Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

S.Africa: Hatangajwe imibare mishya y’ingaruka z’ibyago byatewe n’ibyabaye ku nyubako yubakwaga

radiotv10by radiotv10
08/05/2024
in AMAHANGA
0
S.Africa: Hatangajwe imibare mishya y’ingaruka z’ibyago byatewe n’ibyabaye ku nyubako yubakwaga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko inyubako yari iri kubakwa mu gace ka George muri Afurika y’Epfo igwiriye abantu, hatangajwe ko abamaze kumenyekana bitabye Imana ari batandatu (6) mu gihe abarenga 40 bakiri gushakishwa kuko bagwiriwe n’inkuta.

Iyi nyubako yaguye ku wa Mbere w’iki cyumweru, yubakwaga muri aka gace ka George kari mu bilometero 400 uvuye mu mujyi wa Cape Town ugana Iburasirazuba.

Iyi mpanuka ikiba hahise hatangira ibikorwa by’ubutabazi ndetse, hanifashishwa imbwa mu gushakisha abagwiriwe n’inkuta.

Amakuru yatanzwe, avuga ko abantu babashije gukurwamo ari bazima, ari 28, mu gihe abataraboneka bikekwa ko bakiri munsi y’inkuta ari 47, barimo 11 bamaze kumenyekana aho baherereye kuri uyu wa kabiri, nk’uko byatangajwe na Colin Deiner ukuriye itsinda riri mu bikorwa by’ubutabazi wagize ati “Twabashije kuvugana n’abantu 11.”

Umuyobozi w’Intara, Alan Winde na we yagize ati “Bamaze munsi amasaha arenga 24, ni igihe kirekire birumvikana.”

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yihanganishije imiryango yabuze abayo, asaba ko hakorwa iperereza ngo hamenyekane icyateye iyi mpanuka ndetese asaba ko hashyirwaho uburyo buhamye bwo kwirinda ko impanuka nk’iyi yazongera kubaho.

Denyse M. MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − thirteen =

Previous Post

UEFA Champions League: PSG byanze ibererecyera Borussia Dortmund yo mu Budage

Next Post

Uwari Lieutenant Colonel mu ngabo zakoze Jenoside wanayihamijwe yapfiriye mu Gihugu yari yarirukanywemo

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari Lieutenant Colonel mu ngabo zakoze Jenoside wanayihamijwe yapfiriye mu Gihugu yari yarirukanywemo

Uwari Lieutenant Colonel mu ngabo zakoze Jenoside wanayihamijwe yapfiriye mu Gihugu yari yarirukanywemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.