Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Rwiriwe rwambikanye hagati ya Israel na Hezbollah ahiriwe ari umuriro n’urusaku rw’ibisasu mu kirere

radiotv10by radiotv10
26/08/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Rwiriwe rwambikanye hagati ya Israel na Hezbollah ahiriwe ari umuriro n’urusaku rw’ibisasu mu kirere
Share on FacebookShare on Twitter

Israel yatangaje ko yatangiye kurasa ibisasu bikomeye mu majyepfo ya Lebanon, byo gushwanyaguza intwaro z’umutwe wa Hezbollah mu rwego rwo gukumira ibitero byawo, mu gihe uyu mutwe na wo warasaga ibisasu byo kuzimya iby’igisirikare cya Israel.

Ibisasu birimo n’iby’indege bya Israel byashwanyaguje intwaro za rutura z’umutwe wa Hezbollah bivugwa ko ufashwa na Iran, aho ibi bitero byabaye kuva mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru.

Umutwe wa Hezbollah watangaje ko abarwanyi bawo batatu biciwe muri ibi bitero by’igisirikare cya Israel, cyarashe ibisasu byinshi mu majyepfo ya Lebanon.

Hezbollah kandi ivuga ko yabashije kuzimya roketi 320 ndetse inarasa zimwe muri drones z’igisirikare cya Israel ndetse uyu mutwe ukaba wivuganye umwe mu basirikare bo hejuru ba Israel.

Igisirikare cya Israel na cyo cyemeje ko umwe mu basirikare barwanira mu mazi yiciwe muri ibi bikorwa byatangijwe n’iki gisirikare byo gusenya intwaro za Hezbollah.

Kuri iki Cyumweru kandi hiriwe hariho gusubizanya mu kurasa ibisasu hagati ya Israel na Hezbollah, dore ko uko igisirikare cya Israel cyoherezaga ibisaru, Hezbollah na yo yoherezaga ibyo kubizimya.

Leta Zunze Ubumwe za America, zitangaza ko ziri gukorana na Israel mu rwego rwo kwirinda ko uyu mwuka na wo wazamura impungenge ku yindi ntambara ikomeye.

Igitero cya Israel cyatangiye mu gitondo cya kare ahagana saa kumi zo muri iki Gihugu, kikaba kibaye icya mbere gikomeye hagati ya Israel na Hezbollah kuva muri 2006.

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko indege z’intambara zigera mu 100 “zashwanyagujwe ndetse n’ibisasu bya roketi bibarirwa mu bihumbi” byari biri ahantu harenga 40 mu majyepfo ya Lebanon.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Israel, Rear Admiral Daniel Hagari yatangaje ko ibitero byabaye nyuma yo “kubyitegura bihagije” mu kirere kifashishwa na Hezbollah mu bitero byayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + four =

Previous Post

FARDC iravugwaho kurenga ku byemerejwe mu nama ya Congo n’u Rwanda

Next Post

Amb.Gen. Nyamvumba mu ntangiro z’inshingano yemeye gushyigikira ubukangurambaga buhanzwe amaso mu burezi bw’u Rwanda

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amb.Gen. Nyamvumba mu ntangiro z’inshingano yemeye gushyigikira ubukangurambaga buhanzwe amaso mu burezi bw’u Rwanda

Amb.Gen. Nyamvumba mu ntangiro z’inshingano yemeye gushyigikira ubukangurambaga buhanzwe amaso mu burezi bw’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.