• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Urujijo ku murambo wabonetse uzingiye mu mufuka

radiotv10by radiotv10
01/08/2023
in MU RWANDA
0
Rusizi: Urujijo ku murambo wabonetse uzingiye mu mufuka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gikari cy’imwe mu nyubako z’ubucuruzi zo mu mujyi wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, habonetse umurambo w’umugore utahise umenyekana imyirondoro ye, wari uzingiye mu mufuka, bikekwa ko amaze iminsi yarishwe.

Uyu murambo wabonetse mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 31 Nyakanga 2023, mu gikari cy’inzu y’ubucuruzi iherereye mu Mudugudu wa Rushakamba mu Kagari ka Kamashangi mu Murenge wa Kamembe.

Wabonetse nyuma y’uko umwe mu bakorera muri iyi nyubako, yumvise umunuko, ahita abwira bagenzi be batangira gushakisha, baza kugwa kuri uyu murambo w’umuntu wari uzingiye mu mufuka.

Umwe agaira na RADIOTV10, yagize ati “Batangiye gushakisha, baza kubona umurambo uzingiye mu mufuka, iruhande rw’ubwiherero, ahantu mu gahegeni.”

Uyu muturage akomeza avuga ko batahise bamenya nyakwigendera, kuko umurambo we wari waratangiye kwangirika, bigaragara ko umaze igihe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre yavuze ko batahise bamenya nyakwigendera kuko umubiri we wangiritse cyane. Uyu murambo wahise ujya gushyingurwa mu irimbi rya Gihundwe ahitwa ku Gaturika.

Uyu muyobozi avuga ko hahise hatangira iperereza kugira ngo hamenyekane icyaba cyarahitanye nyakwigendera n’uburyo umurambo we wageze aho wasanzwe.

Uyu murambo wabonetse nyuma y’amezi atatu nanone muri uyu Mujyi wa Kamembe habonetse umurambo w’umukobwa na wo wari uzingiye mu mufuka, aho nyuma haje gufatwa umwe mu bakekwaho kumwica.

J.de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 11 =

Previous Post

Niger: Abasirikare bahiritse ubutegetsi bakomeje gukora ibyibazwaho

Next Post

Hatangajwe impinduka zihutirwa mu matora yo gushaka uzasimbura Mayor wa Rubavu wegujwe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
RUBAVU: Hari abarembejwe n’abiyise abuzukuru ba shitani

Hatangajwe impinduka zihutirwa mu matora yo gushaka uzasimbura Mayor wa Rubavu wegujwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.