Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwatubyaye ashyize ukuri hanze ku byavuzwe ko yakoze ubukwe

radiotv10by radiotv10
07/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Rwatubyaye ashyize ukuri hanze ku byavuzwe ko yakoze ubukwe
Share on FacebookShare on Twitter

Myugariro wa Rayon Sports n’Ikipe y’Igihugu (Amavubi), Rwatubyaye Abdul yahakanye amakuru yatangajwe ko yasezeranye n’uwari umukunzi we Hamida, ahishura ko batakinakundana.

Muri Mata umwaka ushize, bimwe mu bitangazamakuru byo mu Rwanda byatangaje ko Rwatubyaye Abdul yasezeranye n’uwari umukunzi we Hamida.

Uyu Hamida kandi muri Nyakanga umwaka ushize wa 2021 yari yatangaje ko yitegura kwibaruka umwana wa gatatu ndetse ko yari uwa Rwatubyaye Abdul.

Uyu wari umukunzi wa Rwatubyaye kandi mu kiganiro yakoranye n’abamukurikira kuri Instagram, yari yavuze ko yasezeranye na Rwatubyaye mu idini ya Islam.

Uyu myugariro ubu uri gukinira Rayon Sports, yanyomoje aya makuru, avuga ko uyu wari umukunzi we yabitangaje ashaka kumva abantu.

Ati “Nkeka ko wenda yabivuze ashaka kumva ko wenda nafashwe ntawundi muntu ushobora kuba yanyegera cyangwa yamvugisha cyangwa twakundana ariko ntabwo gushakana cyangwa gukora imihango ya kisilamu, nta kintu kigeze kibaho.”

Rwatubyaye yasabye abakunzi be kwemera aya makuru yitangiye kuko ari yo y’ukuri.

Ati “Ntabwo naza imbere ya camera ngo mvuge ikintu nk’icyo gikomeye mvuge ngo ndakubeshya.”

Avuga ko na bo ubwabo ku mbuga nkoranyambaga zabo bari barashyizeho ko barushinze [Married] ariko ko ntabyabye.

Ati “Icyabaye ni ugukundana bisanzwe…ni ukuvuga ko turimo gutegura icyo gikorwa cy’ubukwe ariko ubu nta bukwe buri gutegurwa na relationships [gukundana] ntabwo tukiyifite yararangiye.”

Abajijwe impamvu yabiteye, Rwatubyaye abinyuze hejuru, yagize ati “Burya ahantu utabona ko hakurimo cyangwa ahantu ubona urimo gutakaza mu buzima bwawe ntabwo ari ngombwa kuhaguma.”

Rwatubyaye avuga ko nta mukunzi mushya bari kumwe ngo kuko atava mu rukundo ngo ahite ajya mu rundi ahubwo ko ari mu kiruhuko cyo kwakira urugendo rushya.

Rwatubyaye ubu yaje gukina mu Rwanda
Hamida wari umukunzi we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Umunyapolitiki yavuze ko Congo iganiriye n’u Rwanda na Uganda yasohoka mu bibazo

Next Post

Nyundo rurakinga babiri ngo inzara iravuza ubuhuha, umwe ati “dutunzwe n’umwuka w’Imana”

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyundo rurakinga babiri ngo inzara iravuza ubuhuha, umwe ati “dutunzwe n’umwuka w’Imana”

Nyundo rurakinga babiri ngo inzara iravuza ubuhuha, umwe ati "dutunzwe n’umwuka w’Imana"

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.