Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyapolitiki yavuze ko Congo iganiriye n’u Rwanda na Uganda yasohoka mu bibazo

radiotv10by radiotv10
07/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyapolitiki yavuze ko Congo iganiriye n’u Rwanda na Uganda yasohoka mu bibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Vital Kamerhe akaba na Perezida w’Ishyaka UNC, yavuze ko umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wava mu biganiro iki Gihugu cyagirana n’u Rwanda na Uganda.

Byatangajwe n’Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri UNC akaba n’umuvugizi wa Kamerhe, Michel Moto mu itangazo yashyize hanze rigaruka kuri gahunda y’uyu munyapolitiki avuga ko igamije gutanga umusanzu mu gutuma uburasirazuba bwa Congo busohoka mu bibazo by’umutekano mucye byabaye akarande.

Yatangaje ko Vital Kamerhe abona igikenewe cy’ibanze ari ibiganiro byahuza Ibihugu birebwa na biriya bibazo ari byo, Congo, u Rwanda na Uganda.

Itangazo ry’umuyobozi ushinzwe itumanaho mu ishyaka UNC, Michel Moto rigaragaza ibyifuzo bya Vital Kamerhe, rivuga ko icyatuma umutwe wa M23 udakomeza kuba ikibazo ari uko habaho ibyo biganiro byo gutuma Ibihugu by’ibituranyi bya Congo, bitayivogera ahubwo bikabana mu mahoro.

Yavuze kandi ko imiryango yo mu karere na yo ikwiye guhuza imbaraga mu gushaka umuti wa biriya bibazo kuko kugira ngo amahoro aboneke mu karere bisaba ko Ibihugu byose bibana mu mahoro kandi bikubaha ubusugire bw’ibituranyi byabyo.

Yanagarutse kandi ku cyifuzo cy’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres ndetse n’inama iherutse guhuza Abakuru b’Ibihigu bitatu; u Bufaransa, u Rwanda na Congo byabaye ubwo habaga inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye.

Uyu muvugizi wa UNC, yanagaragaje ko Vital Kamerhe anashima ibyatangajwe n’u Bushinwa bwasabye umutwe wa M23 gushyira intwaro hasi no kuyoboka inzira y’ibiganiro, ndetse ko ari na byo byifuzwa na Vital Kamerhe.

Ati “Perezida wa UNC arasaba ko habaho inzira n’uburyo bufatika byo kugarura amahoro arambye.”

Uyu muvugizi kandi yakomeje avuga ko mu rugendo rwiswe ‘TOURNÉE AMANI’ Vital Kamerhe aherutse kugirira mu bice binyuranye, yaganiriye n’abaturage ku ngingo zinyuranye zirebana n’imibereho na politiki n’ubukungu mu Ntara yasuye.

Yavuze ko Vital Kamerhe yasabye abayobozi bo mu nzego z’ibanze gutega amatwi abaturage bayoboye ndetse no gukorana bya hafi n’abanyamadini.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + sixteen =

Previous Post

Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi wungirije wa RDB kubera ibidakwiye yakomeje kugaragaza

Next Post

Rwatubyaye ashyize ukuri hanze ku byavuzwe ko yakoze ubukwe

Related Posts

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Eng.-President Kagame and First Lady host Senior U.S Officials including Senior Advisor to the White House

by radiotv10
07/11/2025
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted senior officials from the United States of America, including Paula White-Cain,...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwatubyaye ashyize ukuri hanze ku byavuzwe ko yakoze ubukwe

Rwatubyaye ashyize ukuri hanze ku byavuzwe ko yakoze ubukwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.