Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: Igikekwa ku mugore basanze yapfuye nyuma y’iminsi itatu yimukanye n’umugabo we

radiotv10by radiotv10
21/12/2024
in MU RWANDA
0
Rwamagana: Igikekwa ku mugore basanze yapfuye nyuma y’iminsi itatu yimukanye n’umugabo we
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wari umaze iminsi itatu yimukiye mu Kagari ka Bishenyi mu Murenge wa Mwulire mu Karere ka Rwamagana, yasanzwe mu nzu yapfuye, bikekwa ko yishwe n’umugabo we, ariko intandaro ikaba ikomeje kuba amayobera kuko uyu muryango wari ubanye neza.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Buseke mu Kagari ka Bishenyi muri uyu Murenge wa Mwulire, aho nyakwigendera Nyiranizeyimana Claudine wari warashakanye na Biserukande Edouard, bamusanze mu ijoro ryo ku wa Kane yitabye Imana, nyuma yuko bari babanje kumura.

Inzu bari batuyemo muri aka gace, bari bayimazemo iminsi itatu dore ko bari baherutse kwimuka bava mu Karere ka Bugesera, ariko aha bimukiye n’ubundi bigeze kuhatura.

Ntawutayavugwa Jean Baptiste wo mu muryango wa nyakwigendera avuga ko ubwo bamubonaga yapfuye, yari yiriwe amushaka yamubuze umunsi wose.

Ati “Ku buryo nagize amakenga, ndagenda ndavuga nti reka njye gufungura nsanga umuntu yapfuye kuko no mu Mudugudu yenda ngo barashwanye cyangwa iki…”

Uyu muturage avuga ko ahabonetse nyakwigendera yapfuye, hanagaragaye isuka bikekwa ko ari yo yakoreshejwe n’umugabo we mu kumwica.

Gusa abaturanyi b’uyu muryango, bavuga ko na bo batunguwe n’ibi byabaye, kuko nta makimbirane bari basanzwe bazi muri uyu muryango ku buryo bakeka ko ari yo ntandaro yo kuba uyu mugabo yishe umugore we.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rwamagana ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Richard Kagabo yemeje amakuru y’urupfu rw’uyu muturage, avuga ko ibi bibaye nyuma y’igihe gito hari ibindi bisa nkabyo bibaye muri aka gace.

Gusa we avuga ko uyu muryango ushobora kuba wari ufitanye ikibazo, kikaba kitari cyakamenyekana kuko bari bamaze iminsi micye bimukiye muri aka gace.

Ati “Kuba rero umufasha we yamwishe agacaho akagenda akanabura, ku ruhande rumwe ni ibigaragaza ko n’aho baturutse bari babanye nabi yenda ayo makuru ni yo tutari dufite bihagije twari kujya kubikumira ariko ntabwo bari babanye neza ni na yo mpamvu byabaye hagashira iminsi ari nta muntu ubizi.”

Ni mu gihe Beserukande Edouard ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umugore we, akomeje gushakishwa n’inzego z’umutekano zahise zinatangira gukora iperereza ku cyaba cyatumye amwivugana.

Iyi nzu bari bayimazemo iminsi micye
Abaturanyi batunguwe n’ibi byabaye
Bavuga ko nyakwigendera bari biriwe bamushaka bamubuze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Menya impinduka zakozwe mu Nzego Nkuru zirimo iz’abayobozi batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Next Post

Umugore w’i Huye ukurikiranyweho guha ibihano biremereye umwana we yasobanuye icyabimuteye

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Umugore w’i Huye ukurikiranyweho guha ibihano biremereye umwana we yasobanuye icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.