Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyapolitiki yavuze ko Congo iganiriye n’u Rwanda na Uganda yasohoka mu bibazo

radiotv10by radiotv10
07/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyapolitiki yavuze ko Congo iganiriye n’u Rwanda na Uganda yasohoka mu bibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Vital Kamerhe akaba na Perezida w’Ishyaka UNC, yavuze ko umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wava mu biganiro iki Gihugu cyagirana n’u Rwanda na Uganda.

Byatangajwe n’Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri UNC akaba n’umuvugizi wa Kamerhe, Michel Moto mu itangazo yashyize hanze rigaruka kuri gahunda y’uyu munyapolitiki avuga ko igamije gutanga umusanzu mu gutuma uburasirazuba bwa Congo busohoka mu bibazo by’umutekano mucye byabaye akarande.

Yatangaje ko Vital Kamerhe abona igikenewe cy’ibanze ari ibiganiro byahuza Ibihugu birebwa na biriya bibazo ari byo, Congo, u Rwanda na Uganda.

Itangazo ry’umuyobozi ushinzwe itumanaho mu ishyaka UNC, Michel Moto rigaragaza ibyifuzo bya Vital Kamerhe, rivuga ko icyatuma umutwe wa M23 udakomeza kuba ikibazo ari uko habaho ibyo biganiro byo gutuma Ibihugu by’ibituranyi bya Congo, bitayivogera ahubwo bikabana mu mahoro.

Yavuze kandi ko imiryango yo mu karere na yo ikwiye guhuza imbaraga mu gushaka umuti wa biriya bibazo kuko kugira ngo amahoro aboneke mu karere bisaba ko Ibihugu byose bibana mu mahoro kandi bikubaha ubusugire bw’ibituranyi byabyo.

Yanagarutse kandi ku cyifuzo cy’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres ndetse n’inama iherutse guhuza Abakuru b’Ibihigu bitatu; u Bufaransa, u Rwanda na Congo byabaye ubwo habaga inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye.

Uyu muvugizi wa UNC, yanagaragaje ko Vital Kamerhe anashima ibyatangajwe n’u Bushinwa bwasabye umutwe wa M23 gushyira intwaro hasi no kuyoboka inzira y’ibiganiro, ndetse ko ari na byo byifuzwa na Vital Kamerhe.

Ati “Perezida wa UNC arasaba ko habaho inzira n’uburyo bufatika byo kugarura amahoro arambye.”

Uyu muvugizi kandi yakomeje avuga ko mu rugendo rwiswe ‘TOURNÉE AMANI’ Vital Kamerhe aherutse kugirira mu bice binyuranye, yaganiriye n’abaturage ku ngingo zinyuranye zirebana n’imibereho na politiki n’ubukungu mu Ntara yasuye.

Yavuze ko Vital Kamerhe yasabye abayobozi bo mu nzego z’ibanze gutega amatwi abaturage bayoboye ndetse no gukorana bya hafi n’abanyamadini.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + fourteen =

Previous Post

Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi wungirije wa RDB kubera ibidakwiye yakomeje kugaragaza

Next Post

Rwatubyaye ashyize ukuri hanze ku byavuzwe ko yakoze ubukwe

Related Posts

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IMYIDAGADURO

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwatubyaye ashyize ukuri hanze ku byavuzwe ko yakoze ubukwe

Rwatubyaye ashyize ukuri hanze ku byavuzwe ko yakoze ubukwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.