Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda&Uganda: Guverinoma zombi zagaragaje aho kuzahura umubano bigeze, zishimira Perezida Kagame na Museveni

radiotv10by radiotv10
01/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Rwanda&Uganda: Guverinoma zombi zagaragaje aho kuzahura umubano bigeze, zishimira Perezida Kagame na Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Uganda, zashimye intambwe ishimishije  imaze guterwa mu kuzahura umubano, zishimira Abakuru b’Ibihugu byombi ku muhate bagize mu kubyutsa imibanire y’ibi Bihugu by’ibivandimwe.

Bikubiye mu itangazo rihuriweho na Minisiteri z’Ububanyi n’Amahanga z’Ibihugu byombi, ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kane tariki 01 Kanama 2022 nyuma yuko Minisitiri Dr Vincent Biruta yakiriye mugenzi we wa Uganda, Gen. Odongo Jeje Abubakhar.

Iri tangazo rivuga ko Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane b’u Rwanda na Uganda, bagiranye ibiganiro ku mibanire y’ibi Bihugu biri mu murongo w’ibyemeranyijweho n’Abakuru b’Ibihugu byombi bigamije gushimangira izahura ry’umubano wabyo.

Iri tangazo rihuriweho rigira riti “Abaminisitiri bombi bashimiye intambwe ishimishije yatewe mu kuzahura umubano w’Ibihugu byombi.”

Abaminisitiri bombi kandi bemeranyijwe gushyira imbaraga mu bibazo by’umutekano biri mu karere ndetse n’ibibazo bikibangamiye iterambere n’imibereho myiza y’abaturage b’Ibihugu byombi.

Rikomeza rigira riti “Abaminisitiri bashimiye byizamazeyo imiyoborere myiza ku mpande z’Ibihugu byombi ya Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda na Nyakubahwa Yoweri Kaguta Museveni Perezida wa Repubulika ya Uganda ku bw’umuhate bakomeje kugaragaza mu kuzahura no gutsimbataza imibanire y’Ibihugu byombi.”

Baboneyeho gushima uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame yagiriye muri Uganda ndetse n’urwa mugenzi we Yoweri Kaguta Museveni waje mu Rwanda ubwo yari yitabiriye CHOGM 2022 “nk’ikimenyetso ntayegayezwa cyo kubura umubano w’Ibihugu byombi.”

Abaminisitiri bombi kandi baboneye kungurana ibitekerezo ku bijyanye n’umutekano, ubucuruzi ndeste n’ishoramari rihuriweho, bemeranya kongera gusuzuma no kubura imikoranire mu nzego zitandukanye bigizwemo uruhare na komite ihoraho ihuriweho yashyizwe hagati y’u Rwanda na Uganda.

Bemeranyijwe ko inama itaha izahuza iyi komite ihuriweho, izabera mu Rwanda muri Werurwe 2023 ikazibanda ku bibazo by’ingutu byagarutsweho mu nama iheruka.

Guverinoma z’Ibihugu byombi zemeranyijwe ko zizakomeza gutera intambwe igana imbere kugira ngo abatuye Ibihugu byombi barusheho kwishimira no kugerwaho n’umusaruro w’imibanire myiza y’u Rwanda na Uganda.

Dr Biruta yakiriye mugenzi we Gen. Odongo Jeje Abubakhar
Bagiranye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − seven =

Previous Post

Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi…Hari abayobozi bakomeye byababaje

Next Post

Shanitah asa nk’uwihebye ku modoka yegukanye mu irushanwa ryateguwe n’abarimo Miss Jolly

Related Posts

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

IZIHERUKA

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye
AMAHANGA

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

31/12/2025
Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Shanitah asa nk’uwihebye ku modoka yegukanye mu irushanwa ryateguwe n’abarimo Miss Jolly

Shanitah asa nk’uwihebye ku modoka yegukanye mu irushanwa ryateguwe n’abarimo Miss Jolly

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.