Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

S.Lieutenant Ian Kagame ubu ni umwe mu barinda Perezida (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
16/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
S.Lieutenant Ian Kagame ubu ni umwe mu barinda Perezida (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Sous Lieutenant Ian Kagame uherutse kurangiza amasomo ya gisirikare mu ishuri ry’ibigwi ryo mu Bwongereza ndetse akanarahirira kwinjira mu ngabo z’u Rwanda, yagaragaye ari umwe mu basirikare barinda Perezida Paul Kagame.

Ian Kagame usanzwe ari ubuheture (umwana wa gatatu) bwa Perezida Paul Kagame, yagaragaye ari mu nshingano zo kurinda Perezida wa Repubulika kuri iki Cyumweru tariki 15 Mutarama 2023 ubwo umukuru w’u Rwanda yitabiraga isengesho ryo gusabira Igihugu no gushimira Imana ibyo yakigejejeho.

Uyu musore ukiri muto mu myaka ariko mu bumenyi ndetse n’imyitozo akaba ari ku rwego rushimishije, yari mu itsinda ry’abasirikare barinda umukuru w’u Rwanda mu bamugenda imbere, yambaye ibikoresho by’itumanaho ryabo, ndetse yambaye isuti y’umukara n’ishati yera yarengejeho karavati.

Ubusanzwe abasirikare barinda umukuru w’Igihugu, bagaragara nk’abafite imyitozo yihariye ndetse n’igihagararo gishyitse, kandi Sous Lieutenant Ian Kagame bigaraga ko abyujuje, yaba igihagararo gishyitse ndetse n’ibigango by’umubiri wuzuye.

Ian Kagame yinjiye muri RDF tariki 04 Ugushyingo 2022, ubwo we na bagenzi be barahiriraga kuba bamwe mu basirikare b’u Rwanda, mu muhango wayobowe na Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, wabereye i Gako.

Yari yarahiriye kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda nyuma y’amezi atatu asoje amasomo ya gisirikare mu ishuri rikomeye rya gisirikare ryo mu Bwongereza rizwi nka Royal Military Academy Sandhurst.

Iri shuri ryo mu Bwongerezamo ryarangijemo Ian Kagame, ryananyuzemo bamwe mu bakomeye ku Isi, nka Prince Willian na Prince Harry, bakaba abana b’umwami w’u Bwongereza, Charles III.

Uyu muhango wo gusoza amasomo wabereye mu Bwongereza, wanitabiriwe na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bagiye gushyigikira umwana wabo.

Ubwo Perezida yageraga ahabereye iri sengesho yari arindiwe umutekano n’abarimo Ian Kagame

Ange Ingabire Kagame n’umugabo we bari mu bitabiriye iri sengesho
Miss Jolly na we yari ahari
Na bamwe mu bazwi mu myidagaduro

Photos/ Village Urugwiro&Igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + four =

Previous Post

Arsenal ikomeje kwanikira amakipe bahanganiye igikombe yasuzuguye Tottenham iyitsindira iwabo

Next Post

Karongi: Uburyo budasanzwe bubafasha kubona umusaruro w’avoka bamwe bafata nk’imitongero

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Uburyo budasanzwe bubafasha kubona umusaruro w’avoka bamwe bafata nk’imitongero

Karongi: Uburyo budasanzwe bubafasha kubona umusaruro w’avoka bamwe bafata nk’imitongero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.