Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Shampiyona iracyari mbisi- Umutoza wa Gasogi imaze imikino 5 ntantsinzi

radiotv10by radiotv10
24/12/2021
in MU RWANDA, SIPORO
0
Shampiyona iracyari mbisi- Umutoza wa Gasogi imaze imikino 5 ntantsinzi

Umutoza Guy Bukasa

Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza wa Guy Bukasa wa Gasogi United imaze imikino itanu itabona intsinzi, yavuze ko hakiri icyizere kuko imikino ya shampiyona igihari, abajijwe ku byo kugurisha imikino biri kuvugwa muri Football yo mu Rwanda, aruma gihwa yirinda kugira byinshi abivugaho.

Tariki ya 17 Ukuboza 2021, Gasogi United yari yakiriye Gorilla FC mu mukino w’umunsi wa 9 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino 2021-22.

Ni umukino warangiye ku ntsinzi ya Gorilla FC y’igitego 1-0 ariko akaba ari umukino utaravuzweho rumwe bitewe n’uko Gasogi United yari yakinishije ikipe ya 2, bikavugwa ko habayemo guharira amanota Gorilla FC yari mu bihe bibi cyangwa se umukino ukaba wari wagurishijwe (match fixing).

Ni umukino kandi utaratojwe n’umutoza Guy Bukasa aho perezida w’iyi kipe KNC yavuze ko ari mu ikipe y’igihugu muri DR Congo, ni mu gihe andi makuru yavugaga ko yanze kuwutoza kubushake bitewe n’uko yari azi ko amanota yahariwe Gorilla FC.

Aganira n’itangazamakuru rimubajije kuri iki kintu ikipe ivugwaho cyo kuba yaragurishije uyu mukino, Guy Bukasa yanze kugira byinshi avuga ahubwo ko we yize umupira ibyo bindi abazwa atazi uko bigenda.

Ati “Urebye, ni ikipe ifite abakinnyi bakiri bato kandi na none irimo abakinnyi bashya. Mpereye ku mukino w’uyu munsi, mwabonye ko hari abakinnyi batabonetse kubera ibibazo birimo n’urukingo nko kuri Armel n’abandi ntakoresheje. Twari twatangiye neza n’intsinzi ebyiri, ariko ntimwibagirwe ko mu mikino icyenda twatsinzwe kabiri gusa, ntabwo ari bibi.”

Bukasa avuga ko “Shampiyona iracyari mbisi, ntabwo nishimiye kumara imikino itanu nta ntsinzi, ariko ibyo turi gukora si bibi nk’ikipe yiyubaka, ndizera ko tuzasoreza ku mwanya mwiza. Ibiri kuba byose biraterwa n’urugendo rwa Shampiyona kuko habamo kunanirwa, guhuga gato na byo birashoboka. Icya ngombwa ubu ni ukureba uko dusubira mu murongo vuba.”

Abajijwe niba iyo ‘betting’ ivugwa idashobora gushyira ikipe cyangwa akazi ke mu kaga, Bukasa yasubije ko ibyo avuga atabizi kuko atoza ikipe ye gukina umupira.

Ati “Njye ndi umutoza w’umupira w’amaguru, indi mikino sinzi uko igenda, nize umupira w’amaguru ku ishuri kandi ntoza ikipe yanjye gukina umupira. Ibyo muvuga simbizi, sinzi uko bigenda, nimuvuge umupira. Mwakoresheje ijambo ryishe ikibazo cyanyu cyose, ntabwo ikibazo cyawe nkisubiza. Mbaza ikindi kibazo.”

Mu mikino 5 iheruka ya shampiyona batsizwemo 2 banganya 3, uyu mutoza yavuze ko byatewe n’uko ikipe ye ifite abakinnyi bakiri bato ndetse ikaba ikirimo kwiyubaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − one =

Previous Post

Madamu wa Perezida Macron agiye kujyana mu nkiko abamusebeje ko yihinduje igitsina

Next Post

Ruhango: Umugore yajyanye ku kiryabarezi udufaranga yacuruje avoka turamushirana ahita ateza akaduravayo

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara
MU RWANDA

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhango: Umugore yajyanye ku kiryabarezi udufaranga yacuruje avoka turamushirana ahita ateza akaduravayo

Ruhango: Umugore yajyanye ku kiryabarezi udufaranga yacuruje avoka turamushirana ahita ateza akaduravayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.