Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rutsiro: Inzu batujwemo bakazijyamo bazishimiye ubu ni amarira

radiotv10by radiotv10
21/11/2023
in MU RWANDA
0
Rutsiro: Inzu batujwemo bakazijyamo bazishimiye ubu ni amarira
Share on FacebookShare on Twitter

Abatujwe mu mudugudu wa Rukomero wo mu Murenge wa Nyabirasi mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko bahorana ubwoba bw’inzu bubakiwe kuko zikunda guhura n’ibiza, ku buryo barara badasinziriye bafite ubwoba ko zabagwaho.

Imwe muri izi nzu iherutse kuvaho igisenge, kiraguruka, kandi uyibamo aracyayirimo amaze ibyumweru bibiri ayirimo yarangiritse.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze kuri iyi nzu nyirayo adahari, yahamirijwe n’abaturanyi ko ayibamo nubwo imeze uko.

Umwe mu baturanyi yagize ati “anabamo kuva iyo mpanuka yaba ubu ngubu anarimo kugeza n’ubu ni uko yagiye.”

Abatujwe muri uyu mudugudu bakomeza bagaragaza ko uretse n’iyi nzu iheruka gusenyuka bamwe bahorana ubwoba kubera ko izi nzu zihora zihura n’ibiza.

Umwe ati “Ziri ku manegeka zihora zigwa kubera Ibiza, buri gihe iyo imvura iguye turikanga ngo ziratugwaho.”

Baziraramo bafite ubwoba ko zabagwira

Bavuga ko hari n’uwo inzu yagwiriye bakamujyana kwa muganga. Undi ati “Hatarashira n’icyumweru inzu iba iraridutse iramukubita, tuba turamuhetse tumugeza ku Kigo Nderabuzima bamujyana i Gisenyi ahubwo ni n’Imana yahabaye kuko twasanze ibi byose byakubise biragenda.”

Bavuga ko iyo umuyaga uje ari mwinshi, izi nzu zangirika kuko zubatswe zisondetswe, ku buryo hari bamwe bajya gucumbika.

Undi muturage ati “Biterwa n’abazubaka kuko si twe tuzubaka. Ni abaza kuzubaka bakazubaka bari kuzineneka ubusabusa, bari  kwikizakiza ntibazikomeze.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge wa Nyabirasi, Mpirwa Migabo avuga ko ibiza bikunze kwibasira izi nzu biterwa n’uko zubatswe mu buryo bw’umuganda ndetse amatafari atumye neza.

Ati “Twagiye tuzubaka muri ya periode y’imvura amatafari atumye neza, ni yo mpamvu zagiye zibomoka, ariko tugenda tuzisana uko ubushobozi bugenda buboneka.”

Avuga kandi ko nk’umuturage uba mu nzu iherutse kwangirika bikabije, yabaye acumbikiwe na mugenzi we kugira ngo iye ibanze isanwe.

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 13 =

Previous Post

Abanya-Cuba bageneye Abanyarwanda ubutumwa babinyujije ku muyobozi ukomeye wabo uri mu Rwanda

Next Post

Gicumbi: Hatangajwe amakuru ku bakekwaho kunyereza miliyoni 690Frw za Koperative

Related Posts

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

by radiotv10
04/12/2025
0

Kigali is quickly becoming one of East Africa’s most exciting hubs for creative talent. From photography and fashion to content...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

IZIHERUKA

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo
AMAHANGA

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

04/12/2025
How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

04/12/2025
ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Gicumbi: Hatangajwe amakuru ku bakekwaho kunyereza miliyoni 690Frw za Koperative

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.