Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Batuye mu mazi rwagati ariko ntibagira ayo gukoresha

radiotv10by radiotv10
03/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Batuye mu mazi rwagati ariko ntibagira ayo gukoresha
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye ku Kirwa cya Bugarura mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko bambuka umugezi w’amazi bagiye gushaka ayo kunywa n’ayo gutekesha, nyamara bagakwiye gutunganyirizwa aya baturiye, ntibajye kuyashaka kure.

Abo baturage batuye ku kirwa cya Bugarura giherereye rwagati mu kiyaga cya Kivu mu Kagari ka Bushaka Umurenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro bavuga ko batazi amazi meza kuko kuri iki kirwa hatigeze ivomo rusange ryayo.

Umwe yagize atin “Nta mazi dufite yo kunywa, muri macye, bagerageje kuza kudukorera amazi [amazi y’udusoko atemba] ariko badukorera ka robine ubona kadafashije, ako ka robine rero nako kahise gacika kagira ikibazo kugeza ubu nta mazi meza dufite tunywa.”

Bakomeza bavuga ko nubwo batuye rwagati mu mazi bagorwa no kubona amazi yo kunywa kuko akenshi bayambuka bajya gushaka andi nyamara nayo atari meza bityo bikabatwara ikiguzi kiri hagati ya 200 Frw na 400 Frw.

Undi ati “Tukohereza nk’abanaimusozi cyangwa se natwe tukambuka tukajya kuvoma hakurya, ubwo bikadusaba nyine kuza hano ugatanga igiceri bakakwambutsa ukajya kuvoma, tuvoma kuri robine zaho [robine z’amazi atemba y’udusoko] bwo ntakibazo batugiraho turagenda tukavoma.”

Bakomeza bavuga ko bagirwaho ingaruka no gukoresha amazi mabi bagasaba ko bahabwa amazi meza kuri iki kirwa.

Undi ati “None se urumva kunywa amazi adatetse hari abo bigiraho ikibazo bakaba barware nyine bitewe no kuba banyoye amazi adafite isuku.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa avuga ko ubuyobozi bukomeje gukora ubuvugizi kugira ngo aba baturage babashe kubona amazi meza abegereye ku Kirwa batuyeho.

Ati “Nta mazi abayo twagiyeyo kenshi cyane, ni ubuvugizi bugikomeza kuko no kwambutsa amatiyo urabizi ni ku kirwa, ni ubuvugizi bugikomeje kugira ngo dukore inyigo y’uburyo amazi yabageraho.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 7 =

Previous Post

Amakuru mashya kuri rutahizamu wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda byakekwaga ko yahagaritse ruhago

Next Post

Perezida Kagame yoherereje Perezida mushya wa Senegal impano n’ubutumwa bwihariye

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yoherereje Perezida mushya wa Senegal impano n’ubutumwa bwihariye

Perezida Kagame yoherereje Perezida mushya wa Senegal impano n’ubutumwa bwihariye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.