Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RwandAir irateganya gukuba kabiri indege zayo n’aho yerecyeza hakiyongera

radiotv10by radiotv10
08/11/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
RwandAir irateganya gukuba kabiri indege zayo n’aho yerecyeza hakiyongera
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda y’ingendo z’indege RwandAir, butangaza ko bwifuza gukuba kabiri umubare w’indege zayo zikagera kuri 25 mu myaka itanu iri imbere, ndetse n’aho yerecyeza hakiyongera.

Byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo uvuga ko ibi bigamije kongera ibyerecyezo by’indege z’iyi sosiyete yaba muri Afurika ndetse no ku Isi.

Aganira na The National News, Yvonne Makolo yavuze ko bifuza kongera umubare w’indege za RwandAir zisanzwe ari 13, aho uyu mwaka haziyongeraho izindi eshatu zo mu bwoko bwa Boeing 737.

Yagize ati “Ntabwo tuzagera kure kurusha Umugabane wa Afurika, uyu ni wo Mugabane ufite indege nke: dufite miliyoni 1,4 z’abaturage ariko dutanga umusanzu mu ngendo zo mu kirere ku kigero cya 3% ku Isi.”

Makolo uherutse no kuba umugore wa mbere winjiye mu nama y’ubutegetsi y’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Ibigo by’indege (IATA/ International Air Transport Association), avuga ko kugeza ubu RwandAir yerecyeza mu byerecyezo 25, birimo 20 byo muri Afurika, nko muri Ghana, Kenya, Nigeria na Afurika y’Epfo.

Nanone kandi ijya mu mijyi yo ku Mugabane w’u Burayi, nk’i Paris mu Bufaransa, i London mu Bwongereza, i Brussels mu Bubiligi ndetse n’iyo mu Bihugu by’Abarabu nka Dubai na Doha.

Makolo avuga ko RwandAir ifite intego yo kuzamura ibyerecyezo byayo bikagera kuri 39 mu myaka itanu iri mbere by’umwihariko ku Mugabane wa Afurika.

Ati “Amahirwe ari mu Mugabane wacu kandi RwandAir ni ho ishyize imbaraga, harebwa uburyo tugomba gufungura amarembo n’Ibihugu bya Afurika […] tugashyiraho uburyo bwo guhuza u Rwanda n’Ibihugu bya Afurika, ubundi tukareba uburyo twahuza Umugabane n’ibindi bice by’Isi.”

RwandAir ifite ubwoko bw’indege burimo Airbus A330 iri no mu ndege ngari, hakaba iya Boeing 737s, iya Bombardier CRJ-900s, ndetse n’ebyiri z’ubwoko bwa De Havilland Canada Dash 8-Q400s.

Makolo avuga ko ubwikorezi bw’indege bugifite imbogamizi muri Afurika, zishingiye ku kuba uru rwego rukibonwa nk’urw’abasirimu bo hejuru, aho na Leta zituma ibiciro byo muri uru rwego bijya hejuru.

Ati “Uru rwego ruracyacibwa imisoro ihanitse, kandi atari ngombwa, icyo ni ikintu gikwiye gushakirwa umuti kandi dukwiye kugirana imikoranire n’abafatanyabikorwa na sosiyete z’indege muri Afurika.”

Makolo avuga ko hari byinshi bigikenewe gushyirwamo ingufu kugira ngo uru rwego rw’ingendo z’indege rutere imbere muri Afurika, nko korohereza urwego rutunganya ibikomoka kuri petero SAF (Sustainable Aviation Fuel) byifashishwa muri uru rwego.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 9 =

Previous Post

Perezida Kagame kuri telefone yaganiriye n’Umunyamabanga wa LONI ku bya Congo

Next Post

M23 yagaragaje gihamya y’ibyo ishinga igisirikare cy’u Burundi hanashyirwa hanze umugambi wacyo

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yemeje ko yafashe mpiri abasirikare b’u Burundi n’izindi mbunda za rutura

M23 yagaragaje gihamya y’ibyo ishinga igisirikare cy’u Burundi hanashyirwa hanze umugambi wacyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.