Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Abanyerondo bafashe icyemezo cyumvikanamo umujinya w’ibyo bakorewe n’Umuyobozi

radiotv10by radiotv10
15/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburasirazuba: Ubuyobozi busaba abaturage kubaka ibibanza bitubatse nabo bagasaba gukurirwaho amananiza
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyerondo b’umwuga mu Kagari na Nawe mu Murenge wa Rubona mu Karere ka Rwamagana, bafashe icyemezo cyo guhagarika kurara irondo nyuma yuko bambuwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’aka Kagari, none akaba yaranahagaritswe kubera amakosa menshi avugwaho.

Aba baturage bari basanzwe bakora irondo ry’umwuga, bavuga ko uwitwa Filotte wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’aka Kagari na Nawe, yabambuye amafaranga bagombaga guhembwa.

Sinzabakwira Alex agira ati “Hari abo yambuye amezi atatu, abandi abambura abiri harimo nanjye. Twe twasigaye aranaducutsa aratubwira ngo dukuremo imyenda, ngo tuyikuremo ntituzongere kugira ikindi kintu dukora nk’inshingano.”

Aba baturage bavuga ko ikibabaje ari uko uyu muyobozi yanze kubishyura amafaranga bagombaga guhabwa, nyamara yarishyuwe n’abaturage, aho kuyarekura akayikubitira umufuka.

Byiringiro Valens yagize ati “Njye nararaga muri Gaseke banyambura amezi abiri kandi abaturage barayatanze. Nahise mbireka njya mu bindi kwishakira ubuzima.”

Umunyamakuru yagerageje kuvugisha uyu wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nawe utungwa agatoki n’aba baturage kubambura, ariko ntibyashoboka.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rwamagana ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Richard Kagabo yemereye RADIOTV10 ko uyu muyobozi yabaye ahagaritswe by’agateganyo kubera iperereza ari gukorwa ry’ibyo agomba kubazwa.

Ati “Icy’irondo byumwihariko icyo cyuho nikinagaragaramo ubwo bizaba ngombwa ko urwego rw’Umurenge rushaka amafaranga yo kwishyura iryo rondo kugira ngo n’ako kazi gakomeze no gukorwa.”

Ni mu gihe abaturage bararaga iri rondo, bavuga ko batazongera kurara bicwa n’imbeho nyamara batarishyurwa, ariko ko igihe bakwishyurwa basubira mu kazi kabo kuko bagakora bagakunze.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − fifteen =

Previous Post

Amajyepfo: Abayobozi baratungwa agatoki mu bikorwa bitemewe bijya binahitana ubuzima bw’abaturage

Next Post

RDF yagize icyo yizeza imiryango y’abishwe n’umusirikare abarasiye mu kabari

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yagize icyo yizeza imiryango y’abishwe n’umusirikare abarasiye mu kabari

RDF yagize icyo yizeza imiryango y’abishwe n’umusirikare abarasiye mu kabari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.