Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rutshuru: MONUSCO baje kuyigaragambiriza imbere bayibwira ko mu myaka 20 ihamaze ntacyo yabamariye

radiotv10by radiotv10
25/07/2022
in MU RWANDA
0
Rutshuru: MONUSCO baje kuyigaragambiriza imbere bayibwira ko mu myaka 20 ihamaze ntacyo yabamariye
Share on FacebookShare on Twitter

Abanye-Congo benshi baramukiye mu myigaragambyo yabereye ku birindiro bya MONUSCO biherereye i Nyamilima muri Teritwari ya Rutshuru, bayisaba kuva mu Gihugu cyabo ngo kuko mu myaka irenga 20 ntacyo yabamariye.

Iyi myigaragambyo yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022, yateguwe n’ishyirahamwe ry’impirimbanyi z’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu rizwi nka LUCHA.

Ubuyobozi bw’iri shyirahamwe, bwagize buti “Muri iki gitondo duteraniye imbere y’ibirindi bya MONUSCO i Nyamilima muri Rutshuru kugira ngo dusabe ko ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye buhagarara kuko ntacyo bwamaze mu kutugezaho umutekano kuva mu myaka irenga 20.”

Ubutumwa bwa LUCHA buherekejwe n’amafoto agaragaza abaturage benshi biraye mu mihanda bari mu myigaragambyo, hakaba n’abandi bahagaze imbere y’ibirindi bya MONUSCO bafite ibyapa bisaba izi ngabo kuva muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iri shyirahamwe rivuga ko ibikorwa by’imyigaragambyo nk’ibi byo gusaba MONUSCO gutaha, bizakomeza kugeza igihe icyifuzo cyabo kizubahirizwa.

Iyi myigaragambyo yabereye imbere y’ibirindiro bya MONUSCO muri Rutshuru, yabaye muri iki gitondo mu gihe iyagombaga kubera mu Mujyi wa Goma y’Urubyiruko rwo mu Ishyaka UPDS rya Perezida Felix Tshisekedi, yo yaburijwemo n’ubuyobozi bw’uyu mujyi.

Iyagombaga kubera i Goma yatangiye kuvugwa mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, aho byavugwaga ko uru rubyiruko na rwo rugoma kuramukira mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022.

Iyi myigaragambyo y’urubyiruko rwo muri UPDS yaburijwemo nyuma yuko umuyobozi w’Umujyi wa Goma, Colonel François Kabeya asohoye itangazo kuri iki Cyumweru tariki 24 Nyakanga 2022, ribuza imyigaragambyo yose itatangiwe uburenganzira.

Gusa ntibyabujije ab’inkwakuzi kwirara mu mihanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, dore ko hari urubyiruko rwakoze iyi myigaragambyo rusaba ko MONUSCO itaha vuba na bwangu kandi nta mananiza.

Abaturage benshi baramukiye mu myigaragambyo
Baje ku birindiro bya MONUSCO bayisaba gutaha

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 11 =

Previous Post

Ibyishimo bikomeje gusendera mu muryango w’Umunyamakuru Taifa uherutse kwerecyeza muri USA

Next Post

Kigali: Hamenyekanye igihano cyakatiwe umukozi wo mu rugo wishe umwana amumanitse mu mugozi

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Hamenyekanye igihano cyakatiwe umukozi wo mu rugo wishe umwana amumanitse mu mugozi

Kigali: Hamenyekanye igihano cyakatiwe umukozi wo mu rugo wishe umwana amumanitse mu mugozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.