Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda&Uganda: Guverinoma zombi zagaragaje aho kuzahura umubano bigeze, zishimira Perezida Kagame na Museveni

radiotv10by radiotv10
01/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Rwanda&Uganda: Guverinoma zombi zagaragaje aho kuzahura umubano bigeze, zishimira Perezida Kagame na Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Uganda, zashimye intambwe ishimishije  imaze guterwa mu kuzahura umubano, zishimira Abakuru b’Ibihugu byombi ku muhate bagize mu kubyutsa imibanire y’ibi Bihugu by’ibivandimwe.

Bikubiye mu itangazo rihuriweho na Minisiteri z’Ububanyi n’Amahanga z’Ibihugu byombi, ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kane tariki 01 Kanama 2022 nyuma yuko Minisitiri Dr Vincent Biruta yakiriye mugenzi we wa Uganda, Gen. Odongo Jeje Abubakhar.

Iri tangazo rivuga ko Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane b’u Rwanda na Uganda, bagiranye ibiganiro ku mibanire y’ibi Bihugu biri mu murongo w’ibyemeranyijweho n’Abakuru b’Ibihugu byombi bigamije gushimangira izahura ry’umubano wabyo.

Iri tangazo rihuriweho rigira riti “Abaminisitiri bombi bashimiye intambwe ishimishije yatewe mu kuzahura umubano w’Ibihugu byombi.”

Abaminisitiri bombi kandi bemeranyijwe gushyira imbaraga mu bibazo by’umutekano biri mu karere ndetse n’ibibazo bikibangamiye iterambere n’imibereho myiza y’abaturage b’Ibihugu byombi.

Rikomeza rigira riti “Abaminisitiri bashimiye byizamazeyo imiyoborere myiza ku mpande z’Ibihugu byombi ya Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda na Nyakubahwa Yoweri Kaguta Museveni Perezida wa Repubulika ya Uganda ku bw’umuhate bakomeje kugaragaza mu kuzahura no gutsimbataza imibanire y’Ibihugu byombi.”

Baboneyeho gushima uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame yagiriye muri Uganda ndetse n’urwa mugenzi we Yoweri Kaguta Museveni waje mu Rwanda ubwo yari yitabiriye CHOGM 2022 “nk’ikimenyetso ntayegayezwa cyo kubura umubano w’Ibihugu byombi.”

Abaminisitiri bombi kandi baboneye kungurana ibitekerezo ku bijyanye n’umutekano, ubucuruzi ndeste n’ishoramari rihuriweho, bemeranya kongera gusuzuma no kubura imikoranire mu nzego zitandukanye bigizwemo uruhare na komite ihoraho ihuriweho yashyizwe hagati y’u Rwanda na Uganda.

Bemeranyijwe ko inama itaha izahuza iyi komite ihuriweho, izabera mu Rwanda muri Werurwe 2023 ikazibanda ku bibazo by’ingutu byagarutsweho mu nama iheruka.

Guverinoma z’Ibihugu byombi zemeranyijwe ko zizakomeza gutera intambwe igana imbere kugira ngo abatuye Ibihugu byombi barusheho kwishimira no kugerwaho n’umusaruro w’imibanire myiza y’u Rwanda na Uganda.

Dr Biruta yakiriye mugenzi we Gen. Odongo Jeje Abubakhar
Bagiranye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − ten =

Previous Post

Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi…Hari abayobozi bakomeye byababaje

Next Post

Shanitah asa nk’uwihebye ku modoka yegukanye mu irushanwa ryateguwe n’abarimo Miss Jolly

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito
AMAHANGA

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Shanitah asa nk’uwihebye ku modoka yegukanye mu irushanwa ryateguwe n’abarimo Miss Jolly

Shanitah asa nk’uwihebye ku modoka yegukanye mu irushanwa ryateguwe n’abarimo Miss Jolly

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.