Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Umwuka mubi uvugwa hagati ya Gifitu na SEDO wageze aho bafatana mu mashati, mudugudu arahagoboka

radiotv10by radiotv10
30/08/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Umwuka mubi uvugwa hagati ya Gifitu na SEDO wageze aho bafatana mu mashati, mudugudu arahagoboka
Share on FacebookShare on Twitter

Umwuka mubi uvugwa hagati y’abayobozi mu Kagari ka Burunga mu Murenge wa Gihundwe, wageze aho Umunyamananga Nshingwabikorwa w’Akagari n’ushinzwe Imibereho Myiza n’Iterambere ry’Abaturage (SEDO) benda kurwanira mu Biro bakizwa n’Umuyobozi w’Umudugudu. 

Uwo mu nzego z’ibanze muri aka Kagari wahaye amakuru RADIOTV10, avuga ko hari ku mugoroba saa kumi ubwo Gitifu w’Akagari ka Burunga, Munyemana Jean Claude yageraga ku Biro by’Akagari agasanga SEDO we ari mu biro agatangira kumubwira nabi.

Agira ati “Sedo yari yiriwe mu kazi ku Kagari mugenzi we ahagera ku mugoroba asanga arimo gukora raporo atangira kumutuka ngo wa gicucu we, arangije ngo aramubwira ngo ubu nagukubita, noneho agiye kumukubita urushyi umuyobozi w’Umudugudu wari uhari abajya hagati  birangira gutyo.”

Icyakora Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Burunga, Munyemana Jean Claude uhakana amakuru yo gufatana mu mashati kwe na mugenzi we, akavuga ko n’iyo haba harabayeho ukutumvikana bitagera aho kurwana cyangwa gutukana nk’abayobozi.

Agira ati “Ibyo ntabwo bishoboka, indangagaciro z’abayobozi ni ikindi kindi. Iyo yaba ari indiscipline case. Koko nawe uri ku rwego nk’urwo ndimo wafatana n’umuntu mu biro? Ibyo ntibibaho ntibizigera binabaho.”

Uwineza Jeannette ushinzwe Imibereho Myiza n’Iterambere ry’Abaturage (SEDO) mu Kagari ka Burunga, nubwo yirinze kugira amakuru arambuye abitangaho ariko ntiyahakanye ko atasagariwe na Gitifu

Ati “Gitifu w’Umurenge ari kubikurikirana, reka ntegereze nzakubwira ubundi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe, Jean Pierre Iyakaremye yemereye RADIOTV10 ko ubuyobozi bw’Umurenge bwari busanzwe buzi ko aba bombi badafitanye imikoranire myiza ndetse ko ibyo bikimara kuba umwe yahise abimumenyesha, nyuma bose bakaganirizwa bagafata umwanzuro wo gukorana neza.

Ati “Uwo mwanya SEDO yahise anyandikira ambwira ko Gitifu yari amukubise. Twari tumaze iminsi tubyumva tukabaganiriza noneho ejobundi batubwiye ko batonganiye mu kazi, dufata umwanzuro wo kubajyana muri discipline kugira ngo tubaganirize batuze banigishwe indangagaciro z’akazi.”

Nyuma yo kwitaba ku Murenge bagasasa inzobe, buri wese akavuga ikimubangamiye mu kazi aho byagaragaye ko byari bigeze aho umwe ahamagara undi kuri telefone ntiyitabe, bombi bahavuye biyemeje gushyira hamwe bagafatanya ndeste ubuyobozi bw’Umurenge bukavuga ko nta mpamvu yo kubatandukanya kuko bagomba kuba abantu bakuru bagakorana mu bwumvikane.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + four =

Previous Post

Maj.Gen.Birungi wayoboye urwego rw’Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi

Next Post

Perezida Kagame ari muri Senegal

Related Posts

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
27/10/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora-RCS rwavuze ko ku Igororero rya Nyamasheke mu Karere ka Nyamasheke, harashwe amasasu mu kirere ubwo bamwe...

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

by radiotv10
27/10/2025
0

The Rwanda National Police (RNP) has said it is working closely with other government agencies, including the Rwanda Investigation Bureau...

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

by radiotv10
27/10/2025
0

Mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buhangayikishijwe no kuba hari abaturage batafite aho kuba ndetse n’abafite ahatameze neza bakeneye gusanirwa,...

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

by radiotv10
27/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko ku bufatanye n’izindi nzego zirimo urw’Ubugenzacyaha RIB, bagiye gukurikirana ibyagaragajwe ko hari abacuruzi bashobora gufata...

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

by radiotv10
27/10/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yakoreye impanuka mu Karere ka Ngororero ubwo yari itwaye abari bagiye mu birori...

IZIHERUKA

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda
MU RWANDA

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
27/10/2025
0

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

27/10/2025
Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

27/10/2025
BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

27/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

27/10/2025
Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

27/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ari muri Senegal

Perezida Kagame ari muri Senegal

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.