Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Umwuka mubi uvugwa hagati ya Gifitu na SEDO wageze aho bafatana mu mashati, mudugudu arahagoboka

radiotv10by radiotv10
30/08/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Umwuka mubi uvugwa hagati ya Gifitu na SEDO wageze aho bafatana mu mashati, mudugudu arahagoboka
Share on FacebookShare on Twitter

Umwuka mubi uvugwa hagati y’abayobozi mu Kagari ka Burunga mu Murenge wa Gihundwe, wageze aho Umunyamananga Nshingwabikorwa w’Akagari n’ushinzwe Imibereho Myiza n’Iterambere ry’Abaturage (SEDO) benda kurwanira mu Biro bakizwa n’Umuyobozi w’Umudugudu. 

Uwo mu nzego z’ibanze muri aka Kagari wahaye amakuru RADIOTV10, avuga ko hari ku mugoroba saa kumi ubwo Gitifu w’Akagari ka Burunga, Munyemana Jean Claude yageraga ku Biro by’Akagari agasanga SEDO we ari mu biro agatangira kumubwira nabi.

Agira ati “Sedo yari yiriwe mu kazi ku Kagari mugenzi we ahagera ku mugoroba asanga arimo gukora raporo atangira kumutuka ngo wa gicucu we, arangije ngo aramubwira ngo ubu nagukubita, noneho agiye kumukubita urushyi umuyobozi w’Umudugudu wari uhari abajya hagati  birangira gutyo.”

Icyakora Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Burunga, Munyemana Jean Claude uhakana amakuru yo gufatana mu mashati kwe na mugenzi we, akavuga ko n’iyo haba harabayeho ukutumvikana bitagera aho kurwana cyangwa gutukana nk’abayobozi.

Agira ati “Ibyo ntabwo bishoboka, indangagaciro z’abayobozi ni ikindi kindi. Iyo yaba ari indiscipline case. Koko nawe uri ku rwego nk’urwo ndimo wafatana n’umuntu mu biro? Ibyo ntibibaho ntibizigera binabaho.”

Uwineza Jeannette ushinzwe Imibereho Myiza n’Iterambere ry’Abaturage (SEDO) mu Kagari ka Burunga, nubwo yirinze kugira amakuru arambuye abitangaho ariko ntiyahakanye ko atasagariwe na Gitifu

Ati “Gitifu w’Umurenge ari kubikurikirana, reka ntegereze nzakubwira ubundi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe, Jean Pierre Iyakaremye yemereye RADIOTV10 ko ubuyobozi bw’Umurenge bwari busanzwe buzi ko aba bombi badafitanye imikoranire myiza ndetse ko ibyo bikimara kuba umwe yahise abimumenyesha, nyuma bose bakaganirizwa bagafata umwanzuro wo gukorana neza.

Ati “Uwo mwanya SEDO yahise anyandikira ambwira ko Gitifu yari amukubise. Twari tumaze iminsi tubyumva tukabaganiriza noneho ejobundi batubwiye ko batonganiye mu kazi, dufata umwanzuro wo kubajyana muri discipline kugira ngo tubaganirize batuze banigishwe indangagaciro z’akazi.”

Nyuma yo kwitaba ku Murenge bagasasa inzobe, buri wese akavuga ikimubangamiye mu kazi aho byagaragaye ko byari bigeze aho umwe ahamagara undi kuri telefone ntiyitabe, bombi bahavuye biyemeje gushyira hamwe bagafatanya ndeste ubuyobozi bw’Umurenge bukavuga ko nta mpamvu yo kubatandukanya kuko bagomba kuba abantu bakuru bagakorana mu bwumvikane.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − 3 =

Previous Post

Maj.Gen.Birungi wayoboye urwego rw’Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi

Next Post

Perezida Kagame ari muri Senegal

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ari muri Senegal

Perezida Kagame ari muri Senegal

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.