Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

radiotv10by radiotv10
09/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, ntibakozwa iby’amafaranga yasabwe buri rugo yo kugura imodoka y’umutekano, bakavuga ko batumva uko basabwa kugurira Leta igikoresho kandi batayirusha amikoro.

Amakuru yuko buri rugo rwo mu Murenge wa Kigabiro rwasabwe gutanga umusanzu, bamwe mu baturage bavuga ko bayamenyeye mu Nteko z’Abaturage kandi ko nta bushobozi bafite bwo gutanga ayo mafaranga.

Bamwe bavuga ko batarusha ubushobozi Leta ku buryo bayigurira imodoka kandi ngo si byo bikenewe cyane kuko hari ibikenerwa kwishyura na byo ngo biba bibagoye.

Umwe utifuje ko amazina ye amenyekana, yavuze ko buri rugo rwasabwe kwishyura 5 000 Frw, ariko ko hari ab’amikoro macye ku buryo ayo mafaranga batayabona.

Ati “Niba ndya mvuye guca incuro hanze nzakorera cya gihumbi ngitahane mburare? Tukibaza turi Leta ifite imodoka nke ku buryo bajya mu baturage buri muturage n’Ibihumbi Bitanu! Byaratuyobeye.”

Ryumugabe Emmanuel na we yagize ati “Ntabwo ari yo [imodoka] ikenewe cyane, kuko hari ibindi by’imbogamizi tugenda duhura na byo, kwishyura Mituweri, umusanzu w’mutekano birahari …”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigabiro, Rushimisha Marc avuga ko igitekerezo cyo kugura iyi modoka y’Umurenge y’Umutekano cyavuye mu Nama Njyanama y’Umurenge ariko kandi ko amafaranga atazatangwa na buri rugo ahubwo ko azatangwa n’urugo rufite ubushobozi.

Ati “Ni igitekerezo cy’inana Njyanama ariko kandi kikaba igitekerezo cy’abaturage nyuma yo kubona bafite irondo ry’umwuga rikora neza kandi rinahemberwa igihe, barabitekereza bati tubaye dufite n’imodoka yunganira iri rondo ry’umwuga byakomeza kudufasha mu mutekano.”

Nubwo Umurenge uvuga ko byaturutse mu bitekerezo by’abaturage ku mikorere myizay’irondo, amakuru atangwa n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana yo aremeza ko byatewe n’ubujura bwakomejeje kujujubya ababaturage.

Umuyobozi w’Akarere, Mbonyumuvunyi Radjab yagize ati “Rero inama Njyanama y’Umurenge iraterana ku busabe bw’abo baturage benshi bavugaga ko ikibazo ko ari cyo babona cyafasha, Umurenge w’umujyi wa Kigabiro ibijyanye n’umutekano inama Njyanama iza kwemeza ko buri rugo rwagira umusanzu rutanga hakazagurwamo imodoka izajya ifasha mu kuzenguruka hose.”

Ni icymezo bamwe mu baturage babona ko kibabanganiye mu igenamigambi ryabo mu gihe hari izindi serivisi zibasaba amafaranga na yo ngo biba bigoranye kuyabona.

Bavuga ko ari amafaranga yo kuzajya ibafasha mu gucunga umutekano
Gusa ngo ntibumva uko bagurira leta imodoka kandi isanganywe nyinshi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 6 =

Previous Post

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Next Post

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.