Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

radiotv10by radiotv10
09/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, ntibakozwa iby’amafaranga yasabwe buri rugo yo kugura imodoka y’umutekano, bakavuga ko batumva uko basabwa kugurira Leta igikoresho kandi batayirusha amikoro.

Amakuru yuko buri rugo rwo mu Murenge wa Kigabiro rwasabwe gutanga umusanzu, bamwe mu baturage bavuga ko bayamenyeye mu Nteko z’Abaturage kandi ko nta bushobozi bafite bwo gutanga ayo mafaranga.

Bamwe bavuga ko batarusha ubushobozi Leta ku buryo bayigurira imodoka kandi ngo si byo bikenewe cyane kuko hari ibikenerwa kwishyura na byo ngo biba bibagoye.

Umwe utifuje ko amazina ye amenyekana, yavuze ko buri rugo rwasabwe kwishyura 5 000 Frw, ariko ko hari ab’amikoro macye ku buryo ayo mafaranga batayabona.

Ati “Niba ndya mvuye guca incuro hanze nzakorera cya gihumbi ngitahane mburare? Tukibaza turi Leta ifite imodoka nke ku buryo bajya mu baturage buri muturage n’Ibihumbi Bitanu! Byaratuyobeye.”

Ryumugabe Emmanuel na we yagize ati “Ntabwo ari yo [imodoka] ikenewe cyane, kuko hari ibindi by’imbogamizi tugenda duhura na byo, kwishyura Mituweri, umusanzu w’mutekano birahari …”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigabiro, Rushimisha Marc avuga ko igitekerezo cyo kugura iyi modoka y’Umurenge y’Umutekano cyavuye mu Nama Njyanama y’Umurenge ariko kandi ko amafaranga atazatangwa na buri rugo ahubwo ko azatangwa n’urugo rufite ubushobozi.

Ati “Ni igitekerezo cy’inana Njyanama ariko kandi kikaba igitekerezo cy’abaturage nyuma yo kubona bafite irondo ry’umwuga rikora neza kandi rinahemberwa igihe, barabitekereza bati tubaye dufite n’imodoka yunganira iri rondo ry’umwuga byakomeza kudufasha mu mutekano.”

Nubwo Umurenge uvuga ko byaturutse mu bitekerezo by’abaturage ku mikorere myizay’irondo, amakuru atangwa n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana yo aremeza ko byatewe n’ubujura bwakomejeje kujujubya ababaturage.

Umuyobozi w’Akarere, Mbonyumuvunyi Radjab yagize ati “Rero inama Njyanama y’Umurenge iraterana ku busabe bw’abo baturage benshi bavugaga ko ikibazo ko ari cyo babona cyafasha, Umurenge w’umujyi wa Kigabiro ibijyanye n’umutekano inama Njyanama iza kwemeza ko buri rugo rwagira umusanzu rutanga hakazagurwamo imodoka izajya ifasha mu kuzenguruka hose.”

Ni icymezo bamwe mu baturage babona ko kibabanganiye mu igenamigambi ryabo mu gihe hari izindi serivisi zibasaba amafaranga na yo ngo biba bigoranye kuyabona.

Bavuga ko ari amafaranga yo kuzajya ibafasha mu gucunga umutekano
Gusa ngo ntibumva uko bagurira leta imodoka kandi isanganywe nyinshi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − one =

Previous Post

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Next Post

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

by radiotv10
27/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Karere ka Huye baravuga ko igishanga cya Mukura cyari kibafatiye runini mu mibereho ya buri munsi,...

IZIHERUKA

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka
AMAHANGA

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.