Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda Day iragarutse: Abanyarwanda baba hanze bagiye kongera kuganira imbonankubone n’Abayobozi b’Igihugu cyabo

radiotv10by radiotv10
27/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Rwanda Day iragarutse: Abanyarwanda baba hanze bagiye kongera kuganira imbonankubone n’Abayobozi b’Igihugu cyabo
Share on FacebookShare on Twitter

Inama izwi nka ‘Rwanda Day’ ihuza Abanyarwanda baba mu mahanga ikanakurikirwa n’abari imbere mu Gihugu n’abandi ku Isi hose yaherukaga kuba muri 2019, igiye kongera kuba, ikaba iteganyijwe mu ntangiro z’umwaka utaha wa 2024, muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Iyi Nama imaze kuba inshuro 10, isanzwe ihuriza hamwe Abanyarwanda baba hanze y’u Rwanda ndetse n’abaturuka mu Rwanda, ikayoborwa na Perezida wa Repubulika, mu rwego rwo kungurana ibitekerezo by’uburyo u Rwanda rwakomeza gutera imbere bigizwemo uruhare na buri wese.

Rwanda Day yagize uruhare runini mu kongera kwibutsa Abanyarwanda baba mu mahanga, uruhare rwabo mu guteza imbere Igihugu cyabibarutse, aho bamwe bagiye batanga ubuhamya ko bafashe umwanzuro wo kugaruka mu Rwanda kurushoramo imari cyangwa kurukororera kubera yo.

Rwanda Day izaba mu ntangiro za Gashyantare 2023, ku itariki ya 02 ndetse n’iya 03, ikazabera mu Leta ya Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Uhagarariye u Rwanda muri iki Gihugu kizaberamo ‘Rwanda Day’, Ambasaderi Mathilde Mukantabana, yararitse Abanyarwanda baba mu Bihugu bituranye na USA kuzitabira iyi Nama, bakungurana ibitekerezo ku cyakomeza guteza u Rwanda Imbere.

Ambasaderi Mathilde Mukantabana yabitangaje mu biganiro byiswe ‘Rwanda Youth Convention’ byahuje urubyiruko muri Canada mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje.

Iyi nama yaherukaga kubera i Burayi, i Bonn mu Budage mu mpera za Kanama 2019, aho Perezida Paul Kagame yari yasabye Abanyarwanda kwima amatwi abari batangiye kunenga iki gikorwa, ababwira ko kuba Abanyarwanda bahura muri ubu buryo bagamije kuzamura Igihugu cyababyaye, nta kinegu kirimo.

Icyo gihe kandi Rwanda Day yari yabereye mu Budage nyuma y’uko iyari yabanje yari yabaye muri Kamena 2017 mu Mujyi wa Ghent mu Bubiligi.

Rwanda Day yakunze kubera muri Leta Zunze Ubumwe za America, dore ko ku nshuro ya mbere yiswe Rwanda Day yabereye i Chicago muri Kanama 2011.

Yabereye muri Leta Zinyuranye muri USA, nka Massachusetts ndetse no muri Georgia mu Mujyi wa Atlanta, i California mu Mujyi wa San Francisco.

Rwanda Day yabereye no mu mijyi inyuranye mu Bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi, nk’i Paris mu Bufaransa, i London mu Bwongereza, i Amsterdam mu Buholandi n’i Toronto muri Canada.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Hari abageze kuri miliyoni 80Frw: Umusanzu utangwa n’abaririmbyi muri Korali ubagarukira ute?

Next Post

Igisobanuro gitunguranye cya Yongwe ku bamushinja kubasengera ntibabone ibitangaza yabizezaga

Related Posts

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

IZIHERUKA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore
IMIBEREHO MYIZA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisobanuro gitunguranye cya Yongwe ku bamushinja kubasengera ntibabone ibitangaza yabizezaga

Igisobanuro gitunguranye cya Yongwe ku bamushinja kubasengera ntibabone ibitangaza yabizezaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.