Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Umupadiri yakoze igikorwa cyashimwa na buri wese na we afite icyo asaba

radiotv10by radiotv10
13/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Umupadiri yakoze igikorwa cyashimwa na buri wese na we afite icyo asaba
Share on FacebookShare on Twitter

Padiri Uwingabire Emmanuel wo muri Paruwasi yitiriwe Mutagatifu Paul Muko yo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, amaze gusubiza mu ishuri abana 188 bari baragiye mu bikorwa by’ubujura n’ubuzererezi, gusa arasaba imiryango yita ku bana kumufasha mu rugamba rwo gukomeza kubarinda gusubira mu muhanda.

Bamwe muri aba bana babwiye RADIOTV10 ko ubuzima bushaririye babagamo mbere yo gusubizwa mu ishuri n’uyu musaseridoti bwari bwuzuyemo ibibazo uruhuri birimo ibyo gufungwa ndetse bamwe banafungiwe muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo.

Uwitwa Masengesho Edison w’imyaka 14 wajyaga muri Congo kuzana ibicuruzwa mu buryo butemewe n’amategeko ati “Twagiye muri Congo baradufata bajya kudufungira mu mwobo tumarayo amezi atanu.”

Masengesho akomeza avuga ko nyuma yo kurekurwa yasanze Padiri ari gusubiza abana mu ishuri na we ajyayo muri ubwo buryo atangirira mu mwaka wa kabiri ndetse bitewe n’uburyo we n’abandi bafashwe neza ubu ubuzima bwarahindutse

Ati “Ndaza, Padiri aratubwira ati ‘mwebwe mugiye kubaho nk’abana ba Meya’, kandi koko tubayeho neza cyane. Ntabwo nari nzi na i ariko bitangiye kuza.”

Padiri Emmanuel avuga ko kwita kuri aba bana bisaba umwihariko kuko bimusaba kubagaburira ku manywa na nijoro ndetse no mu biruhuko bakaza kurya mu kigo mu buryo bwo kubareshya ngo hato badasubira mu muhanda

Padiri agira ati “benshi muri bo ntibabona ibibatunga iwabo, dutegetswe kubashakira ibibatunga muri weekend ndetse no mu biruhuko rimwe na rimwe iyo tugize impungenge z’uko tutazongera kubabona dushaka uburyo tubatunga.”

Ibi Padiri abiheraho asaba imiryango yita ku bana kumutera ingabo mu bitugu mu gukomeza aba bana hato badasubira mu buzererezi.

Ati “Ubu butumwa turi gukora busaba ubushobozi bwo hejuru, rimwe na rimwe turashirirwa tukabaho tubabaye kubera kubura icyo duha aba bana, kandi hari imiryango irengera uburenganzira bw’abana yakadufashije.”

Kuva mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka w’amashuri Padiri Emmanuel Uwingabire amaze gusubiza mu ishuri abana bagera ku 188, muri bo abana 10 babaye aba mbere mu mashuri bigamo mu gihembwe cya mbere.

Aba bana basubiye mu ishuri ubu bariga
Banafashwa mu bindi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − three =

Previous Post

Kigali: Mu gicuku cy’ijoro inkongi iremereye yibasiye Agakiriro kudutsemo umuriro ubugiragatatu

Next Post

Uko hakozwe operasiyo yo gufata abarimo abagore 2 bakekwaho icyaha bakoranye amayeri adasanzwe

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hakozwe operasiyo yo gufata abarimo abagore 2 bakekwaho icyaha bakoranye amayeri adasanzwe

Uko hakozwe operasiyo yo gufata abarimo abagore 2 bakekwaho icyaha bakoranye amayeri adasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.