Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Urujijo ku murambo wabonetse uzingiye mu mufuka

radiotv10by radiotv10
01/08/2023
in MU RWANDA
0
Rusizi: Urujijo ku murambo wabonetse uzingiye mu mufuka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gikari cy’imwe mu nyubako z’ubucuruzi zo mu mujyi wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, habonetse umurambo w’umugore utahise umenyekana imyirondoro ye, wari uzingiye mu mufuka, bikekwa ko amaze iminsi yarishwe.

Uyu murambo wabonetse mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 31 Nyakanga 2023, mu gikari cy’inzu y’ubucuruzi iherereye mu Mudugudu wa Rushakamba mu Kagari ka Kamashangi mu Murenge wa Kamembe.

Wabonetse nyuma y’uko umwe mu bakorera muri iyi nyubako, yumvise umunuko, ahita abwira bagenzi be batangira gushakisha, baza kugwa kuri uyu murambo w’umuntu wari uzingiye mu mufuka.

Umwe agaira na RADIOTV10, yagize ati “Batangiye gushakisha, baza kubona umurambo uzingiye mu mufuka, iruhande rw’ubwiherero, ahantu mu gahegeni.”

Uyu muturage akomeza avuga ko batahise bamenya nyakwigendera, kuko umurambo we wari waratangiye kwangirika, bigaragara ko umaze igihe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre yavuze ko batahise bamenya nyakwigendera kuko umubiri we wangiritse cyane. Uyu murambo wahise ujya gushyingurwa mu irimbi rya Gihundwe ahitwa ku Gaturika.

Uyu muyobozi avuga ko hahise hatangira iperereza kugira ngo hamenyekane icyaba cyarahitanye nyakwigendera n’uburyo umurambo we wageze aho wasanzwe.

Uyu murambo wabonetse nyuma y’amezi atatu nanone muri uyu Mujyi wa Kamembe habonetse umurambo w’umukobwa na wo wari uzingiye mu mufuka, aho nyuma haje gufatwa umwe mu bakekwaho kumwica.

J.de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + eight =

Previous Post

Niger: Abasirikare bahiritse ubutegetsi bakomeje gukora ibyibazwaho

Next Post

Hatangajwe impinduka zihutirwa mu matora yo gushaka uzasimbura Mayor wa Rubavu wegujwe

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RUBAVU: Hari abarembejwe n’abiyise abuzukuru ba shitani

Hatangajwe impinduka zihutirwa mu matora yo gushaka uzasimbura Mayor wa Rubavu wegujwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.