Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

radiotv10by radiotv10
09/05/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu biro by’aka Kagari hatahuwe ko hari umubiri w’uwazize Jenoside yakorewe Abatutsi, umaze imyaka itanu ubitsemo utarashyingurwa mu cyubahiro.

Uwatawe muri yombi ni Ntakobanzangira Theogene asanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Mpinga, ariko akaba yarayoboraga aka Kizura muri 2020 ubwo uyu mubiri wajyanwaga mu Biro by’Akagari.

Mu minsi ishize Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi, bwari bwabwiye RADIOTV10 ko uwagize uruhare mu gutuma uwo mubiri umara imyaka itanu mu Biro by’Akagari, agomba kubiryozwa.

Amakuru yageze kuri RADIOTV10, yemeza ko Ntakobanzangira Theogene yatawe muri yombi tariki 05 Gicurasi 2025.

Ni nyuma yuko uriya mubiri wabonetse hakabanza kwegeranywa amakuru niba ari uw’uwazize Jenoside, bikaza kumenyekana ko ari wo, ariko uyu wari Gitifu wa kariya Kagari ntabimenyekanishe, bigatuma umara imyaka itanu ubitse mu Biro by’Akagari.

Ntakobazangira bivugwa ko atigeze abitangaho amakuru nubwo we yavugaga ko yabimenyesheje inzego zitandukanye kuri telefone ariko ntabikorere inyandiko.

Banyangiriki Alphonse basimburanye mu kuyobora aka Kagari nawe yari yavuze ko yari ahamaze hafi imyaka 2 atazi ko uwo mubiri ubitsemo kuko atigeze abimenyeshwa ubwo habaga ihererekanyabubasha, ahubwo ko yabibwiwe na Ntakobazangira bari mu nama itegura Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Banyangiriki Alphonse yari yagize ati “Ubwo rero kuri izo tariki ebyiri z’ukwezi kwa 4 k’uyu mwaka, ni ho yambwiye ati ‘uzi ko mu Kagari dufite umubiri ukekwa ko ari uw’umuntu wazize Jenoside’.”

Gitifu Banyangiriki akimara kumva aya makuru yahise ayageza ku buyobozi bw’Umurenge wa Gikundamvura hahita hatangira kwegeranywa amakuru ndetse aho wari wabonetse mu butaka bw’umuturage hakorwa umuganda wo gushaka ibindi bice by’uyu mubiri na byo bishyirwa hamwe n’ibyari bibitse mu Biro by’Akagari.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Sindayiheba Phanuel yari yabwiye RADIOTV10 ko hatangiye gushakishwa amakuru kugira ngo hamenyekane uwagize uruhare mu kudatanga aya makuru bigatuma uwakabaye ashyingurwa mu cyubahiro umubiri we umara imyaka itanu mu bubiko bw’Akagari kandi ko uwo byari kugaragara ko yabigizemo uruhare yagombaga kubihanirwa byaba ku buryo bw’akazi ndeste n’amategeko.

Kuva ku wa kabiri w’iki cyumweru kugeza ubu, Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry ntarahakanira cyangwa ngo yemerere umunyamakuru niba amakuru y’itabwa muri yombi rya Ntakobazangira ari yo ndeste niba ryaba rifitanye isano n’uwo mubiri yabitse mu Kagari ntabitangeho amakuru, gusa amakuru yizewe dufite ni uko uyu Muyobozi yatawe muri yombi, ndetse Umunyamakuru yayahamirijwe n’umwe mu bamusuye.

Uwamusuye aho afungiye, yagize ati “Yego ni byo, namusuye hano kuri Police station ya Muganza.”

Bivugwa ko Ntakobazangira Theogene yafatanywe n’abandi bantu barimo babiri bafite aho bahuriye n’ubutaka uyu mubiri wabonetsemo ndetse n’abari baraye irondo ku munsi uyu nyakwigendera yiciweho nk’uko bavuzwe n’uwitwa Bola Uzima Zakariya wafungiwe icyaha cya Jenoside wari wavuze ko yabonye uyu musore bamuboshye.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Phanuel Sindayiheba na we yirinze kugira byinshi abwira umunyakakuru ku bijyanye n’iri tabwa muri yombi kuko akimara gusoma ubutumwa yamwoherereje bubimusabaho amakuru yabaye nk’ubigendera kure.

Mu butumwa yasubije umunyamakuru, uyu Muyobozi yamusabye ko yabaza amakuru arambuye Urwego rwataye muri yombi uriya Muyobozi.

Byaje kumenyekana ko umubiri wamaze imyaka itanu mu Biro by’Akagari ari uw’umusore witwaga Muhawenimana Callyope wiciwe mu Murenge wa Gikundamvura mu gihe cya Jenoside aho yari yabashije kurokoka ubwicanyi bwabereye kuri kiliziya ya Mibilizi akahava agerageza guhungira i Burundi ariko interahamwe zikamwicira hafi y’aho umubiri we wabonetse.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Next Post

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.