Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

radiotv10by radiotv10
09/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, ntibakozwa iby’amafaranga yasabwe buri rugo yo kugura imodoka y’umutekano, bakavuga ko batumva uko basabwa kugurira Leta igikoresho kandi batayirusha amikoro.

Amakuru yuko buri rugo rwo mu Murenge wa Kigabiro rwasabwe gutanga umusanzu, bamwe mu baturage bavuga ko bayamenyeye mu Nteko z’Abaturage kandi ko nta bushobozi bafite bwo gutanga ayo mafaranga.

Bamwe bavuga ko batarusha ubushobozi Leta ku buryo bayigurira imodoka kandi ngo si byo bikenewe cyane kuko hari ibikenerwa kwishyura na byo ngo biba bibagoye.

Umwe utifuje ko amazina ye amenyekana, yavuze ko buri rugo rwasabwe kwishyura 5 000 Frw, ariko ko hari ab’amikoro macye ku buryo ayo mafaranga batayabona.

Ati “Niba ndya mvuye guca incuro hanze nzakorera cya gihumbi ngitahane mburare? Tukibaza turi Leta ifite imodoka nke ku buryo bajya mu baturage buri muturage n’Ibihumbi Bitanu! Byaratuyobeye.”

Ryumugabe Emmanuel na we yagize ati “Ntabwo ari yo [imodoka] ikenewe cyane, kuko hari ibindi by’imbogamizi tugenda duhura na byo, kwishyura Mituweri, umusanzu w’mutekano birahari …”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigabiro, Rushimisha Marc avuga ko igitekerezo cyo kugura iyi modoka y’Umurenge y’Umutekano cyavuye mu Nama Njyanama y’Umurenge ariko kandi ko amafaranga atazatangwa na buri rugo ahubwo ko azatangwa n’urugo rufite ubushobozi.

Ati “Ni igitekerezo cy’inana Njyanama ariko kandi kikaba igitekerezo cy’abaturage nyuma yo kubona bafite irondo ry’umwuga rikora neza kandi rinahemberwa igihe, barabitekereza bati tubaye dufite n’imodoka yunganira iri rondo ry’umwuga byakomeza kudufasha mu mutekano.”

Nubwo Umurenge uvuga ko byaturutse mu bitekerezo by’abaturage ku mikorere myizay’irondo, amakuru atangwa n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana yo aremeza ko byatewe n’ubujura bwakomejeje kujujubya ababaturage.

Umuyobozi w’Akarere, Mbonyumuvunyi Radjab yagize ati “Rero inama Njyanama y’Umurenge iraterana ku busabe bw’abo baturage benshi bavugaga ko ikibazo ko ari cyo babona cyafasha, Umurenge w’umujyi wa Kigabiro ibijyanye n’umutekano inama Njyanama iza kwemeza ko buri rugo rwagira umusanzu rutanga hakazagurwamo imodoka izajya ifasha mu kuzenguruka hose.”

Ni icymezo bamwe mu baturage babona ko kibabanganiye mu igenamigambi ryabo mu gihe hari izindi serivisi zibasaba amafaranga na yo ngo biba bigoranye kuyabona.

Bavuga ko ari amafaranga yo kuzajya ibafasha mu gucunga umutekano
Gusa ngo ntibumva uko bagurira leta imodoka kandi isanganywe nyinshi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 3 =

Previous Post

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Next Post

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.