Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

radiotv10by radiotv10
13/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa ntiwongere gucanirwa, kandi amatara yawo yarashyizweho, ibintu bikomeje kubagiraho ingaruka zirimo n’ubujura bwo kwamburwa telefone.

Ni umuhanda wa kaburimbo w’ikirometero 1.82, uturuka ku ishuri rya St Aloys–Nyagasenyi ugahinguka munsi ya Gare ya Rwamagana mu Murenge wa Kigabiro. Abawukoresha n’abawuturiye bavuga ko kuva uyu muhanda wakorwa, amatara yo ku muhanda yacanwe rimwe gusa ntiyongera kwaka, bigatuma bagenda bikanga abajura babashikuza amaterefone. Icyo aba bose bahurizaho ni uko uyu muhanda wacanirwa.

Uwitwa Nzamurambaho Emmanuel ati: “Twabonye bayashinga, yacanye rimwe, nabwo ni iminota mike, ntiyongera kwaka.”

Undi witwa Musoni Fils ati: “Inshuro nyinshi abadamu bakorera mu mujyi banyura muri uyu muhanda ni bo bakunda kwiyongoza cyane, bakabambura amaterefone. Amatara acanye ntitwibwa.”

Avugana na Radio10 na TV10 ku murongo wa terefone, Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Ingufu (REG) Ishami rya Rwamagana, Marcel Habimana, yavuze ko hari ibitarakorwa na rwiyemezamirimo wawukoze kugira ngo ucanirwe, ariko ko mu kwezi kumwe byaba byarangiye.

Ati: “Uriya muhanda ni mushya. Umuhanda urangiye hagiyeho fazi yo kuwucanira, ariko rwiyemezamirimo wawutsindiye hari ibyo ataratunganya. Yasabwe kubitunganya, namara kubitunganya tuzawucanira. Si ikibazo cyo kuvuga ngo hari pane irimo, ahubwo rwiyemezamirimo aracyaramurika ibikorwa yakoze. Ibyo asabwa si ikintu kinini, ntabwo ari ibintu byakabaye birenza ukwezi atararangiza imirimo.”

Ni umuhanda wakozwe mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024–2025, ugamije gufasha abatuye umujyi wa Rwamagana kwimakaza isuku no koroshya urujya n’uruza. Abaturage bakavuga ko igihe waba ucaniwe byakongera urujya n’uruza mu masaha y’umugoroba ndetse bikabarinda kuwunyuramo bikanga abajura.

Abaturiye uyu muhanda bavuga ko kuva wakorwa wacaniwe rimwe gusa
Bavuga ko bibagiraho ingaruka

Ngo kuba udacaniwe bituma abajura babatega

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 11 =

Previous Post

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Next Post

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

IZIHERUKA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize
MU RWANDA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.