Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Batuye mu mazi rwagati ariko ntibagira ayo gukoresha

radiotv10by radiotv10
03/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Batuye mu mazi rwagati ariko ntibagira ayo gukoresha
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye ku Kirwa cya Bugarura mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko bambuka umugezi w’amazi bagiye gushaka ayo kunywa n’ayo gutekesha, nyamara bagakwiye gutunganyirizwa aya baturiye, ntibajye kuyashaka kure.

Abo baturage batuye ku kirwa cya Bugarura giherereye rwagati mu kiyaga cya Kivu mu Kagari ka Bushaka Umurenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro bavuga ko batazi amazi meza kuko kuri iki kirwa hatigeze ivomo rusange ryayo.

Umwe yagize atin “Nta mazi dufite yo kunywa, muri macye, bagerageje kuza kudukorera amazi [amazi y’udusoko atemba] ariko badukorera ka robine ubona kadafashije, ako ka robine rero nako kahise gacika kagira ikibazo kugeza ubu nta mazi meza dufite tunywa.”

Bakomeza bavuga ko nubwo batuye rwagati mu mazi bagorwa no kubona amazi yo kunywa kuko akenshi bayambuka bajya gushaka andi nyamara nayo atari meza bityo bikabatwara ikiguzi kiri hagati ya 200 Frw na 400 Frw.

Undi ati “Tukohereza nk’abanaimusozi cyangwa se natwe tukambuka tukajya kuvoma hakurya, ubwo bikadusaba nyine kuza hano ugatanga igiceri bakakwambutsa ukajya kuvoma, tuvoma kuri robine zaho [robine z’amazi atemba y’udusoko] bwo ntakibazo batugiraho turagenda tukavoma.”

Bakomeza bavuga ko bagirwaho ingaruka no gukoresha amazi mabi bagasaba ko bahabwa amazi meza kuri iki kirwa.

Undi ati “None se urumva kunywa amazi adatetse hari abo bigiraho ikibazo bakaba barware nyine bitewe no kuba banyoye amazi adafite isuku.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa avuga ko ubuyobozi bukomeje gukora ubuvugizi kugira ngo aba baturage babashe kubona amazi meza abegereye ku Kirwa batuyeho.

Ati “Nta mazi abayo twagiyeyo kenshi cyane, ni ubuvugizi bugikomeza kuko no kwambutsa amatiyo urabizi ni ku kirwa, ni ubuvugizi bugikomeje kugira ngo dukore inyigo y’uburyo amazi yabageraho.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 15 =

Previous Post

Amakuru mashya kuri rutahizamu wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda byakekwaga ko yahagaritse ruhago

Next Post

Perezida Kagame yoherereje Perezida mushya wa Senegal impano n’ubutumwa bwihariye

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yoherereje Perezida mushya wa Senegal impano n’ubutumwa bwihariye

Perezida Kagame yoherereje Perezida mushya wa Senegal impano n’ubutumwa bwihariye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.