Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwarutabura wakoze impanuka abamugezeho bwa mbere ni abafana ba APR

radiotv10by radiotv10
18/05/2022
in MU RWANDA, SIPORO
2
Rwarutabura wakoze impanuka abamugezeho bwa mbere ni abafana ba APR
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bafana bakomeye b’Ikipe ya Rayon Sports, Ngenzahimana Bosco uzwi nka Rwarutabura yakoze impanuka ajyanwa kwa muganga, agerwaho bwa mbere n’abafana ba APR isanzwe ari mucyeba w’ikipe ye.

Rwarutabura yagize ibi byago kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Gicurasi 2022 ubwo yari agiye kureba imyitozi y’ikipe yihebeye mu Nzove aho iri kwitegura umukino w’ishiraniro uzayihuza na mucyeba wayo APR FC kuri uyu wa Kane.

Uyu mufana ukomeye w’ikipe ya Rayon Sports, yakomerekeye muri iyi mpanuka, ahita ajyanwa kwa muganga.

Amakuru agera kuri RADIOTV10, yemeza ko Rwarutabura ubu amerewe neza nyuma y’uko ageze kwa muganga akitabwaho n’abaganga.

Aba mbere bamugezeho, barimo abafana ba APR FC isanzwe ari mucyeba wa Rayon Sports zinitegura uyu mukino ukomeye wa 1/2 mu gikombe cy’amahoro.

Muri aba bafana ba APR basuye Rwarutabura, barimo Rugiro na we usanzwe ari umufana ukomeye wa APR FC ndetse bakunze kugaragara bahanganye iyo aya makipe yabo yahuye.

Kuba aba bafana ba APR basuye Rwarutabura, byakoze benshi ku mutima aho bamwe mu Banyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo bongeye kugaruka ku ihame rya siporo ry’ubworohererane hagati y’abasiporutifu.

Yakomeretse
Basanzwe bagaragara bahanganye iyo bari gufana amakipe yabo ariko ubusanzwe ni inshuti magara
Bamusuye banamugenera ubufasha bwo kubasha kwitabwaho
Iyo bari gufana baba ari mbirimbiri

RADIOTV10

Comments 2

  1. Kaka says:
    4 years ago

    Erega ubjndi usibye itangaza makuru riteranya ananti ariko ntakibazo abafana ba APR na Rayon bafitanye nuko usanga a afite microfine ibintu babigize intambara

    Reply
  2. Gasore says:
    4 years ago

    Disi biteye emotions

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Ishyirahamwe ry’Umupira muri Tanzania ryakubise akanyafu Masudi Juma kubera kurwana

Next Post

Demokarasi ni kositimu yatubera twese igihe yaba yadozwe hagendewe ku ngano yacu- Louise Mushikiwabo

Related Posts

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni watorewe gukomeza kuyobora iki Gihugu, anamwifuriza we n’Abanya-Uganda ishya...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Demokarasi ni kositimu yatubera twese igihe yaba yadozwe hagendewe ku ngano yacu- Louise Mushikiwabo

Demokarasi ni kositimu yatubera twese igihe yaba yadozwe hagendewe ku ngano yacu- Louise Mushikiwabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.