirirwa tukabaho tubabaye kubera kubura icyo duha aba bana, kandi hari imiryango irengera uburenganzira bw’abana yakadufashije.”

Kuva mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka w’amashuri Padiri Emmanuel Uwingabire amaze gusubiza mu ishuri abana bagera ku 188, muri bo abana 10 babaye aba mbere mu mashuri bigamo mu gihembwe cya mbere.

Aba bana basubiye mu ishuri ubu bariga
Banafashwa mu bindi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 18 =

Previous Post

Kigali: Mu gicuku cy’ijoro inkongi iremereye yibasiye Agakiriro kudutsemo umuriro ubugiragatatu

Next Post

Uko hakozwe operasiyo yo gufata abarimo abagore 2 bakekwaho icyaha bakoranye amayeri adasanzwe

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hakozwe operasiyo yo gufata abarimo abagore 2 bakekwaho icyaha bakoranye amayeri adasanzwe

Uko hakozwe operasiyo yo gufata abarimo abagore 2 bakekwaho icyaha bakoranye amayeri adasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.