Friday, May 16, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: Igikekwa ku mugore basanze yapfuye nyuma y’iminsi itatu yimukanye n’umugabo we

radiotv10by radiotv10
21/12/2024
in MU RWANDA
0
Rwamagana: Igikekwa ku mugore basanze yapfuye nyuma y’iminsi itatu yimukanye n’umugabo we
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wari umaze iminsi itatu yimukiye mu Kagari ka Bishenyi mu Murenge wa Mwulire mu Karere ka Rwamagana, yasanzwe mu nzu yapfuye, bikekwa ko yishwe n’umugabo we, ariko intandaro ikaba ikomeje kuba amayobera kuko uyu muryango wari ubanye neza.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Buseke mu Kagari ka Bishenyi muri uyu Murenge wa Mwulire, aho nyakwigendera Nyiranizeyimana Claudine wari warashakanye na Biserukande Edouard, bamusanze mu ijoro ryo ku wa Kane yitabye Imana, nyuma yuko bari babanje kumura.

Inzu bari batuyemo muri aka gace, bari bayimazemo iminsi itatu dore ko bari baherutse kwimuka bava mu Karere ka Bugesera, ariko aha bimukiye n’ubundi bigeze kuhatura.

Ntawutayavugwa Jean Baptiste wo mu muryango wa nyakwigendera avuga ko ubwo bamubonaga yapfuye, yari yiriwe amushaka yamubuze umunsi wose.

Ati “Ku buryo nagize amakenga, ndagenda ndavuga nti reka njye gufungura nsanga umuntu yapfuye kuko no mu Mudugudu yenda ngo barashwanye cyangwa iki…”

Uyu muturage avuga ko ahabonetse nyakwigendera yapfuye, hanagaragaye isuka bikekwa ko ari yo yakoreshejwe n’umugabo we mu kumwica.

Gusa abaturanyi b’uyu muryango, bavuga ko na bo batunguwe n’ibi byabaye, kuko nta makimbirane bari basanzwe bazi muri uyu muryango ku buryo bakeka ko ari yo ntandaro yo kuba uyu mugabo yishe umugore we.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rwamagana ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Richard Kagabo yemeje amakuru y’urupfu rw’uyu muturage, avuga ko ibi bibaye nyuma y’igihe gito hari ibindi bisa nkabyo bibaye muri aka gace.

Gusa we avuga ko uyu muryango ushobora kuba wari ufitanye ikibazo, kikaba kitari cyakamenyekana kuko bari bamaze iminsi micye bimukiye muri aka gace.

Ati “Kuba rero umufasha we yamwishe agacaho akagenda akanabura, ku ruhande rumwe ni ibigaragaza ko n’aho baturutse bari babanye nabi yenda ayo makuru ni yo tutari dufite bihagije twari kujya kubikumira ariko ntabwo bari babanye neza ni na yo mpamvu byabaye hagashira iminsi ari nta muntu ubizi.”

Ni mu gihe Beserukande Edouard ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umugore we, akomeje gushakishwa n’inzego z’umutekano zahise zinatangira gukora iperereza ku cyaba cyatumye amwivugana.

Iyi nzu bari bayimazemo iminsi micye
Abaturanyi batunguwe n’ibi byabaye
Bavuga ko nyakwigendera bari biriwe bamushaka bamubuze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − twenty =

Previous Post

Menya impinduka zakozwe mu Nzego Nkuru zirimo iz’abayobozi batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Next Post

Umugore w’i Huye ukurikiranyweho guha ibihano biremereye umwana we yasobanuye icyabimuteye

Related Posts

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

by radiotv10
16/05/2025
0

Dosiye y’ikirego kiregwamo Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’, yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha kugira ngo buyisuzume buzayiregere Urukiko. Bishop Gafaranga...

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

by radiotv10
16/05/2025
0

Umugabo ufite akabari acururizamo inzoga yitwa ‘Indege’ mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, arakekwaho kwica mugenzi we amukubise...

America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

by radiotv10
16/05/2025
0

Massad Boulos, Umujyanama Mukuru wa Perezida Trump ku bijyanye na Afurika, yatangaje ko yavuganye na Perezida Paul Kagame na Felix...

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

by radiotv10
16/05/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana wishyuza Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize miliyoni 282 Frw y’imisanzu y’umubyeyi we,...

Menya amafaranga azakoreshwa mu kubaka Icyicaro Gikuru gishya cya RIB

Menya amafaranga azakoreshwa mu kubaka Icyicaro Gikuru gishya cya RIB

by radiotv10
16/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irateganya ishoramari rya Miliyari 26,5 Frw mu mushinga wo kuba Ibiro bishya by’Icyicaro Gikuru cy’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha...

IZIHERUKA

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi
MU RWANDA

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

by radiotv10
16/05/2025
0

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

16/05/2025
Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

16/05/2025
Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

16/05/2025
America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

16/05/2025
Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

16/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Umugore w’i Huye ukurikiranyweho guha ibihano biremereye umwana we yasobanuye icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.