Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ruvamwabo amaze imyaka 26 arwaye igisebe cyamuviriyemo kanseri

radiotv10by radiotv10
01/07/2021
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ruvamwabo amaze imyaka 26 arwaye igisebe cyamuviriyemo kanseri
Share on FacebookShare on Twitter

Ruvamwabo Bosco aravuga ko amaze imyaka 26 arwaye igisebe cyamuviriyemo kanseri none ngo yabuze ubufasha bumugeza kwa muganga kuko ibyo yaratunze  yabimaze yivuza  none arifuza ko umugiranza wese yamufasha.

Ruvamwabo Bosco ni umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35 atuye mu karere ka Gasabo, umurenge wa Jabana   avuga ko amaranye igisebe imyaka 26 yatewe no kuribwa n’umusundwe. Uyu mugabo avuga  yivuje iyimyaka yose uko ari 26 ariko igisebe cyanze gukira  ku buryo cyahindutsemo uburwayi bwa kanseri nk’uko abaganga baherutse kubimubwira.

Screen Shot 2021-07-01 at 13.34.42.png

Screen Shot 2021-07-01 at 13.34.34.png

Uburwayi bwa Ruvamwabo Bosco avuga ko nta bushobozi afite bwo kubwivuza

Ruvamwabo avuga ko nyuma yo kugira ubu burwayi umugore yamutaye agatwara n’abana babyaranye kandi ngo ubuyagurishije ibyo yari atunze byose bityo atakigira n’aho kuba none ubu akana yifuza ko yafashwa n’umugiraneza wese akabona uko ajya kwivuza i Butaro aho  yoherejwe ariko akabura ubushobozi bwo kumugezayo.

Agaruka ku burwayi bwe, Ruvamwabo yagize ati” Iki gisebe nkimparanye imyaka 26. Nagitewe n’umusundwe wandiriye mu mugezi nkiri muto, kikajya gikira imyaka itanu yashira kikagaruka gutyo gutyo… nkivuza ariko kikanga gukira. Nyuma mu gihe cyashize nibwo nagiye kwivuza bambwira ko ari kanseri ndwaye. Kuva ubwo bambwira ko najya kwivuza i Butaro kuko ariho bafite ububasha bwo kumvura ariko nabuze ubushobozi. Ubu ibyo nari ntunze byose narabigurishije ngo nivuze ariko gukira byaranze  ubu rero ndifuza uwamfasha wese nkajya kwivuza byibura ibihumbi magana atatu byamfasha”

Screen Shot 2021-07-01 at 13.34.23.png

Ruvamwabo avuga ko amaranye igisebe imyaka 26 byaje kumuviramo kanseri

Avuga ko ikibazo cye  yakigejeje ku buyobozi bw’umurenge atuyemo ariko  ngo bamusubije ko atari uwo gufashwa.

Mu gushaka kumenya icyo ubuyobozi bw’umurenge wa Jabana bubivugaho, ntabwo batwitabye ku murongo wa telefoni.

Ruvamwabo Bosco  usaba uwaba afite ubushobozi wese kumufasha kubera kanseri yatewe n’igisebe amaranye imyaka 26,  avuga ko ubuyobozi bukwiye no kumuhindurira icyiciro kuko ubu ari mucyiciro cya gatatu cy’ubudehe kandi ubuyobozi bukaba bwaranze kugihindura mu gihe ngo ari bwo byari kumworohera kubona ubufasha.

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine/Radio &TV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

10 Sports: Twibukiranye ibyaranze uyu munsi mu mateka ya siporo ku isi

Next Post

COVID-19: Mu kwezi kumwe abarwariye mu bitaro bikubye inshuro esheshatu, umwuka bahabwa urushaho

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
COVID-19: Mu kwezi kumwe abarwariye mu bitaro bikubye inshuro esheshatu, umwuka bahabwa urushaho

COVID-19: Mu kwezi kumwe abarwariye mu bitaro bikubye inshuro esheshatu, umwuka bahabwa urushaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.