Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Salima Mukansanga, Umunyarwandakazi wanditse amateka ku Isi akomeje gukurirwa ingofero

radiotv10by radiotv10
25/11/2022
in FOOTBALL, MU RWANDA, SIPORO
0
Salima Mukansanga, Umunyarwandakazi wanditse amateka ku Isi akomeje gukurirwa ingofero
Share on FacebookShare on Twitter

Yavukiye i Cyangugu ubu ni mu Karere ka Rusizi, ubu ari muri Qatar ahari ibihumbi n’ibihumbi by’abatuye Isi bitabiriye Igikombe cy’Isi gihuje amakipe y’Ibihugu biyoboye ibindi muri ruhago, akaba ari yo nk’umwe mu basifuzi bari gusifura iyi mikino. Ni Umunyarwandakazi Salima Rhadia Mukansanga.

Amateka yayanditse umusibo ejo hashize, ubwo yari umwe mu basifuzi bane bayoboye umukino u Bufaransa bwatsinzemo 4- 1 Australia.

Uyu Munyarwandakazi yabaye Umunyafurikakazi wa mbere usifuye umukino wo mu Gikombe cy’Isi cy’abagabo ndetse akaba ari no mu cyiciro cy’abagore ba mbere basifuye muri iki gikombe.

Mu myaka 92 iki Gikombe cy’Isi kimaze kibaye, ku nshuro ya mbere mu basifuzi 105 bari gusifura iyi mikino, batandatu muri bo ni abagore barimo batatu bazayobora imikino nk’abasifuzi bo hagati.

Abo batatu ni Umunyarwandakazi Mukansanga Salima Rhadia, Umuyapanikazi Yamashita Yoshimi ndetse n’Umufaransakazi Stephanie Frappart.

Mukansanga wabaye umusifuzi wa kane muri uriya mukino wabaye ku wa Kabiri w’iki cyumweru, yashimiwe kuba akomeje guhesha ishema u Rwanda dore ko atari ubwa mbere yari akoze aya mateka kuko yanabaye umugore wa mbere wayoboye umukino wo mu Gikombe cya Afurika.

Nyuma yuko agaragaye mu basifuze bane basifuye umukino wahuje u Bufaransa na Australia, benshi mu Banyarwanda ndetse n’abakunzi barwo n’abandi bakurikiranira hafi ruhago, bagaragaje ko uyu munyarwandakazi ari intwari.

Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju ari mu bashimiye uyu Munyarwandakazi wongeye guhesha ishema u Rwanda.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ubwo uriya mukino wari urangiye, yagize ati “Ni ku nshuro ya mbere mu mukino w’Igikombe cy’Isi cya 2022…Iri joro amateka yiyanditse. Salma umukobwa w’umunyarwanda abaye umugore wa mbere usifuye umukino w’igikombe cy’Isi cy’abagabo.”

Umunyamakuru mpuzamahanga Usher Komugisha ubu uri gukorera ikinyamakuru Al Jazeera, yahise anyuza ubutumwa kuri Twitter, asaba abanyafurikakazi guterwa ishema n’uyu munyarwandakazi.

Yifashishije ifoto ya Mukansanga ari mu kazi ko gusifura, yagize ati “Munyafurikakazi, fata iyi foto uyimanike mu cyumba cyawe ubundi ubwire umukobwa wawe, mushiki wawe cyangwa inshuti zawe ko ntakintu kidashoboka.”

Usher Komugisha yashimiye Mukansanga kuba abaye umusifuzi wa mbere w’umugore usifuye mu igikombe cy’Isi mu myaka 92 ishize. “Ntewe ishema cyane nawe.”

Mukansanga yongeye kwandika amateka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 2 =

Previous Post

IFOTO: Minisitiri kuri ‘Pupitre’ asoma igitabo n’abanyeshuri

Next Post

Impaka z’urudaca ku nkwano: Hari uwifuza ko iba 5.000Frw mu Rwanda hose

Related Posts

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impaka z’urudaca ku nkwano: Hari uwifuza ko iba 5.000Frw mu Rwanda hose

Impaka z’urudaca ku nkwano: Hari uwifuza ko iba 5.000Frw mu Rwanda hose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.