Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda&DRCongo: Ibyatangajwe na Tshisekedi i NewYork bishobora gusubiza ibintu irudubi- Impuguke

radiotv10by radiotv10
27/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Rwanda&DRCongo: Ibyatangajwe na Tshisekedi i NewYork bishobora gusubiza ibintu irudubi- Impuguke
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanga muri Politiki mpuzamahanga, Dr Ismael Buchanan avuga ko ibyatangajwe na Perezida wa DRCongo mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, bishobora gusubiza inyuma inzira yari iri guterwa mu gushaka umuti w’ibibazo biri hagati y’Igihugu cye n’u Rwanda.

Ku wa Kabiri w’icyumweru gishize tariki 20 Nzeri 2022, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo ubwo yari imbere y’abitabiriye Inteko Rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye, yongeye gushinja yeruye ko u Rwanda ruri inyuma y’ibibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bw’igihugu cye.

Perezida Tshisekedi kandi yongeye kubisubiramo mu kiganiro yagiranye na France24, aho yavuze ko ikibazo u Rwanda rwitwaza rujya muri Congo, kitagihari.

Yagize ati “Nasanze u Rwanda rufite umugambi mubi. Rukoresha FDLR nk’urwitwazo kugira ngo ingabo zarwo zikunde zinjire muri Congo. Kugeza uyu munsi, FDLR ni umutwe wacitse intege utagifite ubushobozi bwo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ahubwo yahindutse ikibazo kuri Congo kurusha u Rwanda. ubu nta n’igitekerezo cyo gufata ubutegetsi bwa Kigali bafite, ahubwo bahindutse amabandi yirirwa atega abantu.”

Ku wa Gatatu tariki 21 Nzeri 2022, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, we mu ijambo yagejeje ku Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, yavuze ko gushinjanya ibirego, bidashobora gutanga umuti w’ibibazo bihari.

Perezida Kagame yagize ati “Umukino wo kugereka ibibazo ku bandi ntabwo wakemura ibibazo. Ibi bibazo ntabwo byananirana kubishakira umuti kandi bishobora kubonerwa umuti bidatwaye ubushobozi buhanitse yaba ubw’amafaranga ndetse n’ubw’imbaraga za muntu.”

Ibi byatangajwe n’Abakuru b’Ibihugu byombi, byakurikiwe n’imvugo z’abanyapolitiki bo muri Congo bavuze ko igihe kigeze ngo bihanize u Rwanda.

Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu cya Congo, Jean Michel Sama Rukonde Kenge, yavuze ko bagomba gukaza umutekano ku mipaka ihuza Igihugu cyabo n’u Rwanda.

Iki gihugu cyatangiye no kwikanga ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique, ngo ziri gukorera mu duce twegereye imipaka ya Congo.

Impuguke muri Politiki mpuzamahanga, akaba n’umwarimu muri Kaminuza, Dr Ismael Buchanan avuga ko ibi byatangajwe na Perezida Felix Tshisekedi bishobora gusubiza inyuma inzira yari yatangiwe yo gushaka umuti w’ibibazo.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, Dr Buchanan yagize ati “Ririya jambo Perezida Tshisekedi yavugiye mu Muryango w’Abibumbye kandi azi neza inzira biri kunyurano zo gukemura ikibazo kiri hagati y’u Rwanda na Congo…

Nyuma y’ijambo habayeho inyandiko zagiye zandikwa na bamwe bo muri Congo, nk’iyanditswe na Ambasaderi wa Congo muri Centrafrique, ryasubiza inyuma ya mishyikirano Abanyarwanda cyangwa Abanyafurika cyangwa Abanyekongo bari biteze yo kugarura amahoro ku buryo bishobora no guteza ikibazo gikomeye.”

Mu minsi ishize, abasesenguzi bavugaga ko ibiganiro byagiye bihuza Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi yaba ibyabereye i Nairobi n’i Luanda, byatanze umusaruro kuko abanyapolitiki bo muri Congo bakunze gukoresha imvuzo ziremereye bari babihagaritse, ndetse n’imyigaragambyo y’urugomo yo kwamagana u Rwanda, yari yahosheje.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 4 =

Previous Post

Umujenerali wa RDF ufite ibigwi mu rugamba rwo kurwanya ibyihebe i CaboDelgado yazamuwe

Next Post

CaboDelgado: RDF ihishuye ko kuva yakwamurura ibyihebe bitigeze bihirahira guhindukira

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
CaboDelgado: RDF ihishuye ko kuva yakwamurura ibyihebe bitigeze bihirahira guhindukira

CaboDelgado: RDF ihishuye ko kuva yakwamurura ibyihebe bitigeze bihirahira guhindukira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.