• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Rwanda&DRC: Komisiyo ihuriweho yashinzwe kureba uko ibintu byasubira mu buryo yateranye

radiotv10by radiotv10
21/07/2022
in Uncategorized
0
Rwanda&DRC: Komisiyo ihuriweho yashinzwe kureba uko ibintu byasubira mu buryo yateranye
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo ihuriweho yiga ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahuye ku nshuro ya mbere aho itsinda ry’u Rwanda riyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga.

Iyi nama ihuza Komisiyo ihuriweho n’Ibihugu byombi, yari imaze iminsi itegerejwe, dore ko yagombaga kuba mu cyumweru gishize ariko ikaza gusubikwa bitewe n’ibihe bidasanzwe byari biri muri Angola ahateraniye iyi Komisiyo.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, yatangaje ko Minisitiri Dr Vincent Biruta yitabiriye umunsi wa mbere w’iyi nama yayobowe na Guverinoma ya Angola nk’umuhuza hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi komisiyo yashyiriweho mu nama y’Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda, DRC na Angola yabaye tariki 06 Nyakanga 2022 i Luanda yafatiwemo imyanzuro igamije guhosha umwuka mubi uri hagati y’u Rwanda na Congo.

Inama y’iyi Komisiyo yagombaga kuba ku wa Kabiri w’icyumweru gishize tariki 12 Nyakanga 2022 ariko izo gusubikwa bitewe no kuba muri Angola bari mu gihe cy’iminsi irindwi yo kunamira Jose Eduardo d’Eduardo Dos Santos wayoboye iki Gihugu uherutse kwitaba Imana.

Muri biriya biganiro byahuje Perezida Paul Kagame, Felix Tshisekedi na João Lourenço, u Rwanda na DRC biyemeje kurangiza umwuka mubi umaze iminsi uri hagati yabyo ari na bwo Abakuru b’Ibihugu biyemezaga gushyiraho iyi Komisiyo.

Ibi biganiro kandi byanafatiwemo umwanzuro wo guhagarika imvuga zibiba urwango n’amacakubiri zari zikomeje kuvugwa n’abategetsi banyuranye muri Congo, ibintu byatanze umusaruro kuko kuva icyo gihe izi mvugo zagabanutse mu buryo bugaragara.

Intumwa z’u Rwanda ziyobowe na Minisitiri Biruta

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − seven =

Previous Post

Umukambwe washukishije ibiryo ufite ubumuga bwo mu mutwe akamusambanya ku manywa y’ihangu yakatiwe

Next Post

M23 iryamiye amajanja nyuma yo kumenya ko FARDC yitegura kuyigabo ibitero simusiga

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
M23 iryamiye amajanja nyuma yo kumenya ko FARDC yitegura kuyigabo ibitero simusiga

M23 iryamiye amajanja nyuma yo kumenya ko FARDC yitegura kuyigabo ibitero simusiga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.