• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Senegal: Icyemezo cya Perezida cyari cyazamuye bomboribombi cyasubiwemo byihuse

radiotv10by radiotv10
16/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Senegal: Icyemezo cya Perezida cyari cyazamuye bomboribombi cyasubiwemo byihuse
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga muri Senegal, rwatesheje agaciro icyemezo cya Perezida w’iki Gihugu, Macky Sall cyo gusubika amatora y’umukuru w’Igihugu cyari cyazamuye impaka kigatuma haba imyigaragambyo.

Iki cyemezo cyafashwe n’Urukiko rushinzwe Kurinda Itegeko Nshinga kuri uyu wa Kane tariki 15 Gashyantare nyuma y’iminsi micye Macky Sall asubitse amatora y’Umukuru w’Igihugu yari ateganyijwe tariki 25 z’uku kwezi, akayimurira mu kwezi k’Ukuboza 2024.

Uru Rukiko Rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga, rwatesheje agaciro iki cyemezo cya Perezida, ndetse n’ibyari biherutse kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko ya Senegal na yo yari yagishyigikiye.

Mu cyemezo cy’uru Rukiko, rugira ruti “Icyemezo gifite n° 2024-106 cyo ku ya 03 Gashyantare 2024, cyo kwimura amatora ya Perezida ya 25 Gashyantare 2024, giteshejwe agaciro.”

Uru rukiko rukomeza ruvuga kandi ko iki cyemezo cyanashimangirwaga n’itora ry’Inteko Ishinga Amategeko ryabaye tariki 05 Gashyantare 2024, bihabanye n’Itegeko Nshinga.

Icyakora uru Rukiko ruvuga ko “hakurikijwe aho igihe kigeze amatora adashobora kuba ku itariki yagombaga kuberaho, rugasaba inzego zibifite mu nshingano gushyiraho igihe gikwiye cya vuba.”

Nyuma y’uko Perezida wa Senegal, Macky Sall atangaje isubikwa ry’amatora, hari hazamutse impaka by’umwihariko mu batavuga rumwe n’ubutegetsi, bashinjaga uyu Mukuru w’Igihugu gushaka kugundira ubutegetsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 9 =

Previous Post

Bidasubirwaho rutahizamu uri mu bahanzwe amaso yamenyesheje ikipe ye icyemezo cye ku kuyivamo

Next Post

Igisirikare cya Uganda cyatanze umucyo ku ifoto y’ibifaru n’abasirikare bacyo yifashishijwe gishinjwa gufasha M23

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Igisirikare cya Uganda cyatanze umucyo ku ifoto y’ibifaru n’abasirikare bacyo yifashishijwe gishinjwa gufasha M23

Igisirikare cya Uganda cyatanze umucyo ku ifoto y’ibifaru n’abasirikare bacyo yifashishijwe gishinjwa gufasha M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.