Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rutshuru: MONUSCO baje kuyigaragambiriza imbere bayibwira ko mu myaka 20 ihamaze ntacyo yabamariye

radiotv10by radiotv10
25/07/2022
in MU RWANDA
0
Rutshuru: MONUSCO baje kuyigaragambiriza imbere bayibwira ko mu myaka 20 ihamaze ntacyo yabamariye
Share on FacebookShare on Twitter

Abanye-Congo benshi baramukiye mu myigaragambyo yabereye ku birindiro bya MONUSCO biherereye i Nyamilima muri Teritwari ya Rutshuru, bayisaba kuva mu Gihugu cyabo ngo kuko mu myaka irenga 20 ntacyo yabamariye.

Iyi myigaragambyo yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022, yateguwe n’ishyirahamwe ry’impirimbanyi z’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu rizwi nka LUCHA.

Ubuyobozi bw’iri shyirahamwe, bwagize buti “Muri iki gitondo duteraniye imbere y’ibirindi bya MONUSCO i Nyamilima muri Rutshuru kugira ngo dusabe ko ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye buhagarara kuko ntacyo bwamaze mu kutugezaho umutekano kuva mu myaka irenga 20.”

Ubutumwa bwa LUCHA buherekejwe n’amafoto agaragaza abaturage benshi biraye mu mihanda bari mu myigaragambyo, hakaba n’abandi bahagaze imbere y’ibirindi bya MONUSCO bafite ibyapa bisaba izi ngabo kuva muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iri shyirahamwe rivuga ko ibikorwa by’imyigaragambyo nk’ibi byo gusaba MONUSCO gutaha, bizakomeza kugeza igihe icyifuzo cyabo kizubahirizwa.

Iyi myigaragambyo yabereye imbere y’ibirindiro bya MONUSCO muri Rutshuru, yabaye muri iki gitondo mu gihe iyagombaga kubera mu Mujyi wa Goma y’Urubyiruko rwo mu Ishyaka UPDS rya Perezida Felix Tshisekedi, yo yaburijwemo n’ubuyobozi bw’uyu mujyi.

Iyagombaga kubera i Goma yatangiye kuvugwa mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, aho byavugwaga ko uru rubyiruko na rwo rugoma kuramukira mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022.

Iyi myigaragambyo y’urubyiruko rwo muri UPDS yaburijwemo nyuma yuko umuyobozi w’Umujyi wa Goma, Colonel François Kabeya asohoye itangazo kuri iki Cyumweru tariki 24 Nyakanga 2022, ribuza imyigaragambyo yose itatangiwe uburenganzira.

Gusa ntibyabujije ab’inkwakuzi kwirara mu mihanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, dore ko hari urubyiruko rwakoze iyi myigaragambyo rusaba ko MONUSCO itaha vuba na bwangu kandi nta mananiza.

Abaturage benshi baramukiye mu myigaragambyo
Baje ku birindiro bya MONUSCO bayisaba gutaha

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Ibyishimo bikomeje gusendera mu muryango w’Umunyamakuru Taifa uherutse kwerecyeza muri USA

Next Post

Kigali: Hamenyekanye igihano cyakatiwe umukozi wo mu rugo wishe umwana amumanitse mu mugozi

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Hamenyekanye igihano cyakatiwe umukozi wo mu rugo wishe umwana amumanitse mu mugozi

Kigali: Hamenyekanye igihano cyakatiwe umukozi wo mu rugo wishe umwana amumanitse mu mugozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.