Friday, May 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Gahunda bashimaga batangiye kuyikemanga kubera ibyabaye batayitekerezagaho

radiotv10by radiotv10
17/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rutsiro: Gahunda bashimaga batangiye kuyikemanga kubera ibyabaye batayitekerezagaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, baravuga ko batangiye gucika intege muri gahunda y’ubwizigamire bwa ‘Ejo Heza’ nyuma y’uko hari abamze umwaka bategereje amafaranga ahabwa abazungura b’abitabye Imana, ariko amaso akaba yaraheze mu kirere.

Nzabonimpa Pierre avuga ko umubyeyi we yitabye Imana mu kwezi kwa karindwi umwaka ushize wa 2022 ahita abimenyekanisha ku nzego zishinzwe Ejo Heza muri aka Karere.

Ati “Nageze ku Murenge bampa ibyangombwa bisabwa, mbijyana ku Karere na bo barambwira ngo bazabijyana i Kigali, none umwaka urashize.”

Nzabonimpa uvuga ko umubyeyi we yari amaze imyaka ibiri atanga ubwizagamire muri Ejo Heza, avuga ko n’amafaranga yo guherekeza uwitabye Imana, batayabonye.

Ati “Yitabye Imana dutegereza ko badufasha kandi bavuga ko iyo yitabye Imana ari muri EjoHeza batanga ibihumbi 220 byo kumushyingura neza, twaragurishije agasambu yari afite twagombaga gusigarana turamushyingura.”

Kimwe n’abandi baturage bo muri aka gace bavuga ko bategereje kugobokwa na Ejo Heza bagaheba, bavuga ibi byabaciye intege nyamara Leta idahwema kubashishikariza gutanga imisanzu muri iki kigega.

Undi muturage ati “umugabane yari yarawugejejeho waranarenze. Uzi ko bavugaga ngo nugera ku mugabane bazagukubira kabiri, twarakurikiranye batubwira ngo ejo bazayaduha reka data, bamukataga amafaranga icyatanu (1 500 Frw) buri uko agiye gufata amafaranga yo muri VUP y’abasaza, ubwo tuvuye ku Karere, baratubwira ngo mugende mutegereze baduha na za code ngo amafaranga azasohokeraho.”

Aba baturage bavuga ko nubwo bakomeje gutanga imisanzu muri Ejo Heza, ariko bayatanga batishimye kuko baba babihatiwe.

Undi ati “Ni uko ari itegeko rya Leta, ariko ntabwo tuyatanga twishimye kuko n’ayatanzwe mbere ntayo twabonye. Ntabwo twaburana na Leta ariko ku mitima yacu bwo ntabwo tuba twishimye.”

Umukozi ushinzwe EjoHeza mu Karere ka Rutsiro, Nyirabagurinzira Jacqueline ntiyemeranya n’aba baturage bavuga ko bamaze umwaka batarabona amafaranga bagenewe ahubwo akavuga ko ikibazo ari icyabo kuko batarasobanukirwa neza n’ikoranabuhanga, ku buryo bishyurwa ntibabimenye.

Ati “Ni ukuvuga ngo kubera ko abazungura ntabwo baba aribo bazigamye, bagiye rero basubizwa amafaranga y’imisanzu ya ba nyakwigendera kubera ko batujuje bya bihumbi 15, umuntu akaba afitemo yenda nk’ibihumbi nka 12 ni urugero, icyo asubizwa ni umusanzu kubera ko atagejeje kuri wa mugabane ugomba guhabwa isanduka n’impozamarira ariko bo mu myumvire yabo bazi ko umuntu wese wagiye muri EjoHeza ibyo byose agomba kubihabwa.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndahimana Ishimwe Justin says:
    3 years ago

    Niko bimeze jye papa yapfuye mu kwa mbere afite ubwozigame bwa 74000 ariko nya nubu wapi amaso yaheze mu kirere,Kagame aracyaruha atuvuganire pee

    Reply

Leave a Reply to Ndahimana Ishimwe Justin Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 4 =

Previous Post

Amakuru agezweho y’urugamba rwa FARDC na M23 rukomeje kugaragaramo ibishya

Next Post

Uko isabune yatumye babiri bafatanwa ibitemewe na bo bagatabwa muri yombi

Related Posts

Should Social Media Be Banned for the Youth?

Should Social Media Be Banned for the Youth?

by radiotv10
30/04/2026
0

The Minister of ICT and Innovation said that the government of Rwanda is considering introducing a law that would restrict...

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

by radiotv10
30/04/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwatangaje ko rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Mageragere mu Karere ka Nyarugenge, ukurikiranyweho ibyaha bya ruswa no...

Ingabo z’u Rwanda zungutse ibikorwa remezo bizifasha mu myitozo birimo Gym igezweho

Ingabo z’u Rwanda zungutse ibikorwa remezo bizifasha mu myitozo birimo Gym igezweho

by radiotv10
30/04/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga, yayoboye umuhango wo gusoza imyitozo y’abasirikare bo mu mutwe ushinzwe imyitwarire myiza...

Perezida Kagame ategerejwe muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Perezida Kagame ategerejwe muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

by radiotv10
30/04/2026
0

Perezida Paul Kagame agiye kugirira uruzinduko rw’Iminsi ibiri muri Botswana ku butumire bwa mugenzi we uyobora iki Gihugu, Duma Gideon...

Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri

Amakuru mashya: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko kugira ngo hizihizwe uw’umurimo

by radiotv10
30/04/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Gicurasi, ari umunsi w’Ikiruhuko mu rwego rwo...

IZIHERUKA

Should Social Media Be Banned for the Youth?
IMIBEREHO MYIZA

Should Social Media Be Banned for the Youth?

by radiotv10
30/04/2026
0

Amakuru mashya: Umunyamakuru DC Clement yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru DC Clement yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

30/04/2026
Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

30/04/2026
Ingabo z’u Rwanda zungutse ibikorwa remezo bizifasha mu myitozo birimo Gym igezweho

Ingabo z’u Rwanda zungutse ibikorwa remezo bizifasha mu myitozo birimo Gym igezweho

30/04/2026
Perezida Kagame ategerejwe muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Perezida Kagame ategerejwe muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

30/04/2026
Hamenyekanye igihe Umunyamakuru Djihad n’abo baregwa hamwe bazasubirira imbere y’Urukiko

Hamenyekanye igihe Umunyamakuru Djihad n’abo baregwa hamwe bazasubirira imbere y’Urukiko

30/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko isabune yatumye babiri bafatanwa ibitemewe na bo bagatabwa muri yombi

Uko isabune yatumye babiri bafatanwa ibitemewe na bo bagatabwa muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Should Social Media Be Banned for the Youth?

Amakuru mashya: Umunyamakuru DC Clement yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.