Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda&DRCongo: Ibyatangajwe na Tshisekedi i NewYork bishobora gusubiza ibintu irudubi- Impuguke

radiotv10by radiotv10
27/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Rwanda&DRCongo: Ibyatangajwe na Tshisekedi i NewYork bishobora gusubiza ibintu irudubi- Impuguke
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanga muri Politiki mpuzamahanga, Dr Ismael Buchanan avuga ko ibyatangajwe na Perezida wa DRCongo mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, bishobora gusubiza inyuma inzira yari iri guterwa mu gushaka umuti w’ibibazo biri hagati y’Igihugu cye n’u Rwanda.

Ku wa Kabiri w’icyumweru gishize tariki 20 Nzeri 2022, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo ubwo yari imbere y’abitabiriye Inteko Rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye, yongeye gushinja yeruye ko u Rwanda ruri inyuma y’ibibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bw’igihugu cye.

Perezida Tshisekedi kandi yongeye kubisubiramo mu kiganiro yagiranye na France24, aho yavuze ko ikibazo u Rwanda rwitwaza rujya muri Congo, kitagihari.

Yagize ati “Nasanze u Rwanda rufite umugambi mubi. Rukoresha FDLR nk’urwitwazo kugira ngo ingabo zarwo zikunde zinjire muri Congo. Kugeza uyu munsi, FDLR ni umutwe wacitse intege utagifite ubushobozi bwo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ahubwo yahindutse ikibazo kuri Congo kurusha u Rwanda. ubu nta n’igitekerezo cyo gufata ubutegetsi bwa Kigali bafite, ahubwo bahindutse amabandi yirirwa atega abantu.”

Ku wa Gatatu tariki 21 Nzeri 2022, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, we mu ijambo yagejeje ku Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, yavuze ko gushinjanya ibirego, bidashobora gutanga umuti w’ibibazo bihari.

Perezida Kagame yagize ati “Umukino wo kugereka ibibazo ku bandi ntabwo wakemura ibibazo. Ibi bibazo ntabwo byananirana kubishakira umuti kandi bishobora kubonerwa umuti bidatwaye ubushobozi buhanitse yaba ubw’amafaranga ndetse n’ubw’imbaraga za muntu.”

Ibi byatangajwe n’Abakuru b’Ibihugu byombi, byakurikiwe n’imvugo z’abanyapolitiki bo muri Congo bavuze ko igihe kigeze ngo bihanize u Rwanda.

Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu cya Congo, Jean Michel Sama Rukonde Kenge, yavuze ko bagomba gukaza umutekano ku mipaka ihuza Igihugu cyabo n’u Rwanda.

Iki gihugu cyatangiye no kwikanga ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique, ngo ziri gukorera mu duce twegereye imipaka ya Congo.

Impuguke muri Politiki mpuzamahanga, akaba n’umwarimu muri Kaminuza, Dr Ismael Buchanan avuga ko ibi byatangajwe na Perezida Felix Tshisekedi bishobora gusubiza inyuma inzira yari yatangiwe yo gushaka umuti w’ibibazo.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, Dr Buchanan yagize ati “Ririya jambo Perezida Tshisekedi yavugiye mu Muryango w’Abibumbye kandi azi neza inzira biri kunyurano zo gukemura ikibazo kiri hagati y’u Rwanda na Congo…

Nyuma y’ijambo habayeho inyandiko zagiye zandikwa na bamwe bo muri Congo, nk’iyanditswe na Ambasaderi wa Congo muri Centrafrique, ryasubiza inyuma ya mishyikirano Abanyarwanda cyangwa Abanyafurika cyangwa Abanyekongo bari biteze yo kugarura amahoro ku buryo bishobora no guteza ikibazo gikomeye.”

Mu minsi ishize, abasesenguzi bavugaga ko ibiganiro byagiye bihuza Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi yaba ibyabereye i Nairobi n’i Luanda, byatanze umusaruro kuko abanyapolitiki bo muri Congo bakunze gukoresha imvuzo ziremereye bari babihagaritse, ndetse n’imyigaragambyo y’urugomo yo kwamagana u Rwanda, yari yahosheje.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 14 =

Previous Post

Umujenerali wa RDF ufite ibigwi mu rugamba rwo kurwanya ibyihebe i CaboDelgado yazamuwe

Next Post

CaboDelgado: RDF ihishuye ko kuva yakwamurura ibyihebe bitigeze bihirahira guhindukira

Related Posts

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

by radiotv10
30/12/2025
0

As 2025 comes to an end, many young people in Kigali are not talking about dramatic transformations or unrealistic resolutions....

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
30/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

IZIHERUKA

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start
MU RWANDA

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

by radiotv10
30/12/2025
0

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
CaboDelgado: RDF ihishuye ko kuva yakwamurura ibyihebe bitigeze bihirahira guhindukira

CaboDelgado: RDF ihishuye ko kuva yakwamurura ibyihebe bitigeze bihirahira guhindukira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.