Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

S.Lieutenant Ian Kagame ubu ni umwe mu barinda Perezida (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
16/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
S.Lieutenant Ian Kagame ubu ni umwe mu barinda Perezida (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Sous Lieutenant Ian Kagame uherutse kurangiza amasomo ya gisirikare mu ishuri ry’ibigwi ryo mu Bwongereza ndetse akanarahirira kwinjira mu ngabo z’u Rwanda, yagaragaye ari umwe mu basirikare barinda Perezida Paul Kagame.

Ian Kagame usanzwe ari ubuheture (umwana wa gatatu) bwa Perezida Paul Kagame, yagaragaye ari mu nshingano zo kurinda Perezida wa Repubulika kuri iki Cyumweru tariki 15 Mutarama 2023 ubwo umukuru w’u Rwanda yitabiraga isengesho ryo gusabira Igihugu no gushimira Imana ibyo yakigejejeho.

Uyu musore ukiri muto mu myaka ariko mu bumenyi ndetse n’imyitozo akaba ari ku rwego rushimishije, yari mu itsinda ry’abasirikare barinda umukuru w’u Rwanda mu bamugenda imbere, yambaye ibikoresho by’itumanaho ryabo, ndetse yambaye isuti y’umukara n’ishati yera yarengejeho karavati.

Ubusanzwe abasirikare barinda umukuru w’Igihugu, bagaragara nk’abafite imyitozo yihariye ndetse n’igihagararo gishyitse, kandi Sous Lieutenant Ian Kagame bigaraga ko abyujuje, yaba igihagararo gishyitse ndetse n’ibigango by’umubiri wuzuye.

Ian Kagame yinjiye muri RDF tariki 04 Ugushyingo 2022, ubwo we na bagenzi be barahiriraga kuba bamwe mu basirikare b’u Rwanda, mu muhango wayobowe na Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, wabereye i Gako.

Yari yarahiriye kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda nyuma y’amezi atatu asoje amasomo ya gisirikare mu ishuri rikomeye rya gisirikare ryo mu Bwongereza rizwi nka Royal Military Academy Sandhurst.

Iri shuri ryo mu Bwongerezamo ryarangijemo Ian Kagame, ryananyuzemo bamwe mu bakomeye ku Isi, nka Prince Willian na Prince Harry, bakaba abana b’umwami w’u Bwongereza, Charles III.

Uyu muhango wo gusoza amasomo wabereye mu Bwongereza, wanitabiriwe na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bagiye gushyigikira umwana wabo.

Ubwo Perezida yageraga ahabereye iri sengesho yari arindiwe umutekano n’abarimo Ian Kagame

Ange Ingabire Kagame n’umugabo we bari mu bitabiriye iri sengesho
Miss Jolly na we yari ahari
Na bamwe mu bazwi mu myidagaduro

Photos/ Village Urugwiro&Igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 11 =

Previous Post

Arsenal ikomeje kwanikira amakipe bahanganiye igikombe yasuzuguye Tottenham iyitsindira iwabo

Next Post

Karongi: Uburyo budasanzwe bubafasha kubona umusaruro w’avoka bamwe bafata nk’imitongero

Related Posts

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

by radiotv10
27/11/2025
0

In every society, peace is not just the absence of war; it is the presence of unity, justice, and understanding....

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

26/11/2025
Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Uburyo budasanzwe bubafasha kubona umusaruro w’avoka bamwe bafata nk’imitongero

Karongi: Uburyo budasanzwe bubafasha kubona umusaruro w’avoka bamwe bafata nk’imitongero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.