Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Si ubwa mbere ahanwe- Polisi yasobanuye birambuye iby’ifungwa rya Miss Muheto

radiotv10by radiotv10
30/10/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, UBUTABERA
0
Si ubwa mbere ahanwe- Polisi yasobanuye birambuye iby’ifungwa rya Miss Muheto
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ivuga ko Miss Nshuti Muheto Divine atari ubwa mbere ahaniwe ibyo akurikiranyweho, kuko ari ubugirakabiri ndetse ko Ubushinjacyaha bwamaze gushyikirizwa dosiye yo kuri iyi nshuro ya kabiri, ari na bwo buzafata icyemezo ko yakurikiranwa afunze cyangwa ari hanze.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ukwakira 2024, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga yavuze ko Miss Nshuti Muheto Divine akurikiranyweho ibyaha bijyanye n’amakosa ajyanye no kwica amategeko y’umuhanda, binahanirwa nubwo bitamenyerewe.

Ati “Birumvikana bigomba kwemezwa n’Urukiko cyangwa n’urwego rubifitiye ububasha.”

Agaruka ku makosa yo mu muhanda, asaba ko uwayakoze agezwa mu Bushinjacyaha, ACP Boniface Rutikanga yagize ati “No gutwara udafite uruhushya na byo niba ujya ukurikira, tujya dufata abantu tukabafunga. Noneho iyo biteje impanuka, urumva ko biba byongereye ubukana bw’icyaha cyakozwe.”

Yavuze ko aya makosa yakozwe na Miss Muheto, atari ubwa mbere ayakora, ahubwo ko ari ubwa kabiri.

Ati “Byarabaye wenda ni uko bitagiye ahagaragara ariko byose byarabaye. Yarahanwe icyo gihe wenda ni uko bitagiye ahagaragara, ariko yarahanwe agirwa inama, ntakitarakozwe mu byagombaga gukorwa n’inzego zibishinzwe, ubwo ahari hasigaye ni ah’umuntu ku giti cye gukuramo isomo ku byabaye.”

Avuga ko Polisi yari yagiriye inama Miss Muheto yo kubanza agakorera uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga, ariko kuba atarakurikije inama yagiriwe ari amahitamo ye.

Ati “Iyo umuntu ari muzima atari umwana, afite ubwenge bwuzuye, ubundi amategeko abereyeho ko agomba kuyobora abantu umuntu utekereza neza, ufite inyurabwenge ikora, iyo ufite inyurabwenge ikora umuntu yakagombye kumva icyo itegeko riteganya, n’ibihano biteganyijwe igihe urirenzeho ariko ugatekereza n’ingaruka igihe urirenzeho.”

ACP Boniface Rutikanga, avuga ko Dosiye ya Miss Muheto yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha, akaba ari bwo buzafata icyemezo cyo kuba yakurikiranwa afunze cyangwa ari hanze. Ati “Ibyo byose birashoboka, biterwa n’uburyo dosiye bayizi.”

Yaboneyeho kugira inama abantu bishora mu gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha, hakaba n’abitwaza amazina yabo, avuga ko “abantu bose barareshya imbere y’amategeko.”

Akomeza agira ati “Icya kabiri ubutumwa dutanga, igihe cyose buba bushingiye ku bintu bifatika bigaragara, buri muntu yakabaye abifata nk’urugero rwiza, ntabwo ari byiza kunywa inzoga nk’aho utazabaho ejo, nk’aho ejo utazazisanga, ubuzima burakomeza, ariko n’uzinyweye yahisemo kuzinywa afite ikinyabiziga, agishyire ku ruhande.”

ACP Rutikanga avuga ko uretse kuba umuntu wanyoye ibisindisha yakora impanuka, zikangiza ibikorwa remezo nk’uko byagenze kuri Miss Muheto, ariko hashobora kuvamo n’izindi ngaruka zikomeye.

Ati “Uyu munsi wenda turavuga gufungwa kwe [Miss Muheto] ariko birashoboka ko Imana yatangiriye, wenda twari kuba tuvuga ibindi, ese uyu munsi iyaba yabuze ubuzima, Polisi mwari kuba muyibaza iki ubu?”

Yavuze ko ibi bikwiye kubera isomo abantu, bakirinda gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha, ku buryo bashobora no kwifashisha abashoferi batanga serivisi zo gutwara abantu banyoye inzoga bakunze kwita ‘Abasare’.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − nine =

Previous Post

Perezida Kagame yahagarariwe mu nama iri kubera i Burundi

Next Post

Hafashwe icyemezo cya mbere cy’Urukiko ku Mupadiri ukekwaho gusambanyiriza umunyeshuri mu biro bye

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatulika yahagaritse Padiri ukurikiranyweho gusambanyiriza abana batatu mu Kiliziya

Hafashwe icyemezo cya mbere cy’Urukiko ku Mupadiri ukekwaho gusambanyiriza umunyeshuri mu biro bye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.