Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Salima Mukansanga, Umunyarwandakazi wanditse amateka ku Isi akomeje gukurirwa ingofero

radiotv10by radiotv10
25/11/2022
in FOOTBALL, MU RWANDA, SIPORO
0
Salima Mukansanga, Umunyarwandakazi wanditse amateka ku Isi akomeje gukurirwa ingofero
Share on FacebookShare on Twitter

Yavukiye i Cyangugu ubu ni mu Karere ka Rusizi, ubu ari muri Qatar ahari ibihumbi n’ibihumbi by’abatuye Isi bitabiriye Igikombe cy’Isi gihuje amakipe y’Ibihugu biyoboye ibindi muri ruhago, akaba ari yo nk’umwe mu basifuzi bari gusifura iyi mikino. Ni Umunyarwandakazi Salima Rhadia Mukansanga.

Amateka yayanditse umusibo ejo hashize, ubwo yari umwe mu basifuzi bane bayoboye umukino u Bufaransa bwatsinzemo 4- 1 Australia.

Uyu Munyarwandakazi yabaye Umunyafurikakazi wa mbere usifuye umukino wo mu Gikombe cy’Isi cy’abagabo ndetse akaba ari no mu cyiciro cy’abagore ba mbere basifuye muri iki gikombe.

Mu myaka 92 iki Gikombe cy’Isi kimaze kibaye, ku nshuro ya mbere mu basifuzi 105 bari gusifura iyi mikino, batandatu muri bo ni abagore barimo batatu bazayobora imikino nk’abasifuzi bo hagati.

Abo batatu ni Umunyarwandakazi Mukansanga Salima Rhadia, Umuyapanikazi Yamashita Yoshimi ndetse n’Umufaransakazi Stephanie Frappart.

Mukansanga wabaye umusifuzi wa kane muri uriya mukino wabaye ku wa Kabiri w’iki cyumweru, yashimiwe kuba akomeje guhesha ishema u Rwanda dore ko atari ubwa mbere yari akoze aya mateka kuko yanabaye umugore wa mbere wayoboye umukino wo mu Gikombe cya Afurika.

Nyuma yuko agaragaye mu basifuze bane basifuye umukino wahuje u Bufaransa na Australia, benshi mu Banyarwanda ndetse n’abakunzi barwo n’abandi bakurikiranira hafi ruhago, bagaragaje ko uyu munyarwandakazi ari intwari.

Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju ari mu bashimiye uyu Munyarwandakazi wongeye guhesha ishema u Rwanda.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ubwo uriya mukino wari urangiye, yagize ati “Ni ku nshuro ya mbere mu mukino w’Igikombe cy’Isi cya 2022…Iri joro amateka yiyanditse. Salma umukobwa w’umunyarwanda abaye umugore wa mbere usifuye umukino w’igikombe cy’Isi cy’abagabo.”

Umunyamakuru mpuzamahanga Usher Komugisha ubu uri gukorera ikinyamakuru Al Jazeera, yahise anyuza ubutumwa kuri Twitter, asaba abanyafurikakazi guterwa ishema n’uyu munyarwandakazi.

Yifashishije ifoto ya Mukansanga ari mu kazi ko gusifura, yagize ati “Munyafurikakazi, fata iyi foto uyimanike mu cyumba cyawe ubundi ubwire umukobwa wawe, mushiki wawe cyangwa inshuti zawe ko ntakintu kidashoboka.”

Usher Komugisha yashimiye Mukansanga kuba abaye umusifuzi wa mbere w’umugore usifuye mu igikombe cy’Isi mu myaka 92 ishize. “Ntewe ishema cyane nawe.”

Mukansanga yongeye kwandika amateka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 10 =

Previous Post

IFOTO: Minisitiri kuri ‘Pupitre’ asoma igitabo n’abanyeshuri

Next Post

Impaka z’urudaca ku nkwano: Hari uwifuza ko iba 5.000Frw mu Rwanda hose

Related Posts

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

IZIHERUKA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impaka z’urudaca ku nkwano: Hari uwifuza ko iba 5.000Frw mu Rwanda hose

Impaka z’urudaca ku nkwano: Hari uwifuza ko iba 5.000Frw mu Rwanda hose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.