Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Rwiriwe rwambikanye hagati ya Israel na Hezbollah ahiriwe ari umuriro n’urusaku rw’ibisasu mu kirere

radiotv10by radiotv10
26/08/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Rwiriwe rwambikanye hagati ya Israel na Hezbollah ahiriwe ari umuriro n’urusaku rw’ibisasu mu kirere
Share on FacebookShare on Twitter

Israel yatangaje ko yatangiye kurasa ibisasu bikomeye mu majyepfo ya Lebanon, byo gushwanyaguza intwaro z’umutwe wa Hezbollah mu rwego rwo gukumira ibitero byawo, mu gihe uyu mutwe na wo warasaga ibisasu byo kuzimya iby’igisirikare cya Israel.

Ibisasu birimo n’iby’indege bya Israel byashwanyaguje intwaro za rutura z’umutwe wa Hezbollah bivugwa ko ufashwa na Iran, aho ibi bitero byabaye kuva mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru.

Umutwe wa Hezbollah watangaje ko abarwanyi bawo batatu biciwe muri ibi bitero by’igisirikare cya Israel, cyarashe ibisasu byinshi mu majyepfo ya Lebanon.

Hezbollah kandi ivuga ko yabashije kuzimya roketi 320 ndetse inarasa zimwe muri drones z’igisirikare cya Israel ndetse uyu mutwe ukaba wivuganye umwe mu basirikare bo hejuru ba Israel.

Igisirikare cya Israel na cyo cyemeje ko umwe mu basirikare barwanira mu mazi yiciwe muri ibi bikorwa byatangijwe n’iki gisirikare byo gusenya intwaro za Hezbollah.

Kuri iki Cyumweru kandi hiriwe hariho gusubizanya mu kurasa ibisasu hagati ya Israel na Hezbollah, dore ko uko igisirikare cya Israel cyoherezaga ibisaru, Hezbollah na yo yoherezaga ibyo kubizimya.

Leta Zunze Ubumwe za America, zitangaza ko ziri gukorana na Israel mu rwego rwo kwirinda ko uyu mwuka na wo wazamura impungenge ku yindi ntambara ikomeye.

Igitero cya Israel cyatangiye mu gitondo cya kare ahagana saa kumi zo muri iki Gihugu, kikaba kibaye icya mbere gikomeye hagati ya Israel na Hezbollah kuva muri 2006.

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko indege z’intambara zigera mu 100 “zashwanyagujwe ndetse n’ibisasu bya roketi bibarirwa mu bihumbi” byari biri ahantu harenga 40 mu majyepfo ya Lebanon.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Israel, Rear Admiral Daniel Hagari yatangaje ko ibitero byabaye nyuma yo “kubyitegura bihagije” mu kirere kifashishwa na Hezbollah mu bitero byayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 13 =

Previous Post

FARDC iravugwaho kurenga ku byemerejwe mu nama ya Congo n’u Rwanda

Next Post

Amb.Gen. Nyamvumba mu ntangiro z’inshingano yemeye gushyigikira ubukangurambaga buhanzwe amaso mu burezi bw’u Rwanda

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amb.Gen. Nyamvumba mu ntangiro z’inshingano yemeye gushyigikira ubukangurambaga buhanzwe amaso mu burezi bw’u Rwanda

Amb.Gen. Nyamvumba mu ntangiro z’inshingano yemeye gushyigikira ubukangurambaga buhanzwe amaso mu burezi bw’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.