Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda&DRC: Uko ubucuruzi buhagaze nyuma y’ingaruka za COVID-19 zikubiseho ibibazo by’umubano

radiotv10by radiotv10
08/06/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Rwanda&DRC: Uko ubucuruzi buhagaze nyuma y’ingaruka za COVID-19 zikubiseho ibibazo by’umubano
Share on FacebookShare on Twitter

Umubare w’abacuruzi bambuka umupaka uzwi nka ‘Petite Barrière’ uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wagabanutseho hejuru ya 50%, kubera ingaruka zasizwe n’icyorezo cya COVID-19, zikubiseho ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi.

Ubwo icyorezo cya COVID-19 cyadukaga, ibyiciro byose bishingiyeho ubukungu bw’Igihugu, byabaye nk’ibihagara hakora icyiciro kimwe gusa, ari cyo cya Serivisi.

Aho iki cyorezo gitangiye kugenza macye ndetse Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS rigatangaza ko COVID-19 itakiri icyorezo gihangayikishije, Abanyarwanda bari bafite inyota yo gukora nkuko byahoze mbere y’umwaka wa 2020, basanze zarahinduye imirishyo, ndetse ubucuruzi bwambukiranya imipaka burangirika.

Uku niko byagenze ku Banyarwanda bakoraga ubucuruzi bwambuka umupaka wa Petite Barriere uherereye mu Karere ka Rubavu, uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe imipaka mu Rwanda, kivuga ko mbere ya COVID-19, kuri uyu mupaka wa Petite Barriere hambukaga nibura abantu ibihumbi 55 ku munsi.

Kanyamahoro Fidel, ushinzwe imipaka icumi ihuza u Rwanda n’ibindi Bihugu, yagize ati “Abantu bambukaga buri munsi wasangaga ari abacuruzi bakorera ubucuruzi bwabo umunsi ku wundi mu Gihugu cya Congo, kimwe n’uko abaturage ba Congo bacururiza mu Rwanda kandi bataha.”

Nyamara COVID-19 ikimara kuza imipaka igafungwa mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo, abakoreshaga uyu mupaka bavuga ko naho wongeye gufungurirwa, urujya n’uruza ku Banyarwanda rwacitse intege bitewe n’amananiza arimo kuzamura ibiciro by’impapuro bambukiraho.

 

Abambuka baragabanutse

Kugeza ubu, nibura abantu bari hagati y’ibihumbi 13 n’ibihumbi 15 ni bo bambuka baciye kuri uyu mupaka wa Petite Barriere ku munsi, umubare muto cyane ugereranyije n’abantu ibihumbi bisaga 55 bambukaga.

Hari umuntu utashimye ko amazina ye atangazwa mu itangazamakuru, wabwiye RADIOTV10 ko mbere habagwaga nibura inka 13 ku munsi, ariko uyu munsi habagwa inka eshatu gusa, bitewe n’uko amabagiro yo mu Karere ka Rubavu hafi ya yose atagikora.

 

Umuzi wabyo

Kanyamahoro Fidel avuga ko abambuka bagabanutse cyane bitewe n’ibibazo byaturutse ku ngaruka z’icyorezo cya COVID-19, biza guhumira ku mirari hikubisemo n’ibibazo by’intambara yo mu burasirazuba bwa Congo.

Ati “Hakurya baje gufata icyemezo cyo guhagarika ibikorwa by’ubucuruzi bitewe n’inyungu zabo, bituma umubare munini w’abacuruzi b’Abanyarwanda batambuka ngo bajyeyo, ahubwo bohereza ibicuruzwa bakishyuza nyuma.”

Avuga ko abaturage ba Congo bahagaritse ibikorwa byabo byo kuza kurangura mu Rwanda, ahubwo bahitamo kujya bajya kubifata mu isoko rimwe rya Kahembe ryoherezwamo ibicuruzwa n’Abanyarwanda, dore ko ari na ryo rimwe rukumbi ryemerewe gucururizwamo n’Abanyarwanda muri Congo.

Cyakora hari icyizere ko bizakemuka, kuko mbere y’uko umubano w’Ibihugu byombi ucumbagira muri 2021, ku bufatanye n’Urugaga rw’Abikorera (PSF) hakozwe ubuvugizi ngo ibibazo hagati y’ibihugu byombi bikemuke, binyuze mu mategeko agenga ubucuruzi bwambukiranya imipaka.

Icyo gihe, Ibihugu byombi byemeranyijwe ko Jeto (udupapuro tw’inzira) igabanyirizwa ibiciro, ibyari imbogamizi ku Banyarwanda bakoraga ubucuruzi bwambuka umupaka muto wa Petite Barriere kandi ikajya ikoreshwa ku baturiye umupaka aho gukoresha urupapuro rw’inzira rwa Laissez-passer cyangwa se na permit de sejour.

 

Inzego z’u Rwanda zivuga iki?

Nubwo COVID-19 itakiri ikibazo gihangayikishije, ariko ingaruka zayo ziracyahari kuko bigaragara ko yahinduye byinshi ku bikorwa by’ubucuruzi byanyuranyuranagamo kuri uyu mupaka, hakiyongeraho ibibazo by’umutekano.

Kuri iyi ngingo, Guverinoma y’u Rwanda iherutse kuburira Abanyarwanda kwitondera kwambuka bitewe n’ibibazo by’umutekano mucye, mu gihe Ibihugu byombi bitarumvikana.

Muri Gicurasiumwaka ushize wa 2022, Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yabwiye Abanyarwanda ko badakwiye kwiyahura ngo bambuke bajya muri Congo, mu gihe ibibazo bihari bitarashakirwa umuti.

Icyo gihe yagize ati “Congo ikomeje ibikorwa by’urugomo bigamije guharabika no gushotora u Rwanda. Bityo rero turagira inama abanyarwanda yo kutiyahura ngo bambuke umupaka, kuko kugeza ubu hari abanyarwanda barimo bahura n’ibibazo abandi bagafungirwa muri Congo, bazira kuba ari abanyarwanda.”

Uru ruhurirane rw’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 n’ibibazo by’umutekano, biracyari intandaro y’ingaruka abakoraga ubucuruzi bwambukiranya imipaka bagihura nabyo, nubwo Guverinoma y’u Rwanda itanga ihumure ko harimo hakorwa inzira y’ibiganiro bigamije gishyiraho amategeko agenga ubucuruzi, mu rwego rwo gukemura iki kibazo.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yahaye umwanya undi musirikare muri RDF

Next Post

Igisobanuro gitunguranye cy’Umuyobozi w’Ibitaro byagaragayemo umwanda udasanzwe mu bwiherero

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisobanuro gitunguranye cy’Umuyobozi w’Ibitaro byagaragayemo umwanda udasanzwe mu bwiherero

Igisobanuro gitunguranye cy'Umuyobozi w’Ibitaro byagaragayemo umwanda udasanzwe mu bwiherero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.