Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Batuye mu mazi rwagati ariko ntibagira ayo gukoresha

radiotv10by radiotv10
03/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Batuye mu mazi rwagati ariko ntibagira ayo gukoresha
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye ku Kirwa cya Bugarura mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko bambuka umugezi w’amazi bagiye gushaka ayo kunywa n’ayo gutekesha, nyamara bagakwiye gutunganyirizwa aya baturiye, ntibajye kuyashaka kure.

Abo baturage batuye ku kirwa cya Bugarura giherereye rwagati mu kiyaga cya Kivu mu Kagari ka Bushaka Umurenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro bavuga ko batazi amazi meza kuko kuri iki kirwa hatigeze ivomo rusange ryayo.

Umwe yagize atin “Nta mazi dufite yo kunywa, muri macye, bagerageje kuza kudukorera amazi [amazi y’udusoko atemba] ariko badukorera ka robine ubona kadafashije, ako ka robine rero nako kahise gacika kagira ikibazo kugeza ubu nta mazi meza dufite tunywa.”

Bakomeza bavuga ko nubwo batuye rwagati mu mazi bagorwa no kubona amazi yo kunywa kuko akenshi bayambuka bajya gushaka andi nyamara nayo atari meza bityo bikabatwara ikiguzi kiri hagati ya 200 Frw na 400 Frw.

Undi ati “Tukohereza nk’abanaimusozi cyangwa se natwe tukambuka tukajya kuvoma hakurya, ubwo bikadusaba nyine kuza hano ugatanga igiceri bakakwambutsa ukajya kuvoma, tuvoma kuri robine zaho [robine z’amazi atemba y’udusoko] bwo ntakibazo batugiraho turagenda tukavoma.”

Bakomeza bavuga ko bagirwaho ingaruka no gukoresha amazi mabi bagasaba ko bahabwa amazi meza kuri iki kirwa.

Undi ati “None se urumva kunywa amazi adatetse hari abo bigiraho ikibazo bakaba barware nyine bitewe no kuba banyoye amazi adafite isuku.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa avuga ko ubuyobozi bukomeje gukora ubuvugizi kugira ngo aba baturage babashe kubona amazi meza abegereye ku Kirwa batuyeho.

Ati “Nta mazi abayo twagiyeyo kenshi cyane, ni ubuvugizi bugikomeza kuko no kwambutsa amatiyo urabizi ni ku kirwa, ni ubuvugizi bugikomeje kugira ngo dukore inyigo y’uburyo amazi yabageraho.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − eight =

Previous Post

Amakuru mashya kuri rutahizamu wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda byakekwaga ko yahagaritse ruhago

Next Post

Perezida Kagame yoherereje Perezida mushya wa Senegal impano n’ubutumwa bwihariye

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yoherereje Perezida mushya wa Senegal impano n’ubutumwa bwihariye

Perezida Kagame yoherereje Perezida mushya wa Senegal impano n’ubutumwa bwihariye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.