Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RwandAir irateganya gukuba kabiri indege zayo n’aho yerecyeza hakiyongera

radiotv10by radiotv10
08/11/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
RwandAir irateganya gukuba kabiri indege zayo n’aho yerecyeza hakiyongera
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda y’ingendo z’indege RwandAir, butangaza ko bwifuza gukuba kabiri umubare w’indege zayo zikagera kuri 25 mu myaka itanu iri imbere, ndetse n’aho yerecyeza hakiyongera.

Byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo uvuga ko ibi bigamije kongera ibyerecyezo by’indege z’iyi sosiyete yaba muri Afurika ndetse no ku Isi.

Aganira na The National News, Yvonne Makolo yavuze ko bifuza kongera umubare w’indege za RwandAir zisanzwe ari 13, aho uyu mwaka haziyongeraho izindi eshatu zo mu bwoko bwa Boeing 737.

Yagize ati “Ntabwo tuzagera kure kurusha Umugabane wa Afurika, uyu ni wo Mugabane ufite indege nke: dufite miliyoni 1,4 z’abaturage ariko dutanga umusanzu mu ngendo zo mu kirere ku kigero cya 3% ku Isi.”

Makolo uherutse no kuba umugore wa mbere winjiye mu nama y’ubutegetsi y’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Ibigo by’indege (IATA/ International Air Transport Association), avuga ko kugeza ubu RwandAir yerecyeza mu byerecyezo 25, birimo 20 byo muri Afurika, nko muri Ghana, Kenya, Nigeria na Afurika y’Epfo.

Nanone kandi ijya mu mijyi yo ku Mugabane w’u Burayi, nk’i Paris mu Bufaransa, i London mu Bwongereza, i Brussels mu Bubiligi ndetse n’iyo mu Bihugu by’Abarabu nka Dubai na Doha.

Makolo avuga ko RwandAir ifite intego yo kuzamura ibyerecyezo byayo bikagera kuri 39 mu myaka itanu iri mbere by’umwihariko ku Mugabane wa Afurika.

Ati “Amahirwe ari mu Mugabane wacu kandi RwandAir ni ho ishyize imbaraga, harebwa uburyo tugomba gufungura amarembo n’Ibihugu bya Afurika […] tugashyiraho uburyo bwo guhuza u Rwanda n’Ibihugu bya Afurika, ubundi tukareba uburyo twahuza Umugabane n’ibindi bice by’Isi.”

RwandAir ifite ubwoko bw’indege burimo Airbus A330 iri no mu ndege ngari, hakaba iya Boeing 737s, iya Bombardier CRJ-900s, ndetse n’ebyiri z’ubwoko bwa De Havilland Canada Dash 8-Q400s.

Makolo avuga ko ubwikorezi bw’indege bugifite imbogamizi muri Afurika, zishingiye ku kuba uru rwego rukibonwa nk’urw’abasirimu bo hejuru, aho na Leta zituma ibiciro byo muri uru rwego bijya hejuru.

Ati “Uru rwego ruracyacibwa imisoro ihanitse, kandi atari ngombwa, icyo ni ikintu gikwiye gushakirwa umuti kandi dukwiye kugirana imikoranire n’abafatanyabikorwa na sosiyete z’indege muri Afurika.”

Makolo avuga ko hari byinshi bigikenewe gushyirwamo ingufu kugira ngo uru rwego rw’ingendo z’indege rutere imbere muri Afurika, nko korohereza urwego rutunganya ibikomoka kuri petero SAF (Sustainable Aviation Fuel) byifashishwa muri uru rwego.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − twelve =

Previous Post

Perezida Kagame kuri telefone yaganiriye n’Umunyamabanga wa LONI ku bya Congo

Next Post

M23 yagaragaje gihamya y’ibyo ishinga igisirikare cy’u Burundi hanashyirwa hanze umugambi wacyo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yemeje ko yafashe mpiri abasirikare b’u Burundi n’izindi mbunda za rutura

M23 yagaragaje gihamya y’ibyo ishinga igisirikare cy’u Burundi hanashyirwa hanze umugambi wacyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.