Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda&DRCongo: Ibyatangajwe na Tshisekedi i NewYork bishobora gusubiza ibintu irudubi- Impuguke

radiotv10by radiotv10
27/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Rwanda&DRCongo: Ibyatangajwe na Tshisekedi i NewYork bishobora gusubiza ibintu irudubi- Impuguke
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanga muri Politiki mpuzamahanga, Dr Ismael Buchanan avuga ko ibyatangajwe na Perezida wa DRCongo mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, bishobora gusubiza inyuma inzira yari iri guterwa mu gushaka umuti w’ibibazo biri hagati y’Igihugu cye n’u Rwanda.

Ku wa Kabiri w’icyumweru gishize tariki 20 Nzeri 2022, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo ubwo yari imbere y’abitabiriye Inteko Rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye, yongeye gushinja yeruye ko u Rwanda ruri inyuma y’ibibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bw’igihugu cye.

Perezida Tshisekedi kandi yongeye kubisubiramo mu kiganiro yagiranye na France24, aho yavuze ko ikibazo u Rwanda rwitwaza rujya muri Congo, kitagihari.

Yagize ati “Nasanze u Rwanda rufite umugambi mubi. Rukoresha FDLR nk’urwitwazo kugira ngo ingabo zarwo zikunde zinjire muri Congo. Kugeza uyu munsi, FDLR ni umutwe wacitse intege utagifite ubushobozi bwo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ahubwo yahindutse ikibazo kuri Congo kurusha u Rwanda. ubu nta n’igitekerezo cyo gufata ubutegetsi bwa Kigali bafite, ahubwo bahindutse amabandi yirirwa atega abantu.”

Ku wa Gatatu tariki 21 Nzeri 2022, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, we mu ijambo yagejeje ku Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, yavuze ko gushinjanya ibirego, bidashobora gutanga umuti w’ibibazo bihari.

Perezida Kagame yagize ati “Umukino wo kugereka ibibazo ku bandi ntabwo wakemura ibibazo. Ibi bibazo ntabwo byananirana kubishakira umuti kandi bishobora kubonerwa umuti bidatwaye ubushobozi buhanitse yaba ubw’amafaranga ndetse n’ubw’imbaraga za muntu.”

Ibi byatangajwe n’Abakuru b’Ibihugu byombi, byakurikiwe n’imvugo z’abanyapolitiki bo muri Congo bavuze ko igihe kigeze ngo bihanize u Rwanda.

Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu cya Congo, Jean Michel Sama Rukonde Kenge, yavuze ko bagomba gukaza umutekano ku mipaka ihuza Igihugu cyabo n’u Rwanda.

Iki gihugu cyatangiye no kwikanga ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique, ngo ziri gukorera mu duce twegereye imipaka ya Congo.

Impuguke muri Politiki mpuzamahanga, akaba n’umwarimu muri Kaminuza, Dr Ismael Buchanan avuga ko ibi byatangajwe na Perezida Felix Tshisekedi bishobora gusubiza inyuma inzira yari yatangiwe yo gushaka umuti w’ibibazo.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, Dr Buchanan yagize ati “Ririya jambo Perezida Tshisekedi yavugiye mu Muryango w’Abibumbye kandi azi neza inzira biri kunyurano zo gukemura ikibazo kiri hagati y’u Rwanda na Congo…

Nyuma y’ijambo habayeho inyandiko zagiye zandikwa na bamwe bo muri Congo, nk’iyanditswe na Ambasaderi wa Congo muri Centrafrique, ryasubiza inyuma ya mishyikirano Abanyarwanda cyangwa Abanyafurika cyangwa Abanyekongo bari biteze yo kugarura amahoro ku buryo bishobora no guteza ikibazo gikomeye.”

Mu minsi ishize, abasesenguzi bavugaga ko ibiganiro byagiye bihuza Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi yaba ibyabereye i Nairobi n’i Luanda, byatanze umusaruro kuko abanyapolitiki bo muri Congo bakunze gukoresha imvuzo ziremereye bari babihagaritse, ndetse n’imyigaragambyo y’urugomo yo kwamagana u Rwanda, yari yahosheje.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Umujenerali wa RDF ufite ibigwi mu rugamba rwo kurwanya ibyihebe i CaboDelgado yazamuwe

Next Post

CaboDelgado: RDF ihishuye ko kuva yakwamurura ibyihebe bitigeze bihirahira guhindukira

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye
IBYAMAMARE

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
CaboDelgado: RDF ihishuye ko kuva yakwamurura ibyihebe bitigeze bihirahira guhindukira

CaboDelgado: RDF ihishuye ko kuva yakwamurura ibyihebe bitigeze bihirahira guhindukira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.