Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Abanyerondo bafashe icyemezo cyumvikanamo umujinya w’ibyo bakorewe n’Umuyobozi

radiotv10by radiotv10
15/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburasirazuba: Ubuyobozi busaba abaturage kubaka ibibanza bitubatse nabo bagasaba gukurirwaho amananiza
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyerondo b’umwuga mu Kagari na Nawe mu Murenge wa Rubona mu Karere ka Rwamagana, bafashe icyemezo cyo guhagarika kurara irondo nyuma yuko bambuwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’aka Kagari, none akaba yaranahagaritswe kubera amakosa menshi avugwaho.

Aba baturage bari basanzwe bakora irondo ry’umwuga, bavuga ko uwitwa Filotte wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’aka Kagari na Nawe, yabambuye amafaranga bagombaga guhembwa.

Sinzabakwira Alex agira ati “Hari abo yambuye amezi atatu, abandi abambura abiri harimo nanjye. Twe twasigaye aranaducutsa aratubwira ngo dukuremo imyenda, ngo tuyikuremo ntituzongere kugira ikindi kintu dukora nk’inshingano.”

Aba baturage bavuga ko ikibabaje ari uko uyu muyobozi yanze kubishyura amafaranga bagombaga guhabwa, nyamara yarishyuwe n’abaturage, aho kuyarekura akayikubitira umufuka.

Byiringiro Valens yagize ati “Njye nararaga muri Gaseke banyambura amezi abiri kandi abaturage barayatanze. Nahise mbireka njya mu bindi kwishakira ubuzima.”

Umunyamakuru yagerageje kuvugisha uyu wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nawe utungwa agatoki n’aba baturage kubambura, ariko ntibyashoboka.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rwamagana ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Richard Kagabo yemereye RADIOTV10 ko uyu muyobozi yabaye ahagaritswe by’agateganyo kubera iperereza ari gukorwa ry’ibyo agomba kubazwa.

Ati “Icy’irondo byumwihariko icyo cyuho nikinagaragaramo ubwo bizaba ngombwa ko urwego rw’Umurenge rushaka amafaranga yo kwishyura iryo rondo kugira ngo n’ako kazi gakomeze no gukorwa.”

Ni mu gihe abaturage bararaga iri rondo, bavuga ko batazongera kurara bicwa n’imbeho nyamara batarishyurwa, ariko ko igihe bakwishyurwa basubira mu kazi kabo kuko bagakora bagakunze.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 18 =

Previous Post

Amajyepfo: Abayobozi baratungwa agatoki mu bikorwa bitemewe bijya binahitana ubuzima bw’abaturage

Next Post

RDF yagize icyo yizeza imiryango y’abishwe n’umusirikare abarasiye mu kabari

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yagize icyo yizeza imiryango y’abishwe n’umusirikare abarasiye mu kabari

RDF yagize icyo yizeza imiryango y’abishwe n’umusirikare abarasiye mu kabari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.