Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

radiotv10by radiotv10
08/11/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu cyumba cye amanitse mu mugozi bikekwa ko yiyahuye nyuma y’ibaruwa yandikiwe n’umuhungu we ku munsi wabanje amusaba kureka gutereta abana bato nyuma y’uko umugore we yitabye imana yakwishumbusha undi abana be bakamwirukana bigatuma uyu musaza aba wenyine.

Urupfu rwa Nteziryimana rwamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa 7 Ugushyingo 2025 ubwo umuvandimwe we babanaga mu nzu yagiye kumubyutsa agasanga urugi rw’icyumba cye rukingiyemo imbere yahengereza akabona asa n’uhagaze bigatuma atabaza bakica urugi bagasanga amanitse mu mugozi yapfuye.

Abari mu kigero cya nyakwigendera batuye muri aka gace bavuga ko kwiyahura kwe kwaba kwatewe no kuba nyuma yo gupfusha umugorewe yaraje gushaka undi ariko abana be bakamwirukana bigatuma uyu musaza abaho yifuza umugore.

Ntivunwa Bercard ati “Nta kindi kindi, Ruferedi yarapfakaye. Azanye undi mugore abana be baramwirukana. Wabonaga ko ari umuntu wabaga ushaka gukurikira abagore kuko yagendanaga ipfa. Urumva ko hari uburenganzira yari yarabujijwe”.

Mukashema Beatrice nawe ati “N’ubwo yari afite iyo myaka yari akomeye. Yengeraga abaturage ibitoki bakamuha amafaranga, ariko nyine akagira ikibazo cyo gushaka umugore. Nawe uriyizi uri umugabo, kwihangana k’umugabo ni ibintu bitoroshye. Yari yashatse undi mugore abana baramwirukana ku buryo yahuraga n’umugore akumva amushaka, akaba yagusumira abishaka nawe ukitaza nyine”.

Uko gushaka abagore bivugwa ko byakomeje kwiyongera akagera aho ku munsi w’ejo abipfa n’umuhungu we wamuhanuraga amubwira ko bitamukwiye ku myaka ye bikagera aho yamwandikiye ibaruwa ku mugoroba imwihanangiriza ndeste bamwe bagakeka ko yiyahuye nyuma yo kuyisoma.

Umuhungu we witwa Habanabakize Gerard ati “Ejo hari imyitwarire yari yagaragaje itari myiza, ari kumwe n’utwana dutoya atubwira amagambo nkayo asaba ko yamubera umugore, njyewe mubwira ko iyo myitwarire idahwitse ndanamwiyama cyane bikomeye , ariko kubera ko atumvaga neza namwandikiye ibaruwa musaba ko agomba guhindura imyitwarire”.

Habanabakize akomeza avuga ko icyatumye umugore wa kabiri uyu musaza yari yashatse bamwirukana mu rugo atari ukwanga ko ise agira umugore, ko ahubwo ari ingeso mbi z’uwo mugore bivugwa ko yagenzwaga n’imitungo.

Ati “Umugore yazanye babanye hafi umwaka, ariko biza kugaragara ko uwo mugore ari ibandi rishaka kumusahura imitungo, rimwe na rimwe rikamwiba amatungo riyajyana iwabo, imyaka akayisarura iri mu murima ahereza bene wabo bakayijyana, biba ngombwa rero ko umuryango wemeza ko agomba kugenda”.

Bivugwa ko uyu musaza yari amaze iminsi aca amarenga ko agiye kwitaba imana aho yasezeraga ku bantu bakagira ngo ni urwenya, ari nabyo umunyamabanga nshingwa bikorwa w’umurenge wa Gihundwe Iyakaremye Jean Pierre ahera ho avuga ko iyo abamuri hafi baza gushingira kuri ibyo bimenyetso bakamwitaho bitari kugera ku kwiyahura.

Gitifu agira ati “Yiyahuje umugozi, ikiziriko. Twanasanze mo urwego mu cyumba cye yakoresheje amanika umugozi hejuru. Umusaza yari amaze iminsi abivuga abantu bakagira ngo ni blague avuga ko aziyahura cyangwa ko azajya mu Kivu,, utwo tumyenyetso tw’umuntu wihebye , abantu bagiye baduheraho bakamuba hafi bakamugira inama bakamwereka ko ubuzima ari bwiza kandi bugikomeza, abantu biyahura bagabanuka”.

Nyuma y’uko polisi ndeste n’urwego rw’ubugenzacyaha bahageze bagakora iperereza ry’ibanze, umurambo w’uyu musaza wahise ujyanwa mu bitaro bya Gihundwe mu gihe umuryango ukiri gutegura gushyingura.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Next Post

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by'umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.