Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

radiotv10by radiotv10
28/11/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo mu Mujyi wa London mu Bwongereza.

Uyu rutahizamu wa Arsenal, Bukayo Saka, yasabye Tolami Benson kuzamushyingirwa akamubera umugore nyuma y’imyaka itanu bakundana.

Ibi birori byaraye bibereye muri hoteli ikomeye yo mu Mujyi wa London mu ijoro ryo ku wa Kane tariki ya 27 Ugushyingo 2025, aho Bukayo Saka yamwambitse impeta yiswe iy’agatangaza n’abayibonye.

Saka na Benson, bombi bafite imyaka 24, batangiye guteretana mu 2020, ariko ntibabishyiraga ku karubanda nko ku mbuga nkoranyambaga zabo cyangwa ngo basangize abantu amafoto yabo bari kumwe, yewe nta n’umwe ukurikirana undi kuri Instagram.

Urukundo rwabo rwatangiye kugaragara ku mugaragaro bwa mbere mu gikombe cy’Isi cya 2022 cyabereye muri Qatar, ubwo bafotorwaga bari kwishimira mu bafana i Doha.

Nyuma y’aho, Benson yagaragaye mu bafana b’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza muri Euro 2024, ndetse hagaragaye n’ifoto barimo gusomana nyuma y’umukino w’u Bwongereza na Slovenia banganyijemo 0–0 mu 2024.

Mu mukino u Bwongereza bwatsinzemo Serbia 1–0, Benson yari yambaye ijipo ya leather yihariye iriho nimero 87, ari yo Bukayo Saka yambaraga akimara kwinjira mu ikipe nkuru ya Arsenal mu 2018–19.

Ku mbuga nkoranyambaga za Benson hagaragaramo byinshi bijyanye na Arsenal ndetse no kuba inshuti n’abagore b’abakinnyi b’iyo kipe, nka Milly White (umugore wa Ben White) na Laura Trossard (umugore wa Leandro Trossard), ariko Saka we ntaho agaragara mu mafoto ye.

Benson akomoka i Hatfield, Hertfordshire, kandi yize public relations and media muri Birmingham City University.

Ku rubuga rwe rwa Instagram huzuyeho amafoto y’ubuzima bw’icyubahiro, indege z’ubucuruzi bwihariye, amahoteli y’akataraboneka, n’ifoto yerekana ko akunda Arsenal ubwo yarimo kwitoreza kurasa ku butaka bwo mu cyaro.

Umukunzi we Bukayo Saka, na we utuje cyane ku bijyanye n’ubuzima bwe bwite, afite abamukurikira kuri Instagram bangana na miliyoni 7 n’ibihumbi 600, ariko na we ntagaragaza urukundo rwe rwa hafi na Benson rumaze imyaka ine.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − one =

Previous Post

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Next Post

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.