Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda&Uganda: Guverinoma zombi zagaragaje aho kuzahura umubano bigeze, zishimira Perezida Kagame na Museveni

radiotv10by radiotv10
01/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Rwanda&Uganda: Guverinoma zombi zagaragaje aho kuzahura umubano bigeze, zishimira Perezida Kagame na Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Uganda, zashimye intambwe ishimishije  imaze guterwa mu kuzahura umubano, zishimira Abakuru b’Ibihugu byombi ku muhate bagize mu kubyutsa imibanire y’ibi Bihugu by’ibivandimwe.

Bikubiye mu itangazo rihuriweho na Minisiteri z’Ububanyi n’Amahanga z’Ibihugu byombi, ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kane tariki 01 Kanama 2022 nyuma yuko Minisitiri Dr Vincent Biruta yakiriye mugenzi we wa Uganda, Gen. Odongo Jeje Abubakhar.

Iri tangazo rivuga ko Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane b’u Rwanda na Uganda, bagiranye ibiganiro ku mibanire y’ibi Bihugu biri mu murongo w’ibyemeranyijweho n’Abakuru b’Ibihugu byombi bigamije gushimangira izahura ry’umubano wabyo.

Iri tangazo rihuriweho rigira riti “Abaminisitiri bombi bashimiye intambwe ishimishije yatewe mu kuzahura umubano w’Ibihugu byombi.”

Abaminisitiri bombi kandi bemeranyijwe gushyira imbaraga mu bibazo by’umutekano biri mu karere ndetse n’ibibazo bikibangamiye iterambere n’imibereho myiza y’abaturage b’Ibihugu byombi.

Rikomeza rigira riti “Abaminisitiri bashimiye byizamazeyo imiyoborere myiza ku mpande z’Ibihugu byombi ya Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda na Nyakubahwa Yoweri Kaguta Museveni Perezida wa Repubulika ya Uganda ku bw’umuhate bakomeje kugaragaza mu kuzahura no gutsimbataza imibanire y’Ibihugu byombi.”

Baboneyeho gushima uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame yagiriye muri Uganda ndetse n’urwa mugenzi we Yoweri Kaguta Museveni waje mu Rwanda ubwo yari yitabiriye CHOGM 2022 “nk’ikimenyetso ntayegayezwa cyo kubura umubano w’Ibihugu byombi.”

Abaminisitiri bombi kandi baboneye kungurana ibitekerezo ku bijyanye n’umutekano, ubucuruzi ndeste n’ishoramari rihuriweho, bemeranya kongera gusuzuma no kubura imikoranire mu nzego zitandukanye bigizwemo uruhare na komite ihoraho ihuriweho yashyizwe hagati y’u Rwanda na Uganda.

Bemeranyijwe ko inama itaha izahuza iyi komite ihuriweho, izabera mu Rwanda muri Werurwe 2023 ikazibanda ku bibazo by’ingutu byagarutsweho mu nama iheruka.

Guverinoma z’Ibihugu byombi zemeranyijwe ko zizakomeza gutera intambwe igana imbere kugira ngo abatuye Ibihugu byombi barusheho kwishimira no kugerwaho n’umusaruro w’imibanire myiza y’u Rwanda na Uganda.

Dr Biruta yakiriye mugenzi we Gen. Odongo Jeje Abubakhar
Bagiranye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 4 =

Previous Post

Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi…Hari abayobozi bakomeye byababaje

Next Post

Shanitah asa nk’uwihebye ku modoka yegukanye mu irushanwa ryateguwe n’abarimo Miss Jolly

Related Posts

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

In a world that keeps changing faster than ever, young adults are under increasing pressure to keep up. Technology, job...

IZIHERUKA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?
MU RWANDA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Shanitah asa nk’uwihebye ku modoka yegukanye mu irushanwa ryateguwe n’abarimo Miss Jolly

Shanitah asa nk’uwihebye ku modoka yegukanye mu irushanwa ryateguwe n’abarimo Miss Jolly

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.