Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda&Burundi: Abayobora Sena bashimye intambwe yatewe mu gutuma Ibihugu byongera kubana kivandimwe

radiotv10by radiotv10
20/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Rwanda&Burundi: Abayobora Sena bashimye intambwe yatewe mu gutuma Ibihugu byongera kubana kivandimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sena y’u Rwanda uri mu Burundi, yahuye na mugenzi we wa Sena y’iki Gihugu, bashima intambwe imaze guterwa na Guverinoma z’Ibihugu byombi mu kubyutsa umubano mu gutuma ababituye bongera kugenderana nkuko byari bimeze.

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Iyamuremye Augustin yageze i Bujumubura ku Cyumweru tariki 18 Nzeri 2022 aho yitabiriye inama y’Umuryango wa za Sena z’Ibihugu byo muri Afurika n’izo mu by’Abarab uzwi nka ASSECAA.

Kuri uyu wa Mbere tariki 19 Nzeri 2022 ku munsi wa mbere w’iyi nama, Perezida wa Sena y’u Rwanda yanabonanye na mugenzi we w’u Burundi, Hon. Emmanuel Sinzohagera.

Mu kiganiro bagiranye, Dr Iyamuremye Augustin na mugenzi we Hon. Emmanuel Sinzohagera, bashimye uko Guverinoma z’Ibihugu byombi zagaragaje ubushake bwa politiki n’umuhate mu kubyutsa umubano wabyo mu gutuma urujya n’uruza hagati yabyo rwongera kubaho mu nyungu z’ababituye basanzwe babanye nk’abavandimwe.

Muri iyi nama kandi; Dr Iyamuremye yaboneyeho gutumira ba Perezida b’Inteko Zishinga Amategeko zo mu Muryango wa ASSECAA, mu Nama Mpuzamahanga y’ 145 y’Ihuriro ry’Inteko Zinshinga Amategeko ku Isi (IPU/ Inter-Parliamentary Union).

Iyi nama izabera mu Rwanda kuva tariki 11 kugeza ku ya 15 z’ukwezi gutaha k’Ukwakira 2022.

Perezida wa Sena y’u Burundi, Hon. Emmanuel Sinzohagera yizeje mugenzi we wa Sena y’u Rwanda ko azitabira iyi nama izabera mu Rwanda.

Ku munsi wa mbere w’iyi nama iri kubera i Burunsi, ba Perezida ba Sena, baganiriye ku byafasha Ibihugu byabo gukomeza kwigobotora ingaruka zasizwe n’icyorezo cya COVID-19 ndetse n’izikomeje guterwa n’intambara ihanganishije u Burusiya na Ukraine.

Dr Iyamuremye yasangije bagenzi be uburyo budasanzwe u Rwanda rwakoresheje mu guhangana no gukumira ikwirakwira rya COVID-19 ndetse n’aho rugeze mu gutanga inkingo z’iki cyorezo, n’uburyo rukomeje kwikura mu ngaruka cyasize.

Yavuze ko u Rwanda rwakuye amasomo akomeye mu iyaduka ry’iki cyorezo aho bimwe mu Bihugu byagaragaje gukurura byishyira, avuga ko byagaragaye ko hakenewe kongera ingufu mu ishoramari ry’inzego zinyuranye zirimo ubushakashatsi, ikoranabuhanga n’ubuhinzi mu rwego rwo kwigira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Igihugu gihana imbibi n’u Rwanda cyemeje ko habonetse Ebola yanahitanye uwa mbere

Next Post

Nyarugenge: Urujijo ku mugabo wapfiriye mu bwiherero ari kwikiranura n’umubiri

Related Posts

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyarugenge: Urujijo ku mugabo wapfiriye mu bwiherero ari kwikiranura n’umubiri

Nyarugenge: Urujijo ku mugabo wapfiriye mu bwiherero ari kwikiranura n’umubiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.