Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Rwiriwe rwambikanye hagati ya Israel na Hezbollah ahiriwe ari umuriro n’urusaku rw’ibisasu mu kirere

radiotv10by radiotv10
26/08/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Rwiriwe rwambikanye hagati ya Israel na Hezbollah ahiriwe ari umuriro n’urusaku rw’ibisasu mu kirere
Share on FacebookShare on Twitter

Israel yatangaje ko yatangiye kurasa ibisasu bikomeye mu majyepfo ya Lebanon, byo gushwanyaguza intwaro z’umutwe wa Hezbollah mu rwego rwo gukumira ibitero byawo, mu gihe uyu mutwe na wo warasaga ibisasu byo kuzimya iby’igisirikare cya Israel.

Ibisasu birimo n’iby’indege bya Israel byashwanyaguje intwaro za rutura z’umutwe wa Hezbollah bivugwa ko ufashwa na Iran, aho ibi bitero byabaye kuva mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru.

Umutwe wa Hezbollah watangaje ko abarwanyi bawo batatu biciwe muri ibi bitero by’igisirikare cya Israel, cyarashe ibisasu byinshi mu majyepfo ya Lebanon.

Hezbollah kandi ivuga ko yabashije kuzimya roketi 320 ndetse inarasa zimwe muri drones z’igisirikare cya Israel ndetse uyu mutwe ukaba wivuganye umwe mu basirikare bo hejuru ba Israel.

Igisirikare cya Israel na cyo cyemeje ko umwe mu basirikare barwanira mu mazi yiciwe muri ibi bikorwa byatangijwe n’iki gisirikare byo gusenya intwaro za Hezbollah.

Kuri iki Cyumweru kandi hiriwe hariho gusubizanya mu kurasa ibisasu hagati ya Israel na Hezbollah, dore ko uko igisirikare cya Israel cyoherezaga ibisaru, Hezbollah na yo yoherezaga ibyo kubizimya.

Leta Zunze Ubumwe za America, zitangaza ko ziri gukorana na Israel mu rwego rwo kwirinda ko uyu mwuka na wo wazamura impungenge ku yindi ntambara ikomeye.

Igitero cya Israel cyatangiye mu gitondo cya kare ahagana saa kumi zo muri iki Gihugu, kikaba kibaye icya mbere gikomeye hagati ya Israel na Hezbollah kuva muri 2006.

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko indege z’intambara zigera mu 100 “zashwanyagujwe ndetse n’ibisasu bya roketi bibarirwa mu bihumbi” byari biri ahantu harenga 40 mu majyepfo ya Lebanon.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Israel, Rear Admiral Daniel Hagari yatangaje ko ibitero byabaye nyuma yo “kubyitegura bihagije” mu kirere kifashishwa na Hezbollah mu bitero byayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 3 =

Previous Post

FARDC iravugwaho kurenga ku byemerejwe mu nama ya Congo n’u Rwanda

Next Post

Amb.Gen. Nyamvumba mu ntangiro z’inshingano yemeye gushyigikira ubukangurambaga buhanzwe amaso mu burezi bw’u Rwanda

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amb.Gen. Nyamvumba mu ntangiro z’inshingano yemeye gushyigikira ubukangurambaga buhanzwe amaso mu burezi bw’u Rwanda

Amb.Gen. Nyamvumba mu ntangiro z’inshingano yemeye gushyigikira ubukangurambaga buhanzwe amaso mu burezi bw’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.