Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Si ubwa mbere ahanwe- Polisi yasobanuye birambuye iby’ifungwa rya Miss Muheto

radiotv10by radiotv10
30/10/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, UBUTABERA
0
Si ubwa mbere ahanwe- Polisi yasobanuye birambuye iby’ifungwa rya Miss Muheto
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ivuga ko Miss Nshuti Muheto Divine atari ubwa mbere ahaniwe ibyo akurikiranyweho, kuko ari ubugirakabiri ndetse ko Ubushinjacyaha bwamaze gushyikirizwa dosiye yo kuri iyi nshuro ya kabiri, ari na bwo buzafata icyemezo ko yakurikiranwa afunze cyangwa ari hanze.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ukwakira 2024, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga yavuze ko Miss Nshuti Muheto Divine akurikiranyweho ibyaha bijyanye n’amakosa ajyanye no kwica amategeko y’umuhanda, binahanirwa nubwo bitamenyerewe.

Ati “Birumvikana bigomba kwemezwa n’Urukiko cyangwa n’urwego rubifitiye ububasha.”

Agaruka ku makosa yo mu muhanda, asaba ko uwayakoze agezwa mu Bushinjacyaha, ACP Boniface Rutikanga yagize ati “No gutwara udafite uruhushya na byo niba ujya ukurikira, tujya dufata abantu tukabafunga. Noneho iyo biteje impanuka, urumva ko biba byongereye ubukana bw’icyaha cyakozwe.”

Yavuze ko aya makosa yakozwe na Miss Muheto, atari ubwa mbere ayakora, ahubwo ko ari ubwa kabiri.

Ati “Byarabaye wenda ni uko bitagiye ahagaragara ariko byose byarabaye. Yarahanwe icyo gihe wenda ni uko bitagiye ahagaragara, ariko yarahanwe agirwa inama, ntakitarakozwe mu byagombaga gukorwa n’inzego zibishinzwe, ubwo ahari hasigaye ni ah’umuntu ku giti cye gukuramo isomo ku byabaye.”

Avuga ko Polisi yari yagiriye inama Miss Muheto yo kubanza agakorera uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga, ariko kuba atarakurikije inama yagiriwe ari amahitamo ye.

Ati “Iyo umuntu ari muzima atari umwana, afite ubwenge bwuzuye, ubundi amategeko abereyeho ko agomba kuyobora abantu umuntu utekereza neza, ufite inyurabwenge ikora, iyo ufite inyurabwenge ikora umuntu yakagombye kumva icyo itegeko riteganya, n’ibihano biteganyijwe igihe urirenzeho ariko ugatekereza n’ingaruka igihe urirenzeho.”

ACP Boniface Rutikanga, avuga ko Dosiye ya Miss Muheto yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha, akaba ari bwo buzafata icyemezo cyo kuba yakurikiranwa afunze cyangwa ari hanze. Ati “Ibyo byose birashoboka, biterwa n’uburyo dosiye bayizi.”

Yaboneyeho kugira inama abantu bishora mu gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha, hakaba n’abitwaza amazina yabo, avuga ko “abantu bose barareshya imbere y’amategeko.”

Akomeza agira ati “Icya kabiri ubutumwa dutanga, igihe cyose buba bushingiye ku bintu bifatika bigaragara, buri muntu yakabaye abifata nk’urugero rwiza, ntabwo ari byiza kunywa inzoga nk’aho utazabaho ejo, nk’aho ejo utazazisanga, ubuzima burakomeza, ariko n’uzinyweye yahisemo kuzinywa afite ikinyabiziga, agishyire ku ruhande.”

ACP Rutikanga avuga ko uretse kuba umuntu wanyoye ibisindisha yakora impanuka, zikangiza ibikorwa remezo nk’uko byagenze kuri Miss Muheto, ariko hashobora kuvamo n’izindi ngaruka zikomeye.

Ati “Uyu munsi wenda turavuga gufungwa kwe [Miss Muheto] ariko birashoboka ko Imana yatangiriye, wenda twari kuba tuvuga ibindi, ese uyu munsi iyaba yabuze ubuzima, Polisi mwari kuba muyibaza iki ubu?”

Yavuze ko ibi bikwiye kubera isomo abantu, bakirinda gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha, ku buryo bashobora no kwifashisha abashoferi batanga serivisi zo gutwara abantu banyoye inzoga bakunze kwita ‘Abasare’.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − five =

Previous Post

Perezida Kagame yahagarariwe mu nama iri kubera i Burundi

Next Post

Hafashwe icyemezo cya mbere cy’Urukiko ku Mupadiri ukekwaho gusambanyiriza umunyeshuri mu biro bye

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatulika yahagaritse Padiri ukurikiranyweho gusambanyiriza abana batatu mu Kiliziya

Hafashwe icyemezo cya mbere cy’Urukiko ku Mupadiri ukekwaho gusambanyiriza umunyeshuri mu biro bye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.