Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RwandAir irateganya gukuba kabiri indege zayo n’aho yerecyeza hakiyongera

radiotv10by radiotv10
08/11/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
RwandAir irateganya gukuba kabiri indege zayo n’aho yerecyeza hakiyongera
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda y’ingendo z’indege RwandAir, butangaza ko bwifuza gukuba kabiri umubare w’indege zayo zikagera kuri 25 mu myaka itanu iri imbere, ndetse n’aho yerecyeza hakiyongera.

Byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo uvuga ko ibi bigamije kongera ibyerecyezo by’indege z’iyi sosiyete yaba muri Afurika ndetse no ku Isi.

Aganira na The National News, Yvonne Makolo yavuze ko bifuza kongera umubare w’indege za RwandAir zisanzwe ari 13, aho uyu mwaka haziyongeraho izindi eshatu zo mu bwoko bwa Boeing 737.

Yagize ati “Ntabwo tuzagera kure kurusha Umugabane wa Afurika, uyu ni wo Mugabane ufite indege nke: dufite miliyoni 1,4 z’abaturage ariko dutanga umusanzu mu ngendo zo mu kirere ku kigero cya 3% ku Isi.”

Makolo uherutse no kuba umugore wa mbere winjiye mu nama y’ubutegetsi y’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Ibigo by’indege (IATA/ International Air Transport Association), avuga ko kugeza ubu RwandAir yerecyeza mu byerecyezo 25, birimo 20 byo muri Afurika, nko muri Ghana, Kenya, Nigeria na Afurika y’Epfo.

Nanone kandi ijya mu mijyi yo ku Mugabane w’u Burayi, nk’i Paris mu Bufaransa, i London mu Bwongereza, i Brussels mu Bubiligi ndetse n’iyo mu Bihugu by’Abarabu nka Dubai na Doha.

Makolo avuga ko RwandAir ifite intego yo kuzamura ibyerecyezo byayo bikagera kuri 39 mu myaka itanu iri mbere by’umwihariko ku Mugabane wa Afurika.

Ati “Amahirwe ari mu Mugabane wacu kandi RwandAir ni ho ishyize imbaraga, harebwa uburyo tugomba gufungura amarembo n’Ibihugu bya Afurika […] tugashyiraho uburyo bwo guhuza u Rwanda n’Ibihugu bya Afurika, ubundi tukareba uburyo twahuza Umugabane n’ibindi bice by’Isi.”

RwandAir ifite ubwoko bw’indege burimo Airbus A330 iri no mu ndege ngari, hakaba iya Boeing 737s, iya Bombardier CRJ-900s, ndetse n’ebyiri z’ubwoko bwa De Havilland Canada Dash 8-Q400s.

Makolo avuga ko ubwikorezi bw’indege bugifite imbogamizi muri Afurika, zishingiye ku kuba uru rwego rukibonwa nk’urw’abasirimu bo hejuru, aho na Leta zituma ibiciro byo muri uru rwego bijya hejuru.

Ati “Uru rwego ruracyacibwa imisoro ihanitse, kandi atari ngombwa, icyo ni ikintu gikwiye gushakirwa umuti kandi dukwiye kugirana imikoranire n’abafatanyabikorwa na sosiyete z’indege muri Afurika.”

Makolo avuga ko hari byinshi bigikenewe gushyirwamo ingufu kugira ngo uru rwego rw’ingendo z’indege rutere imbere muri Afurika, nko korohereza urwego rutunganya ibikomoka kuri petero SAF (Sustainable Aviation Fuel) byifashishwa muri uru rwego.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Perezida Kagame kuri telefone yaganiriye n’Umunyamabanga wa LONI ku bya Congo

Next Post

M23 yagaragaje gihamya y’ibyo ishinga igisirikare cy’u Burundi hanashyirwa hanze umugambi wacyo

Related Posts

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

by radiotv10
29/10/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye umwana ufite ubumuga akina umupira w’amaguru na bagenzi be batabufite akagaragaza impano idasanzwe, bigakora benshi ku mutima,...

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

by radiotv10
29/10/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye Inama muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagaragaje ko mu kubungabunga ibidukikije...

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

by radiotv10
29/10/2025
0

Impuguke mu buzima n’imiyoborere, ziravuga ko imyitwarire y’ubusinzi ikomeje kugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda ihangayikishije, zigasaba Leta kugira icyo ikora...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

by radiotv10
29/10/2025
0

Umusore w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, akurikiranyweho kwica nyina babanaga, amuziza kuba yaranze...

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

by radiotv10
29/10/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, aravuga ko atakibasha kubonera ibitotsi mu nzu ye yiyubakiye nyuma...

IZIHERUKA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yemeje ko yafashe mpiri abasirikare b’u Burundi n’izindi mbunda za rutura

M23 yagaragaje gihamya y’ibyo ishinga igisirikare cy’u Burundi hanashyirwa hanze umugambi wacyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.