Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Si ubwa mbere ahanwe- Polisi yasobanuye birambuye iby’ifungwa rya Miss Muheto

radiotv10by radiotv10
30/10/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, UBUTABERA
0
Si ubwa mbere ahanwe- Polisi yasobanuye birambuye iby’ifungwa rya Miss Muheto
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ivuga ko Miss Nshuti Muheto Divine atari ubwa mbere ahaniwe ibyo akurikiranyweho, kuko ari ubugirakabiri ndetse ko Ubushinjacyaha bwamaze gushyikirizwa dosiye yo kuri iyi nshuro ya kabiri, ari na bwo buzafata icyemezo ko yakurikiranwa afunze cyangwa ari hanze.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ukwakira 2024, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga yavuze ko Miss Nshuti Muheto Divine akurikiranyweho ibyaha bijyanye n’amakosa ajyanye no kwica amategeko y’umuhanda, binahanirwa nubwo bitamenyerewe.

Ati “Birumvikana bigomba kwemezwa n’Urukiko cyangwa n’urwego rubifitiye ububasha.”

Agaruka ku makosa yo mu muhanda, asaba ko uwayakoze agezwa mu Bushinjacyaha, ACP Boniface Rutikanga yagize ati “No gutwara udafite uruhushya na byo niba ujya ukurikira, tujya dufata abantu tukabafunga. Noneho iyo biteje impanuka, urumva ko biba byongereye ubukana bw’icyaha cyakozwe.”

Yavuze ko aya makosa yakozwe na Miss Muheto, atari ubwa mbere ayakora, ahubwo ko ari ubwa kabiri.

Ati “Byarabaye wenda ni uko bitagiye ahagaragara ariko byose byarabaye. Yarahanwe icyo gihe wenda ni uko bitagiye ahagaragara, ariko yarahanwe agirwa inama, ntakitarakozwe mu byagombaga gukorwa n’inzego zibishinzwe, ubwo ahari hasigaye ni ah’umuntu ku giti cye gukuramo isomo ku byabaye.”

Avuga ko Polisi yari yagiriye inama Miss Muheto yo kubanza agakorera uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga, ariko kuba atarakurikije inama yagiriwe ari amahitamo ye.

Ati “Iyo umuntu ari muzima atari umwana, afite ubwenge bwuzuye, ubundi amategeko abereyeho ko agomba kuyobora abantu umuntu utekereza neza, ufite inyurabwenge ikora, iyo ufite inyurabwenge ikora umuntu yakagombye kumva icyo itegeko riteganya, n’ibihano biteganyijwe igihe urirenzeho ariko ugatekereza n’ingaruka igihe urirenzeho.”

ACP Boniface Rutikanga, avuga ko Dosiye ya Miss Muheto yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha, akaba ari bwo buzafata icyemezo cyo kuba yakurikiranwa afunze cyangwa ari hanze. Ati “Ibyo byose birashoboka, biterwa n’uburyo dosiye bayizi.”

Yaboneyeho kugira inama abantu bishora mu gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha, hakaba n’abitwaza amazina yabo, avuga ko “abantu bose barareshya imbere y’amategeko.”

Akomeza agira ati “Icya kabiri ubutumwa dutanga, igihe cyose buba bushingiye ku bintu bifatika bigaragara, buri muntu yakabaye abifata nk’urugero rwiza, ntabwo ari byiza kunywa inzoga nk’aho utazabaho ejo, nk’aho ejo utazazisanga, ubuzima burakomeza, ariko n’uzinyweye yahisemo kuzinywa afite ikinyabiziga, agishyire ku ruhande.”

ACP Rutikanga avuga ko uretse kuba umuntu wanyoye ibisindisha yakora impanuka, zikangiza ibikorwa remezo nk’uko byagenze kuri Miss Muheto, ariko hashobora kuvamo n’izindi ngaruka zikomeye.

Ati “Uyu munsi wenda turavuga gufungwa kwe [Miss Muheto] ariko birashoboka ko Imana yatangiriye, wenda twari kuba tuvuga ibindi, ese uyu munsi iyaba yabuze ubuzima, Polisi mwari kuba muyibaza iki ubu?”

Yavuze ko ibi bikwiye kubera isomo abantu, bakirinda gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha, ku buryo bashobora no kwifashisha abashoferi batanga serivisi zo gutwara abantu banyoye inzoga bakunze kwita ‘Abasare’.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Perezida Kagame yahagarariwe mu nama iri kubera i Burundi

Next Post

Hafashwe icyemezo cya mbere cy’Urukiko ku Mupadiri ukekwaho gusambanyiriza umunyeshuri mu biro bye

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatulika yahagaritse Padiri ukurikiranyweho gusambanyiriza abana batatu mu Kiliziya

Hafashwe icyemezo cya mbere cy’Urukiko ku Mupadiri ukekwaho gusambanyiriza umunyeshuri mu biro bye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.