Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda&DRC: Uko ubucuruzi buhagaze nyuma y’ingaruka za COVID-19 zikubiseho ibibazo by’umubano

radiotv10by radiotv10
08/06/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Rwanda&DRC: Uko ubucuruzi buhagaze nyuma y’ingaruka za COVID-19 zikubiseho ibibazo by’umubano
Share on FacebookShare on Twitter

Umubare w’abacuruzi bambuka umupaka uzwi nka ‘Petite Barrière’ uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wagabanutseho hejuru ya 50%, kubera ingaruka zasizwe n’icyorezo cya COVID-19, zikubiseho ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi.

Ubwo icyorezo cya COVID-19 cyadukaga, ibyiciro byose bishingiyeho ubukungu bw’Igihugu, byabaye nk’ibihagara hakora icyiciro kimwe gusa, ari cyo cya Serivisi.

Aho iki cyorezo gitangiye kugenza macye ndetse Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS rigatangaza ko COVID-19 itakiri icyorezo gihangayikishije, Abanyarwanda bari bafite inyota yo gukora nkuko byahoze mbere y’umwaka wa 2020, basanze zarahinduye imirishyo, ndetse ubucuruzi bwambukiranya imipaka burangirika.

Uku niko byagenze ku Banyarwanda bakoraga ubucuruzi bwambuka umupaka wa Petite Barriere uherereye mu Karere ka Rubavu, uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe imipaka mu Rwanda, kivuga ko mbere ya COVID-19, kuri uyu mupaka wa Petite Barriere hambukaga nibura abantu ibihumbi 55 ku munsi.

Kanyamahoro Fidel, ushinzwe imipaka icumi ihuza u Rwanda n’ibindi Bihugu, yagize ati “Abantu bambukaga buri munsi wasangaga ari abacuruzi bakorera ubucuruzi bwabo umunsi ku wundi mu Gihugu cya Congo, kimwe n’uko abaturage ba Congo bacururiza mu Rwanda kandi bataha.”

Nyamara COVID-19 ikimara kuza imipaka igafungwa mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo, abakoreshaga uyu mupaka bavuga ko naho wongeye gufungurirwa, urujya n’uruza ku Banyarwanda rwacitse intege bitewe n’amananiza arimo kuzamura ibiciro by’impapuro bambukiraho.

 

Abambuka baragabanutse

Kugeza ubu, nibura abantu bari hagati y’ibihumbi 13 n’ibihumbi 15 ni bo bambuka baciye kuri uyu mupaka wa Petite Barriere ku munsi, umubare muto cyane ugereranyije n’abantu ibihumbi bisaga 55 bambukaga.

Hari umuntu utashimye ko amazina ye atangazwa mu itangazamakuru, wabwiye RADIOTV10 ko mbere habagwaga nibura inka 13 ku munsi, ariko uyu munsi habagwa inka eshatu gusa, bitewe n’uko amabagiro yo mu Karere ka Rubavu hafi ya yose atagikora.

 

Umuzi wabyo

Kanyamahoro Fidel avuga ko abambuka bagabanutse cyane bitewe n’ibibazo byaturutse ku ngaruka z’icyorezo cya COVID-19, biza guhumira ku mirari hikubisemo n’ibibazo by’intambara yo mu burasirazuba bwa Congo.

Ati “Hakurya baje gufata icyemezo cyo guhagarika ibikorwa by’ubucuruzi bitewe n’inyungu zabo, bituma umubare munini w’abacuruzi b’Abanyarwanda batambuka ngo bajyeyo, ahubwo bohereza ibicuruzwa bakishyuza nyuma.”

Avuga ko abaturage ba Congo bahagaritse ibikorwa byabo byo kuza kurangura mu Rwanda, ahubwo bahitamo kujya bajya kubifata mu isoko rimwe rya Kahembe ryoherezwamo ibicuruzwa n’Abanyarwanda, dore ko ari na ryo rimwe rukumbi ryemerewe gucururizwamo n’Abanyarwanda muri Congo.

Cyakora hari icyizere ko bizakemuka, kuko mbere y’uko umubano w’Ibihugu byombi ucumbagira muri 2021, ku bufatanye n’Urugaga rw’Abikorera (PSF) hakozwe ubuvugizi ngo ibibazo hagati y’ibihugu byombi bikemuke, binyuze mu mategeko agenga ubucuruzi bwambukiranya imipaka.

Icyo gihe, Ibihugu byombi byemeranyijwe ko Jeto (udupapuro tw’inzira) igabanyirizwa ibiciro, ibyari imbogamizi ku Banyarwanda bakoraga ubucuruzi bwambuka umupaka muto wa Petite Barriere kandi ikajya ikoreshwa ku baturiye umupaka aho gukoresha urupapuro rw’inzira rwa Laissez-passer cyangwa se na permit de sejour.

 

Inzego z’u Rwanda zivuga iki?

Nubwo COVID-19 itakiri ikibazo gihangayikishije, ariko ingaruka zayo ziracyahari kuko bigaragara ko yahinduye byinshi ku bikorwa by’ubucuruzi byanyuranyuranagamo kuri uyu mupaka, hakiyongeraho ibibazo by’umutekano.

Kuri iyi ngingo, Guverinoma y’u Rwanda iherutse kuburira Abanyarwanda kwitondera kwambuka bitewe n’ibibazo by’umutekano mucye, mu gihe Ibihugu byombi bitarumvikana.

Muri Gicurasiumwaka ushize wa 2022, Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yabwiye Abanyarwanda ko badakwiye kwiyahura ngo bambuke bajya muri Congo, mu gihe ibibazo bihari bitarashakirwa umuti.

Icyo gihe yagize ati “Congo ikomeje ibikorwa by’urugomo bigamije guharabika no gushotora u Rwanda. Bityo rero turagira inama abanyarwanda yo kutiyahura ngo bambuke umupaka, kuko kugeza ubu hari abanyarwanda barimo bahura n’ibibazo abandi bagafungirwa muri Congo, bazira kuba ari abanyarwanda.”

Uru ruhurirane rw’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 n’ibibazo by’umutekano, biracyari intandaro y’ingaruka abakoraga ubucuruzi bwambukiranya imipaka bagihura nabyo, nubwo Guverinoma y’u Rwanda itanga ihumure ko harimo hakorwa inzira y’ibiganiro bigamije gishyiraho amategeko agenga ubucuruzi, mu rwego rwo gukemura iki kibazo.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yahaye umwanya undi musirikare muri RDF

Next Post

Igisobanuro gitunguranye cy’Umuyobozi w’Ibitaro byagaragayemo umwanda udasanzwe mu bwiherero

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisobanuro gitunguranye cy’Umuyobozi w’Ibitaro byagaragayemo umwanda udasanzwe mu bwiherero

Igisobanuro gitunguranye cy'Umuyobozi w’Ibitaro byagaragayemo umwanda udasanzwe mu bwiherero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.