Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Gahunda bashimaga batangiye kuyikemanga kubera ibyabaye batayitekerezagaho

radiotv10by radiotv10
17/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rutsiro: Gahunda bashimaga batangiye kuyikemanga kubera ibyabaye batayitekerezagaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, baravuga ko batangiye gucika intege muri gahunda y’ubwizigamire bwa ‘Ejo Heza’ nyuma y’uko hari abamze umwaka bategereje amafaranga ahabwa abazungura b’abitabye Imana, ariko amaso akaba yaraheze mu kirere.

Nzabonimpa Pierre avuga ko umubyeyi we yitabye Imana mu kwezi kwa karindwi umwaka ushize wa 2022 ahita abimenyekanisha ku nzego zishinzwe Ejo Heza muri aka Karere.

Ati “Nageze ku Murenge bampa ibyangombwa bisabwa, mbijyana ku Karere na bo barambwira ngo bazabijyana i Kigali, none umwaka urashize.”

Nzabonimpa uvuga ko umubyeyi we yari amaze imyaka ibiri atanga ubwizagamire muri Ejo Heza, avuga ko n’amafaranga yo guherekeza uwitabye Imana, batayabonye.

Ati “Yitabye Imana dutegereza ko badufasha kandi bavuga ko iyo yitabye Imana ari muri EjoHeza batanga ibihumbi 220 byo kumushyingura neza, twaragurishije agasambu yari afite twagombaga gusigarana turamushyingura.”

Kimwe n’abandi baturage bo muri aka gace bavuga ko bategereje kugobokwa na Ejo Heza bagaheba, bavuga ibi byabaciye intege nyamara Leta idahwema kubashishikariza gutanga imisanzu muri iki kigega.

Undi muturage ati “umugabane yari yarawugejejeho waranarenze. Uzi ko bavugaga ngo nugera ku mugabane bazagukubira kabiri, twarakurikiranye batubwira ngo ejo bazayaduha reka data, bamukataga amafaranga icyatanu (1 500 Frw) buri uko agiye gufata amafaranga yo muri VUP y’abasaza, ubwo tuvuye ku Karere, baratubwira ngo mugende mutegereze baduha na za code ngo amafaranga azasohokeraho.”

Aba baturage bavuga ko nubwo bakomeje gutanga imisanzu muri Ejo Heza, ariko bayatanga batishimye kuko baba babihatiwe.

Undi ati “Ni uko ari itegeko rya Leta, ariko ntabwo tuyatanga twishimye kuko n’ayatanzwe mbere ntayo twabonye. Ntabwo twaburana na Leta ariko ku mitima yacu bwo ntabwo tuba twishimye.”

Umukozi ushinzwe EjoHeza mu Karere ka Rutsiro, Nyirabagurinzira Jacqueline ntiyemeranya n’aba baturage bavuga ko bamaze umwaka batarabona amafaranga bagenewe ahubwo akavuga ko ikibazo ari icyabo kuko batarasobanukirwa neza n’ikoranabuhanga, ku buryo bishyurwa ntibabimenye.

Ati “Ni ukuvuga ngo kubera ko abazungura ntabwo baba aribo bazigamye, bagiye rero basubizwa amafaranga y’imisanzu ya ba nyakwigendera kubera ko batujuje bya bihumbi 15, umuntu akaba afitemo yenda nk’ibihumbi nka 12 ni urugero, icyo asubizwa ni umusanzu kubera ko atagejeje kuri wa mugabane ugomba guhabwa isanduka n’impozamarira ariko bo mu myumvire yabo bazi ko umuntu wese wagiye muri EjoHeza ibyo byose agomba kubihabwa.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndahimana Ishimwe Justin says:
    2 years ago

    Niko bimeze jye papa yapfuye mu kwa mbere afite ubwozigame bwa 74000 ariko nya nubu wapi amaso yaheze mu kirere,Kagame aracyaruha atuvuganire pee

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 11 =

Previous Post

Amakuru agezweho y’urugamba rwa FARDC na M23 rukomeje kugaragaramo ibishya

Next Post

Uko isabune yatumye babiri bafatanwa ibitemewe na bo bagatabwa muri yombi

Related Posts

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

IZIHERUKA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
MU RWANDA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko isabune yatumye babiri bafatanwa ibitemewe na bo bagatabwa muri yombi

Uko isabune yatumye babiri bafatanwa ibitemewe na bo bagatabwa muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.