Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda Day iragarutse: Abanyarwanda baba hanze bagiye kongera kuganira imbonankubone n’Abayobozi b’Igihugu cyabo

radiotv10by radiotv10
27/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Rwanda Day iragarutse: Abanyarwanda baba hanze bagiye kongera kuganira imbonankubone n’Abayobozi b’Igihugu cyabo
Share on FacebookShare on Twitter

Inama izwi nka ‘Rwanda Day’ ihuza Abanyarwanda baba mu mahanga ikanakurikirwa n’abari imbere mu Gihugu n’abandi ku Isi hose yaherukaga kuba muri 2019, igiye kongera kuba, ikaba iteganyijwe mu ntangiro z’umwaka utaha wa 2024, muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Iyi Nama imaze kuba inshuro 10, isanzwe ihuriza hamwe Abanyarwanda baba hanze y’u Rwanda ndetse n’abaturuka mu Rwanda, ikayoborwa na Perezida wa Repubulika, mu rwego rwo kungurana ibitekerezo by’uburyo u Rwanda rwakomeza gutera imbere bigizwemo uruhare na buri wese.

Rwanda Day yagize uruhare runini mu kongera kwibutsa Abanyarwanda baba mu mahanga, uruhare rwabo mu guteza imbere Igihugu cyabibarutse, aho bamwe bagiye batanga ubuhamya ko bafashe umwanzuro wo kugaruka mu Rwanda kurushoramo imari cyangwa kurukororera kubera yo.

Rwanda Day izaba mu ntangiro za Gashyantare 2023, ku itariki ya 02 ndetse n’iya 03, ikazabera mu Leta ya Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Uhagarariye u Rwanda muri iki Gihugu kizaberamo ‘Rwanda Day’, Ambasaderi Mathilde Mukantabana, yararitse Abanyarwanda baba mu Bihugu bituranye na USA kuzitabira iyi Nama, bakungurana ibitekerezo ku cyakomeza guteza u Rwanda Imbere.

Ambasaderi Mathilde Mukantabana yabitangaje mu biganiro byiswe ‘Rwanda Youth Convention’ byahuje urubyiruko muri Canada mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje.

Iyi nama yaherukaga kubera i Burayi, i Bonn mu Budage mu mpera za Kanama 2019, aho Perezida Paul Kagame yari yasabye Abanyarwanda kwima amatwi abari batangiye kunenga iki gikorwa, ababwira ko kuba Abanyarwanda bahura muri ubu buryo bagamije kuzamura Igihugu cyababyaye, nta kinegu kirimo.

Icyo gihe kandi Rwanda Day yari yabereye mu Budage nyuma y’uko iyari yabanje yari yabaye muri Kamena 2017 mu Mujyi wa Ghent mu Bubiligi.

Rwanda Day yakunze kubera muri Leta Zunze Ubumwe za America, dore ko ku nshuro ya mbere yiswe Rwanda Day yabereye i Chicago muri Kanama 2011.

Yabereye muri Leta Zinyuranye muri USA, nka Massachusetts ndetse no muri Georgia mu Mujyi wa Atlanta, i California mu Mujyi wa San Francisco.

Rwanda Day yabereye no mu mijyi inyuranye mu Bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi, nk’i Paris mu Bufaransa, i London mu Bwongereza, i Amsterdam mu Buholandi n’i Toronto muri Canada.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + six =

Previous Post

Hari abageze kuri miliyoni 80Frw: Umusanzu utangwa n’abaririmbyi muri Korali ubagarukira ute?

Next Post

Igisobanuro gitunguranye cya Yongwe ku bamushinja kubasengera ntibabone ibitangaza yabizezaga

Related Posts

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

by radiotv10
29/07/2025
0

Inteko y’Umuco yagaragaje gahunda y’ibirori byo kwihiza Umuganura, isaba Abanyarwanda bose kuzawizihiza baganuzanya baharanira kuba Abanyarwanda b’umutima, badahujwe gusa no...

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoreye ibirori byo gusezerera abasirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza,...

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

by radiotv10
29/07/2025
0

Nyuma yuko abakoresha umurongo wa Sosiyete y’Itumanaho ‘MTN Rwanda’ bahuye n’imbogamizi zirimo guhamagarana, kanisegura ku bakiliya bayo, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere...

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

by radiotv10
29/07/2025
0

In Rwanda today, the image of a modern woman is one of confidence, ambition, and independence. She’s climbing the corporate...

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

by radiotv10
29/07/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi...

IZIHERUKA

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje
IMIBEREHO MYIZA

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

by radiotv10
29/07/2025
0

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

29/07/2025
Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

29/07/2025
Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisobanuro gitunguranye cya Yongwe ku bamushinja kubasengera ntibabone ibitangaza yabizezaga

Igisobanuro gitunguranye cya Yongwe ku bamushinja kubasengera ntibabone ibitangaza yabizezaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.