Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda&Burundi: Hahishuwe indi ntambwe yari yatewe mbere y’amagambo ya Perezida Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
26/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ibyatangajwe na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, bibabaje kuko yabivuze mu gihe hari hatangiye gukorwa ibiganiro bigamije kuzahura umubano w’ibi Bihugu byombi umaze igihe utifashe neza, ndetse ko abakuriye Dipolomasi zabyo bari baganiriye kandi bumvaga kimwe ibibazo bihari.

Ni nyuma yuko Perezida Evariste Ndayishimiye yongeye kuzamura ibirego by’ibinyoma ashinja u Rwanda, ko rufite umugambi wo gutera Igihugu cye ngo ruciye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu kiganiro aherutse kugirana na BBC, Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bwe, avuga ko rufite umugambi wo kuwukoresha rugatera Igihugu cye.

Ndayishimiye yageze n’aho avuga ko ngo mu gihe u Rwanda rwaba rushaka “gutera Bujumbura baciye muri Congo, natwe Kigali si kure duciye mu Kirundo.”

Yatangaje ibi mu gihe mu minsi ishize abahagarariye inzego z’ubutasi hagati y’Ibihugu byombi bahuriye mu Ntara ya Kirundo, mu biganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo biriho, kugira ngo umubano w’ibi Bihugu byombi wongere usubire ku murongo, n’imipaka ifungurwe.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe; mu butumwa yanyujije kuri X, yavuze ko “amagambo ya nyakubahwa Perezida w’u Burundi arababaje cyane, mu gihe abayobozi b’Igisirikare n’ubutasi b’Ibihugu byombi bari bari mu biganiro, kandi bari bamaze kugera ku kwemeranya ko hagomba kubaho gucubya umwuka mubi yaba mu bya gisirikare ndetse no mu mvugo.”

Minisitiri Nduhungirehe yakomeje agira ati “Nanjye ubwanjye nari nabiganiriyeho na mugenzi wanjye w’u Burundi ubwo twari mu nama y’Abaminisitiri ihuriweho ya EAC na SADC i Harare tariki 17 Werurwe 2025, kandi rwose twari twahuje umurongo kuri iki kibazo.”

Minisitiri Olivier Nduhungirehe, yakomeje avuga ko nubwo Perezida w’u Burundi yatangaje aya magambo asa nk’asubiza ibintu irudubi, u Rwanda ruzakomeza guharanira ko hagati yarwo n’u Burundi haba amahoro kimwe no mu karere k’Ibiyaga Bigari, kandi ko yizeye ko u Burundi buzisubiraho kuri ibi byatangajwe na Perezida wabwo.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame aherutse kugirana n’abaturage, ubwo yagarukaga ku mubano w’u Rwanda n’Ibihugu bibiri by’ibituranyi (u Burundi na DRC) yavuze ko kimwe muri ibi Bihugu cyahindukiye kikaba cyifuza ko ibibazo biri hagati yacyo n’u Rwanda bitorerwa umuti.

Benshi bahise bakeka u Burundi, ndetse bikaba byari byanashimangiwe na Minisitiri Olivier Nduhungirehe mu kiganiro aherutse kugirana na RBA, aho yavuze ko nubwo ibiganiro hagati y’Ibihugu byombi bikiri mu ntangiriro, ariko hari icyizere ko bizagira icyo bitanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 8 =

Previous Post

General Muganga yibukije ipfundo ry’umubano w’Ingabo z’u Rwanda-RDF n’iza Uganda-UPDF

Next Post

Uko hafashwe abasore bakekwaho kunywa no gucuruza urumogi nyuma yo kubanza kwanga gukingurira Polisi

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hafashwe abasore bakekwaho kunywa no gucuruza urumogi nyuma yo kubanza kwanga gukingurira Polisi

Uko hafashwe abasore bakekwaho kunywa no gucuruza urumogi nyuma yo kubanza kwanga gukingurira Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.