Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rutahizamu wabonwaga nk’inyenyeri ya ruhago y’Isi yongeye kurira ayo kwarika

radiotv10by radiotv10
19/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rutahizamu wabonwaga nk’inyenyeri ya ruhago y’Isi yongeye kurira ayo kwarika
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Al Hilal n’ikipe y’Igihugu ya Brazil, Neymar Junior wafatwaga nk’uzahangwa amaso muri ruhago y’Isi, ariko akaba atarakunze koroherwa n’imvune, yongeye kuvunika bikomeye ubwo ikipe ye y’Igihugu ya Brazil yakinaga na Uruguay.

Muri uyu mukino warangiye Brazil itsinzwe ibitego bibiri ku busa, wabereye muri stade ya Centanirio, uyu rutahizamu udakunze kumara kabiri adafite imvuye, yituye hasi ku munota wa 44’ nyuma y’uko byaje kwemezwa ko yagize imvune ikomeye igomba gutuma abagwa, aho biteganyijwe ko ashobora kongera kumara hanze amezi arenga 4 adakina.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram, Neymar yagize ati “Ni ibihe bibabaje cyane ndimo ndetse ni bibi cyane, ubundi ndabizi ko ndi umuntu ukomeye kandi w’umunyembaraga, ariko ubu ngeze ahantu nkeneye cyane umuryango wanjye, inshuti zanjye n’abandi babasha kumba hafi. Ntabwo ari ibintu byoroshye kuvunika ndetse ukanabagwa, mutekereze namwe kongera kuvunika imvune y’igihe kirekire nyamara wari umaze amezi 4 urimo ugerageza gukira indi mvune.”

Ikipe ye ya Al Hilal yamwoherereje ubutumwa bumwihanganisha bashyira ifoto ye ku mbuga nkoranyambaga zayo bagira bati “Ukire vuba Neymar.”

Uyu mugabo yagiye agira imvune nyinshi kuva yagera muri PSG yo mu Bufaransa mu mwaka wa 2017 kugeza mu mpeshyi iheruka ubwo yerekezaga mu Barabu aguzwe arenga Miliyoni 100 USD. Iyi kipe yari amaze kuyitsindira igitego 1 mu mikino 5 amaze kuyikinira mu marushanwa yose.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Abanyura hafi y’Igorerero rimwe mu Rwanda bahishuye ikibabangamiye batahwemye kuvuga

Next Post

M23 yabaye nk’icira umugani Tshisekedi imwibutsa ingingo yibeshyeho

Related Posts

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

IZIHERUKA

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi
AMAHANGA

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yabaye nk’icira umugani Tshisekedi imwibutsa ingingo yibeshyeho

M23 yabaye nk’icira umugani Tshisekedi imwibutsa ingingo yibeshyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.