Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda Day iragarutse: Abanyarwanda baba hanze bagiye kongera kuganira imbonankubone n’Abayobozi b’Igihugu cyabo

radiotv10by radiotv10
27/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Rwanda Day iragarutse: Abanyarwanda baba hanze bagiye kongera kuganira imbonankubone n’Abayobozi b’Igihugu cyabo
Share on FacebookShare on Twitter

Inama izwi nka ‘Rwanda Day’ ihuza Abanyarwanda baba mu mahanga ikanakurikirwa n’abari imbere mu Gihugu n’abandi ku Isi hose yaherukaga kuba muri 2019, igiye kongera kuba, ikaba iteganyijwe mu ntangiro z’umwaka utaha wa 2024, muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Iyi Nama imaze kuba inshuro 10, isanzwe ihuriza hamwe Abanyarwanda baba hanze y’u Rwanda ndetse n’abaturuka mu Rwanda, ikayoborwa na Perezida wa Repubulika, mu rwego rwo kungurana ibitekerezo by’uburyo u Rwanda rwakomeza gutera imbere bigizwemo uruhare na buri wese.

Rwanda Day yagize uruhare runini mu kongera kwibutsa Abanyarwanda baba mu mahanga, uruhare rwabo mu guteza imbere Igihugu cyabibarutse, aho bamwe bagiye batanga ubuhamya ko bafashe umwanzuro wo kugaruka mu Rwanda kurushoramo imari cyangwa kurukororera kubera yo.

Rwanda Day izaba mu ntangiro za Gashyantare 2023, ku itariki ya 02 ndetse n’iya 03, ikazabera mu Leta ya Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Uhagarariye u Rwanda muri iki Gihugu kizaberamo ‘Rwanda Day’, Ambasaderi Mathilde Mukantabana, yararitse Abanyarwanda baba mu Bihugu bituranye na USA kuzitabira iyi Nama, bakungurana ibitekerezo ku cyakomeza guteza u Rwanda Imbere.

Ambasaderi Mathilde Mukantabana yabitangaje mu biganiro byiswe ‘Rwanda Youth Convention’ byahuje urubyiruko muri Canada mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje.

Iyi nama yaherukaga kubera i Burayi, i Bonn mu Budage mu mpera za Kanama 2019, aho Perezida Paul Kagame yari yasabye Abanyarwanda kwima amatwi abari batangiye kunenga iki gikorwa, ababwira ko kuba Abanyarwanda bahura muri ubu buryo bagamije kuzamura Igihugu cyababyaye, nta kinegu kirimo.

Icyo gihe kandi Rwanda Day yari yabereye mu Budage nyuma y’uko iyari yabanje yari yabaye muri Kamena 2017 mu Mujyi wa Ghent mu Bubiligi.

Rwanda Day yakunze kubera muri Leta Zunze Ubumwe za America, dore ko ku nshuro ya mbere yiswe Rwanda Day yabereye i Chicago muri Kanama 2011.

Yabereye muri Leta Zinyuranye muri USA, nka Massachusetts ndetse no muri Georgia mu Mujyi wa Atlanta, i California mu Mujyi wa San Francisco.

Rwanda Day yabereye no mu mijyi inyuranye mu Bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi, nk’i Paris mu Bufaransa, i London mu Bwongereza, i Amsterdam mu Buholandi n’i Toronto muri Canada.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 13 =

Previous Post

Hari abageze kuri miliyoni 80Frw: Umusanzu utangwa n’abaririmbyi muri Korali ubagarukira ute?

Next Post

Igisobanuro gitunguranye cya Yongwe ku bamushinja kubasengera ntibabone ibitangaza yabizezaga

Related Posts

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Why saving money matters: The power of saving for your future

by radiotv10
19/11/2025
0

In a world where the cost of living keeps rising and responsibilities only grow heavier, saving money has become more...

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

IZIHERUKA

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo
IBYAMAMARE

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

by radiotv10
19/11/2025
0

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

19/11/2025
Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

19/11/2025
Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

19/11/2025
Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

19/11/2025
Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Why saving money matters: The power of saving for your future

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisobanuro gitunguranye cya Yongwe ku bamushinja kubasengera ntibabone ibitangaza yabizezaga

Igisobanuro gitunguranye cya Yongwe ku bamushinja kubasengera ntibabone ibitangaza yabizezaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.