Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ruvamwabo amaze imyaka 26 arwaye igisebe cyamuviriyemo kanseri

radiotv10by radiotv10
01/07/2021
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ruvamwabo amaze imyaka 26 arwaye igisebe cyamuviriyemo kanseri
Share on FacebookShare on Twitter

Ruvamwabo Bosco aravuga ko amaze imyaka 26 arwaye igisebe cyamuviriyemo kanseri none ngo yabuze ubufasha bumugeza kwa muganga kuko ibyo yaratunze  yabimaze yivuza  none arifuza ko umugiranza wese yamufasha.

Ruvamwabo Bosco ni umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35 atuye mu karere ka Gasabo, umurenge wa Jabana   avuga ko amaranye igisebe imyaka 26 yatewe no kuribwa n’umusundwe. Uyu mugabo avuga  yivuje iyimyaka yose uko ari 26 ariko igisebe cyanze gukira  ku buryo cyahindutsemo uburwayi bwa kanseri nk’uko abaganga baherutse kubimubwira.

Screen Shot 2021-07-01 at 13.34.42.png

Screen Shot 2021-07-01 at 13.34.34.png

Uburwayi bwa Ruvamwabo Bosco avuga ko nta bushobozi afite bwo kubwivuza

Ruvamwabo avuga ko nyuma yo kugira ubu burwayi umugore yamutaye agatwara n’abana babyaranye kandi ngo ubuyagurishije ibyo yari atunze byose bityo atakigira n’aho kuba none ubu akana yifuza ko yafashwa n’umugiraneza wese akabona uko ajya kwivuza i Butaro aho  yoherejwe ariko akabura ubushobozi bwo kumugezayo.

Agaruka ku burwayi bwe, Ruvamwabo yagize ati” Iki gisebe nkimparanye imyaka 26. Nagitewe n’umusundwe wandiriye mu mugezi nkiri muto, kikajya gikira imyaka itanu yashira kikagaruka gutyo gutyo… nkivuza ariko kikanga gukira. Nyuma mu gihe cyashize nibwo nagiye kwivuza bambwira ko ari kanseri ndwaye. Kuva ubwo bambwira ko najya kwivuza i Butaro kuko ariho bafite ububasha bwo kumvura ariko nabuze ubushobozi. Ubu ibyo nari ntunze byose narabigurishije ngo nivuze ariko gukira byaranze  ubu rero ndifuza uwamfasha wese nkajya kwivuza byibura ibihumbi magana atatu byamfasha”

Screen Shot 2021-07-01 at 13.34.23.png

Ruvamwabo avuga ko amaranye igisebe imyaka 26 byaje kumuviramo kanseri

Avuga ko ikibazo cye  yakigejeje ku buyobozi bw’umurenge atuyemo ariko  ngo bamusubije ko atari uwo gufashwa.

Mu gushaka kumenya icyo ubuyobozi bw’umurenge wa Jabana bubivugaho, ntabwo batwitabye ku murongo wa telefoni.

Ruvamwabo Bosco  usaba uwaba afite ubushobozi wese kumufasha kubera kanseri yatewe n’igisebe amaranye imyaka 26,  avuga ko ubuyobozi bukwiye no kumuhindurira icyiciro kuko ubu ari mucyiciro cya gatatu cy’ubudehe kandi ubuyobozi bukaba bwaranze kugihindura mu gihe ngo ari bwo byari kumworohera kubona ubufasha.

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine/Radio &TV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 14 =

Previous Post

10 Sports: Twibukiranye ibyaranze uyu munsi mu mateka ya siporo ku isi

Next Post

COVID-19: Mu kwezi kumwe abarwariye mu bitaro bikubye inshuro esheshatu, umwuka bahabwa urushaho

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

by radiotv10
12/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare barimo Innocent Munyengango wigeze kuba...

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

IZIHERUKA

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe
MU RWANDA

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

12/12/2025
Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
COVID-19: Mu kwezi kumwe abarwariye mu bitaro bikubye inshuro esheshatu, umwuka bahabwa urushaho

COVID-19: Mu kwezi kumwe abarwariye mu bitaro bikubye inshuro esheshatu, umwuka bahabwa urushaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.